Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abinubira imikorere y’imodoka za sosiyete ya KBS bahawe ikizere

radiotv10by radiotv10
20/09/2021
in MU RWANDA
0
Abinubira imikorere y’imodoka za sosiyete ya KBS bahawe ikizere
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko hari abatega imodoka banenze cyane imikorere ya Sosiyeti ya KBS bitewe no kutagira imodoka zihagije ndetse icyo kibazo bagasaba ikigo ngenzura mikorere (RURA) kugikurikirana, Iyi Sososiyeti nyuma yo kubisabwa ivuga ko mu ntangiro z’ukwakira iki kibazo kizaba cyakemutse dore ko yatumijeho imodoka nshya zizaza kuziba icyo cyuho.

Ubusanzwe abatega imodoka rusange hari sosiyeti runaka ziba zarahawe kubatwara, abagenda mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kigali ku mirorongo ikoraho iza sosiyeti itwara abagenzi ya KBS bagiye kenshi binubira imikorere itanoze hakaba abavuga ko iyi sosiyeti ifite imodoka nke mumuhanda, ku buryo abagenzi bamara igihe kirekire ku murongo batarabona imodoka ibatwara, abandi bakavuga ko zimwe no mu modoka z’iyi sosiyeti zishaje, bavuga ko ibyo bafata biba byaracitse, ibirahure bimwe byaramenetse ngo ahandi intebe zarakutse   ku buryo hari ubwo bigorana kuzigendamo.

Ishami rishinzwe ubwikorezi bw’abantu n’ibintu mu kigo ngenzura mikorere mu Rwanda (RURA) bashyikirijwe iki kibazo kenshi, bavuga ko bari kugikurikirana by’umwihariko, ku buryo iyi sosiyeti yanasabwe kugura imodoka nshya.

Tony Kuramba umuyobozi mukuru w’iri shami yagarutse kuri iyi ngingo agira ati “Icyo kibazo kirakomeye kandi turi kugikurikirana by’umwihariko KBS twaravuganye ndetse batwemerera gukosora bahereye ku kugura imodoka. Tuzakomeza tubakurikirane ku buryo iki kibazo kizakemuka vuba bidatinze”

Image

Tony Kuramba umuyobozi muri RURA ushinzwe ubwikorezi bw’abantu n’ibintu 

Marie Josee Mukanyamwasa, umuyobozi w’iyi sosiyeti ya KBS avuga ko iki kibazo bakizi kandi koko kimaze igihe ngo ariko hari umutu urabye kiri kuvugutirwa.

“Nibyo rwose iki kibazo turakizi kandi kimaze igihe, ariko turizeza ko hari umuti urambye turi kugikivugutira. Ubu hari kontineri zacu ebyiri ziri muri MAGERWA zigomba gusohokamo muri iki cyumweru zuzuye ibikoresho tugomba kwifashisha dukora imodoka zacu ku buryo mu ntangiriro z’ukwakira 2021 tuzaba dufite imodoka nshya 25” Marie Josee Mukanyamwasa

Image

Marie Josée  Mukanyamwasa umuyobozi w’iyi sosiyeti ya KBS

Ikigo ngenzura mikorere kivuga ko kugeza ubu mu mujyi wa Kigali hakora sosiyeti eshatu zitwara abagenzi mu bice bitandukanye arizo KBS, Royale na JALI  Transport Investment Ltd,  izi sose buri yose ikaba iba ifite imirongo (ligne) igenewe gukoreramo ku buryo hatabaho kugongana ariyo mpamvu umurongo wagize ikibazo biba bigomba kubazwa Sosiyeti ishinzwe kuhakorera.

Image

Abagenzi banenga KBS kugirao imodoka nke n’izihari zikaba zishaje

Inkuru ya Olivier TUYISENGE/RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Zimwe mu mpunzi zabaga mu nkambi ya Gihembe zimuriwe mu ya Mahama

Next Post

Manasseh Mutatu Mbeddy yatangiye imyitozo muri Rayon Sports

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Manasseh Mutatu Mbeddy yatangiye imyitozo muri Rayon Sports

Manasseh Mutatu Mbeddy yatangiye imyitozo muri Rayon Sports

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.