Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abo mu muryango b’uwicishijwe ishoka agiye gukiza abarwanaga bavuze icyo basaba

radiotv10by radiotv10
09/09/2025
in MU RWANDA
0
Abo mu muryango b’uwicishijwe ishoka agiye gukiza abarwanaga bavuze icyo basaba
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu muryango w’umusore w’imyaka 18 wo mu Murenge wa Rurenge mu Karere ka Ngoma, wicishijwe ishoka n’uwari gushyamirana n’umuvandimwe wa nyakwigendera wari ugiye kubakiza, barasaba ko uyu wabahekuye, yaburanishirizwa mu ruhame kandi agahanishwa igihano kingana n’uburemere bw’ibyo yakoze bikabera abandi urugero.

Ni nyuma yuko uyu musore yishwe mu mpera z’icyumweru gishize ku wa Gatandatu tariki 06 Nzeri 2025, ahagana saa tatu z’ijoro, mu Mudugudu wa Gitobe Akagari ka Muhurire mu Murenge wa Rurenge.

Nyakwigendera Uwizeyimana Desire, uri mu Kigero cy’Imyaka 18, yishwe ajyaga gutabara mukuru we witwa Hakizimana Vincent wari uri gushyamirana na Niyibizi Elia waje kwihorera akamwica nkuko bamwe mu babonye ibi babihamya.

Uwitwa Munyaneza Felecien ati “Yazize akarengane pe. We yumvise ngo mukuru wawe baramwishe, agenda atabaye ahageze arebye ibyabaye ni ko kuzenguruka kuri urwo rugo rw’uwo muhungu wamwishe arimo gusoka asoka amukubita ishoka.”

Habimana Amiel na we yagize ati “Nabonye yinjiramo ngiye kubona mbona kuko umuhungu yari yihishe munsi y’urugi undi ntabwo yari yamubonye, hari undi muntu wari ugiye kwinjiramo ahita amukurura abasha guhita yinjira ako kanya akigeramo kuko narabirebaga ako kanya nagiye kubona mbona yikubise hasi.”

Abo mu muryango wa Nyakwigendera barimo Mukamusoni Seraphine, umubyeyi we avuga ko bakenewe ubutabera kugira ngo uwakoze iki cyaha akiryozwe.

Ati “Yamukubise ishoka ya mbere iya Kabiri yayimukubitiye hasi ahita amurenga arasimbuka ariruka baramwirukankana bamugaruriye hepfo yikubise no mu bibuye yamenaguritse mu mutwe baramuzana bamushyikiriza abayobozi. Muzamushyire mu ruhame mu baturage bamwice na we [ni igihano kitemewe mu mategeko y’u Rwanda].”

Abaturage bumvikana bavuga ko uwavukuje ubuzima nyakwigendera yaburanishirizwa mu ruhame kugira ngo bibere isomo abandi baba batekereza kwijandika mu rugomo.

Hamima Amiel ati “Uwo muntu mumuzane ahanirwe mu baturage bamubone, ibintu yakoze ni ibintu bidasanzwe n’undi muturage wese arebereho bibe intangarugero.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie yabwiye RADIOTV10 ko ikibazo bagikurikiranye bagasanga intandaro ari amakimbirane yaturutse ku businzi, aboneraho kugira inama urubyiruko kwitwararika no kureka urugomo.

Ati “Bari bashyamiranye mu nzira, bamaze kugerayo ahubwo, uwari washyimiranye ajya agusaba imbabazi umuvandimwe, hanyuma umuvandimwe we baza gukora urugomo kuri uwo bararwana biza kubamo gukomeretsa cyane umwe muri bo ndetse byaje kuviramo n’urupfu. Urubyiruko ikintu cya mbere twabasaba ni ukwirinda kunywa inzoga nyinshi bakarenza urugero kuko iyo baza kuba batasinze ntabwo buriya bwicanyi buba bwarabayeho […] Ubundi urubyiruko rukwiye gushyira umutima ku mirimo ariko bitarimo guteza urugomo n’ibindi.”

Hakizimana Vincent mukuru wa nyakwigendera, we wakomerekejwe ijisho, ari kuvurirwa mu Bitaro bya Bishenyi mu Karere ka Kamonyi mu gihe ukurikiranyweho iki cyaha na we akitabwaho ku bikomere yagize ku Kigo Nderabuzima cya Remera.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − three =

Previous Post

Ibyifuzo n’imigabo n’imigambi y’Abambasaderi bashya bashyikirije impapuro Perezida Kagame

Next Post

Impamvu rutahizamu ngenderwaho w’Amavubi atagaragara mu mukino n’andi makuru avugwa mbere yawo

Related Posts

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
IMYIDAGADURO

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impamvu rutahizamu ngenderwaho w’Amavubi atagaragara mu mukino n’andi makuru avugwa mbere yawo

Impamvu rutahizamu ngenderwaho w’Amavubi atagaragara mu mukino n’andi makuru avugwa mbere yawo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.