Sunday, May 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abinubira imikorere y’imodoka za sosiyete ya KBS bahawe ikizere

radiotv10by radiotv10
20/09/2021
in MU RWANDA
0
Abinubira imikorere y’imodoka za sosiyete ya KBS bahawe ikizere
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko hari abatega imodoka banenze cyane imikorere ya Sosiyeti ya KBS bitewe no kutagira imodoka zihagije ndetse icyo kibazo bagasaba ikigo ngenzura mikorere (RURA) kugikurikirana, Iyi Sososiyeti nyuma yo kubisabwa ivuga ko mu ntangiro z’ukwakira iki kibazo kizaba cyakemutse dore ko yatumijeho imodoka nshya zizaza kuziba icyo cyuho.

Ubusanzwe abatega imodoka rusange hari sosiyeti runaka ziba zarahawe kubatwara, abagenda mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kigali ku mirorongo ikoraho iza sosiyeti itwara abagenzi ya KBS bagiye kenshi binubira imikorere itanoze hakaba abavuga ko iyi sosiyeti ifite imodoka nke mumuhanda, ku buryo abagenzi bamara igihe kirekire ku murongo batarabona imodoka ibatwara, abandi bakavuga ko zimwe no mu modoka z’iyi sosiyeti zishaje, bavuga ko ibyo bafata biba byaracitse, ibirahure bimwe byaramenetse ngo ahandi intebe zarakutse   ku buryo hari ubwo bigorana kuzigendamo.

Ishami rishinzwe ubwikorezi bw’abantu n’ibintu mu kigo ngenzura mikorere mu Rwanda (RURA) bashyikirijwe iki kibazo kenshi, bavuga ko bari kugikurikirana by’umwihariko, ku buryo iyi sosiyeti yanasabwe kugura imodoka nshya.

Tony Kuramba umuyobozi mukuru w’iri shami yagarutse kuri iyi ngingo agira ati “Icyo kibazo kirakomeye kandi turi kugikurikirana by’umwihariko KBS twaravuganye ndetse batwemerera gukosora bahereye ku kugura imodoka. Tuzakomeza tubakurikirane ku buryo iki kibazo kizakemuka vuba bidatinze”

Image

Tony Kuramba umuyobozi muri RURA ushinzwe ubwikorezi bw’abantu n’ibintu 

Marie Josee Mukanyamwasa, umuyobozi w’iyi sosiyeti ya KBS avuga ko iki kibazo bakizi kandi koko kimaze igihe ngo ariko hari umutu urabye kiri kuvugutirwa.

“Nibyo rwose iki kibazo turakizi kandi kimaze igihe, ariko turizeza ko hari umuti urambye turi kugikivugutira. Ubu hari kontineri zacu ebyiri ziri muri MAGERWA zigomba gusohokamo muri iki cyumweru zuzuye ibikoresho tugomba kwifashisha dukora imodoka zacu ku buryo mu ntangiriro z’ukwakira 2021 tuzaba dufite imodoka nshya 25” Marie Josee Mukanyamwasa

Image

Marie Josée  Mukanyamwasa umuyobozi w’iyi sosiyeti ya KBS

Ikigo ngenzura mikorere kivuga ko kugeza ubu mu mujyi wa Kigali hakora sosiyeti eshatu zitwara abagenzi mu bice bitandukanye arizo KBS, Royale na JALI  Transport Investment Ltd,  izi sose buri yose ikaba iba ifite imirongo (ligne) igenewe gukoreramo ku buryo hatabaho kugongana ariyo mpamvu umurongo wagize ikibazo biba bigomba kubazwa Sosiyeti ishinzwe kuhakorera.

Image

Abagenzi banenga KBS kugirao imodoka nke n’izihari zikaba zishaje

Inkuru ya Olivier TUYISENGE/RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Zimwe mu mpunzi zabaga mu nkambi ya Gihembe zimuriwe mu ya Mahama

Next Post

Manasseh Mutatu Mbeddy yatangiye imyitozo muri Rayon Sports

Related Posts

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

by radiotv10
02/05/2026
0

Imibonano mpuzabitsina, ingingo idakunze kuganirwaho mu buryo bweruye, ariko abantu hafi ya bose bafite amagara mazima bakenera cyangwa bifuza. Ubushakashatsi...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

by radiotv10
01/05/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha rwataye muri yombi abantu bane barimo uwahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nzige mu Karere ka Rwamagana,...

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

by radiotv10
01/05/2026
0

Abofisiye 74 mu Ngabo na Polisi by’u Rwanda ndetse n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, barangije amasomo ajyanye no kuyobora abandi n’indi...

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

by radiotv10
01/05/2026
0

Your 20s are often sold to you as the decade of “connections.” You’re told to meet people, build your circle,...

Should Social Media Be Banned for the Youth?

Should Social Media Be Banned for the Youth?

by radiotv10
01/05/2026
0

The Minister of ICT and Innovation said that the government of Rwanda is considering introducing a law that would restrict...

IZIHERUKA

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore
MU RWANDA

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

by radiotv10
02/05/2026
0

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

02/05/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

01/05/2026
Hamenyekanye igihano cyasabiwe umunyamakuru uzwi mu myidagaduro ukurikiranyweho kurwanira mu kabari

Amakuru mpamo ku yari yatangiye kuvugwa ku isezera ry’umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda

01/05/2026
Icyo Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yasabye Joseph Kabila

America yafatie ibihano Joseph Kabila wabaye Perezida wa Congo

01/05/2026
Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

01/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Manasseh Mutatu Mbeddy yatangiye imyitozo muri Rayon Sports

Manasseh Mutatu Mbeddy yatangiye imyitozo muri Rayon Sports

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.