Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Aborozi b’amafi mu Rwanda mu marira bifuza ko Leta ibahoza

radiotv10by radiotv10
19/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Aborozi b’amafi mu Rwanda mu marira bifuza ko Leta ibahoza
Share on FacebookShare on Twitter

Abarozi b’amafi bo mu bice bitandukanye mu Rwanda, bavuga ko bakigorwa no kubona ibiryo byayo, ku buryo bakorera mu bihombo, bagasaba ko Leta yagira icyo ikora.

Bamwe mu baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko uretse kuba ibiryo by’amafi bihenda, binaturuka kure, ku buryo muri ubu bworozi bwabo hakirimo birantega nyinshi.

Batamuliza Ancille wo mu Karere ka Nyagatare, yagize ati “Ibiryo by’amafi bituruka kure cyane ndetse biratuvuna, tugize nk’umugisha tukabona uruganda nko muri Nyagatare byadufasha kuko twabikuraga za Musanze ariko ubu ahatwegereye ni i Rwamagana.”

Tuyisenge Veneranda na we yagize ati “Kubitegera kubigeza aha ni amafaranga menshi ugasanga ibiciro biri hejuru, ikilo kimwe ni 1 650 Frw ugashyiraho n’ingendo mbese hari n’ubwo amafi amara nka kabiri nta biryo.”

Twambazimana Jean Damascene na we yagize ati “Bituruka muri Kenya kuko ni bo babitugemurira kandi nohereza toni 22 mu Kivu (aho bororera) buri munsi.”

Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubworozi, muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Ndorimana Jean Claude avuga ko iki kibazo gihari koko, kuko imashini zikora ibiryo by’amafi zihenda, gusa akavuga ko Leta iri gukora ibishoboka kugira ngo haboneke inganda nyinshi zibikorera mu Rwanda.

Ati “Kugeza ubu ngubu mu Gihugu dufite inganda Huye, Rwamagana no muri Economic Zone, ariko hari n’izindi ziri kuza kugira ngo ntitujye kubivana hanze kuko birahenda.”

Ni mu gihe ibyo kurya bigaburirwa amafi yororwa, biba bigizwe n’imvange ya poroteyine ku kigero kiri hagati ya 18% na 50%, iby’ubaka umubiri, vitamine, imyunyungugu, n’ibiterimbaraga bicye nk’inyampeke ndetse zikagaburirwa byinshi cyangwa bike bitewe n’ikigero cy’ubukure zigezeho.

Aborozi b’amafi bavuga ko kubona ibiryo byayo bibavuna
Bavuga ko kugira amafi akenera ibiryo byinshi

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 8 =

Previous Post

Ifungwa ry’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi ryatumye Uganda ihabwa itegeko n’umwe mu Miryango Mpuzamahanga

Next Post

Sudan: Hatangajwe umubare wo hejuru w’abahitanywe n’ibitero by’umutwe umaze igihe uhangane na Leta

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sudan: Hatangajwe umubare wo hejuru w’abahitanywe n’ibitero by’umutwe umaze igihe uhangane na Leta

Sudan: Hatangajwe umubare wo hejuru w’abahitanywe n’ibitero by’umutwe umaze igihe uhangane na Leta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.