• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Sudan: Hatangajwe umubare wo hejuru w’abahitanywe n’ibitero by’umutwe umaze igihe uhangane na Leta

radiotv10by radiotv10
19/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Sudan: Hatangajwe umubare wo hejuru w’abahitanywe n’ibitero by’umutwe umaze igihe uhangane na Leta
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abibumbye watangaje ibitero by’umutwe witwaje intwaro wa Rapid Support Forces wo muri Sudan byahitanye abantu barenga 200 mu minsi itatu ishize.

Ni mu gihe uyu mutwe witwara Gisirikare, winangiye ukanga gusinya amasezerano ya Politiki ashobora gufungura inzira yo gushyiraho ubutegetsi bwigenga.

Nyuma y’imyaka hafi ibiri y’intambara hagati ya Rapid Support Forces (RSF) n’igisirikare cya Leta ya Sudani, uyu mutwe witwaje intwaro, ugenzura igice kinini cy’Uburengerazuba bwa Sudan ndetse n’ibice bimwe by’Umurwa Mukuru Khartoum, nubwo igisirikare cya Sudani kigenda kigarurira uduce twinshi tw’iki Gihugu.

Intara ya White Nile, aho abaharanira uburenganzira bwa muntu bavuze ko ibitero bya RSF byamaze iminsi itatu, byica abantu barenga 200, ni yo yabaye isibaniro ry’intambara mu gihe igisirikare kiri kongera kugarurira uduce twari twarafashwe.

Umuryango w’Abibumbye uvuga intambara yo muri Sudani yateje ibibazo bikomeye kubaturage biki gihugu, kuko batabasha no kugerwaho n’ubutabazi ubwo aribwo bwose, ndetse umuryango w’abibumbye, uvuga ko uyu mutwe w’itwaje intwraro wa RSF ndetse n’igisirikare cya Sudan byose byarezwe guhonyora bikabije uburenganzira bwa muntu.

Ni mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika, na zo zatangaje ko zasanze uyu mutwe wa RSF warakoze ibyaha bya Jenoside mu bice iri kugenzura.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Aborozi b’amafi mu Rwanda mu marira bifuza ko Leta ibahoza

Next Post

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.