Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

radiotv10by radiotv10
14/05/2025
in MU RWANDA
0
Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bazi umugabo mu Karere ka Nyanza ukekwaho kwica umwana we yibyariye akamuca umutwe, bavuga ko ashobora kuba yaramujije ko nyina bamubyaranye yajyaga aza kumwaka amafaranga y’indezo.

Uyu mugabo wafatiwe mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, nyuma yuko umwana we wabanaga na nyina bamubyaranye yari yabuze kuva tariki 05 Gicurasi 2025.

Uyu mwana w’umuhungu w’imyaka 11 y’amavuko wigaga mu Rwunge rw’Amashuri rwa Hanika mu Murenge wa Busasamana, yari amaze iminsi ashakishwa kuko yari yabuze kuva kuri iriya tariki.

Ubuyobozi bw’iri shuri rya G.S Hanika bwari bumaze iminsi burangisha uyu mwana wigaga mu mwaka wa gatatu w’amashuri abanza, ndetse n’umubyeyi we (nyina) na nyirakuru bari baragiye gushakishiriza ahantu hatandukanye banabimenyesha Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Uru rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwagiriye inama uyu mubyeyi wa nyakwigendera na nyirakuru ko bajya gushakishiriza no mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare CHUB, ari na ho baje gusanga umurambo we.

Umurambo wa nyakwigendera wari wabanje gutoragurwa mu ishyamba riri mu rugabano rw’Akarere ka Huye n’aka Nyanza, mu Mudugudu wa Kinazi, mu kagari ka Gatovu mu murenge wa Kinazi mu karere ka Huye.

Inzego zahise zitangira iperereza, hatabwa muri yombi se w’uyu mwana batabanaga, wari usanzwe afite undi mugore mu gihe nyakwigendera yabanaga na nyina.

Hari abavuga ko nyakwigendera yari yagiye kureba Se ngo amwogoshe kuko asanzwe akora akazi ko kogosha, ari na ho bikekwa ko yahise amujyana akajya kumwicira mu Karere ka Huye.

Abazi uyu mugabo ukekwaho kwihekura akica umwana we, bavuga ko bakeka ko yamuhoye kuba nyina yakundaga kuza kumwaka indezo n’amafaranga yo kumutunga.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yemeje ifatwa ry’uyu mugabo w’imyaka 32 ukekwaho kwica umwana we w’imyaka 11.

Polisi yirinze kugira byinshi ivuga kuri uyu mugabo ukiri gukorwaho iperereza, yaboneyeho kugira inama abantu bumva bavutsa ubuzima abandi, kurya bari menge, kuko bazabiryozwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 1 =

Previous Post

AFC/M23 yagaragaje ko yababajwe n’urupfu rw’uwo iherutse guha inshingano

Next Post

NAME CHANGE REQUEST

Related Posts

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

The Minister of Interior of Rwanda and his counterpart from the Democratic Republic of Congo are in Doha, Qatar, for...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo
MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.