Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Aborozi b’amafi mu Rwanda mu marira bifuza ko Leta ibahoza

radiotv10by radiotv10
19/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Aborozi b’amafi mu Rwanda mu marira bifuza ko Leta ibahoza
Share on FacebookShare on Twitter

Abarozi b’amafi bo mu bice bitandukanye mu Rwanda, bavuga ko bakigorwa no kubona ibiryo byayo, ku buryo bakorera mu bihombo, bagasaba ko Leta yagira icyo ikora.

Bamwe mu baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko uretse kuba ibiryo by’amafi bihenda, binaturuka kure, ku buryo muri ubu bworozi bwabo hakirimo birantega nyinshi.

Batamuliza Ancille wo mu Karere ka Nyagatare, yagize ati “Ibiryo by’amafi bituruka kure cyane ndetse biratuvuna, tugize nk’umugisha tukabona uruganda nko muri Nyagatare byadufasha kuko twabikuraga za Musanze ariko ubu ahatwegereye ni i Rwamagana.”

Tuyisenge Veneranda na we yagize ati “Kubitegera kubigeza aha ni amafaranga menshi ugasanga ibiciro biri hejuru, ikilo kimwe ni 1 650 Frw ugashyiraho n’ingendo mbese hari n’ubwo amafi amara nka kabiri nta biryo.”

Twambazimana Jean Damascene na we yagize ati “Bituruka muri Kenya kuko ni bo babitugemurira kandi nohereza toni 22 mu Kivu (aho bororera) buri munsi.”

Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubworozi, muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Ndorimana Jean Claude avuga ko iki kibazo gihari koko, kuko imashini zikora ibiryo by’amafi zihenda, gusa akavuga ko Leta iri gukora ibishoboka kugira ngo haboneke inganda nyinshi zibikorera mu Rwanda.

Ati “Kugeza ubu ngubu mu Gihugu dufite inganda Huye, Rwamagana no muri Economic Zone, ariko hari n’izindi ziri kuza kugira ngo ntitujye kubivana hanze kuko birahenda.”

Ni mu gihe ibyo kurya bigaburirwa amafi yororwa, biba bigizwe n’imvange ya poroteyine ku kigero kiri hagati ya 18% na 50%, iby’ubaka umubiri, vitamine, imyunyungugu, n’ibiterimbaraga bicye nk’inyampeke ndetse zikagaburirwa byinshi cyangwa bike bitewe n’ikigero cy’ubukure zigezeho.

Aborozi b’amafi bavuga ko kubona ibiryo byayo bibavuna
Bavuga ko kugira amafi akenera ibiryo byinshi

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 2 =

Previous Post

Ifungwa ry’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi ryatumye Uganda ihabwa itegeko n’umwe mu Miryango Mpuzamahanga

Next Post

Sudan: Hatangajwe umubare wo hejuru w’abahitanywe n’ibitero by’umutwe umaze igihe uhangane na Leta

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sudan: Hatangajwe umubare wo hejuru w’abahitanywe n’ibitero by’umutwe umaze igihe uhangane na Leta

Sudan: Hatangajwe umubare wo hejuru w’abahitanywe n’ibitero by’umutwe umaze igihe uhangane na Leta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.