Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abiganjemo abagore bafashwe bakora ibitemewe by’ibyo bakuraga muri Congo

radiotv10by radiotv10
08/12/2023
in MU RWANDA
0
Abiganjemo abagore bafashwe bakora ibitemewe by’ibyo bakuraga muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batandatu barimo abagore bane, bafatiwe mu Turere twa Rubavu na Rusizi, bakora ubucuruzi butemewe, ubwo bageragezaga kwinjiza mu Rwanda imyenda n’inkweto bya caguwa bari bakuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Aba bantu bafatanywe ibilo 320 by’imyenda ya caguwa ndetse n’imiguru y’inkweto 123 binjizaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, barimo batanu bafatiwe mu Mudugudu w’Isangano mu kagari ka Rukoko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, mu gihe undi umwe w’umusore w’imyaka 23 yafatiwe mu Mugudu wa Cyangugu, Akagari ka Cyangugu, mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka  Rusizi.

Aba bafatiwe mu Karere ka Rusizi ku wa Gatatu tariki 06 Ukuboza 2023, barimo abagore bane n’umugabo umwe, bose bari bafite imyenda ya caguwa ipima ibilo 200, ndetse n’imiguru 123 y’inkweto za caguwa, naho uwafatiwe mu Karere ka Rusizi, we akaba yari afite imyenda ipimo ibilo 120.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Bonaventure Twizere Karekezi avuga ko ifatwa ry’aba bantu, ryaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

SP Bonaventure yavuze ko ubwo Polisi yahabwaga ayo makuru “hateguwe ibikorwa byo gufata ababukora [ubucuruzi butemewe], nibwo haje gufatwa abantu batanu, barimo abagore bane n’umugabo umwe bageragezaga kwinjiza mu Rwanda magendu y’imyenda n’inkweto bya caguwa babikuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, banyuze mu Karere ka Rubavu n’umusore wafatiwe mu Karere ka Rusizi nyuma y’uko bagenzi be babiri bahise biruka bagacika.”

Yaboneyeho gushimira abaturage bakomeje gutanga amakuru afasha polisi y’u Rwanda gufata abakora ibikorwa nk’ibi bitemewe, aboneraho kuburira ababikora ko uru rwego rutazabaha agahenge, kuko kubashakisha bizakomeza umunsi ku wundi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Ubwoba ni bwose mu Gihugu cyagaragayemo bwa mbere COVID ko yagaruka

Next Post

Guhangana n’imihindagurikire y’ibihe: Kigali mu mujyi itatu yasekewe n’amahirwe yatoranyijwe i Dubai

Related Posts

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina
MU RWANDA

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guhangana n’imihindagurikire y’ibihe: Kigali mu mujyi itatu yasekewe n’amahirwe yatoranyijwe i Dubai

Guhangana n’imihindagurikire y’ibihe: Kigali mu mujyi itatu yasekewe n’amahirwe yatoranyijwe i Dubai

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.