Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

radiotv10by radiotv10
03/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko bitangaje kuba u Bufaransa bwibutse ko bwajya gukorera ibikorwa by’ubutabazi Abanyekongo bo mu burasirazuba bwa DRC, nyuma y’amezi 10 iri huriro rikuye ku ngoyi abo mu mujyi wa Goma na Bukavu, ariko kuva icyo gihe Tshisekedi akabafungira amabanki.

Mu cyumweru gishize, i Paris mu Bufaransa ubwo haberaga inama yiga ku bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, Perezida Emmanuel Macron yavuze ko Igihugu cye cyifuza gukora ibikorwa by’ubutabazi, ariko Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Goma kikabanza gufungurwa kugira ngo ibyo bikorwa bibone uko bikorwa.

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 rigenzura bimwe mu bice byo burasirazuba bwa DRC, yibukije ko mu mpera za Mutarama uyu mwaka, ari bwo bafashe Umujyi wa Goma n’uwa Bukavu.

Yavuze ko nyuma y’ibohozwa ry’iyi Mijyi, Perezida Félix Tshisekedi yatanze itegeko ryo gufunga amabanki ndetse n’ibigo by’imari biciriritse byafashaga abo mu burasirazuba bwa Congo, kandi ko iki cyemezo uretse kuba kinyuranyije n’amategeko, cyari kinagamije gukandamiza Abanyekongo bo mu bwoko bwa Baswahili, bakunze kwitwa abanyamahanga.

Yakomeje avuga ko kugeza icyo gihe aba bantu bari babayeho batagira uwo bategera amaboko, byabinjije mu ihurizo ryo kubaho mu buzima bugoye bakenera uwabagoboka.

Ati “Igitangaje ni uko nyuma y’amezi icumi, ni bwo i Paris (u Bufaransa) n’andi mahanga bibutse gusaba ko batanga ubutabazi bugenewe abo bafungiwe amabanki, abatwariwe amafaranga yabo.”

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Akomeza agira ati “Mbega impuhwe z’abakize bitwaje ubucuruzi bw’ubutabazi. Abifuza gukora ibikorwa by’ubutabazi bihutiye gukoresha umwanya bahimba urwitwazo rushya. Ni uburyarya bwuzuye!”

Yakomeje avuga ati “Ni nk’aho aka kanya ari bwo Tshilombo yibutse ko ababa muri Kivu na bo ari Abanyekongo. Ni nk’aho ababajwe na bo, nyamara mu cyumweru gishize yaraboherereje za Soukhoï na drones ngo zibarimbure nta kurobanura.”

Nangaa kandi yakomeje anibutsa ikibazo cy’Abanyekongo bo muri Minembwe bamaze amezi atandatu basa n’abafungiwe amazi n’umuriro, bakaba bakomeje kwicwa n’inzara, “batabasha kubona umunyu, isabune, imiti ndetse n’ibindi.”

Yakomeje avuga ko iyo Perezida Tshisekedi aza kugirira impuhwe aba Banyekongo ataranzwe no kwimakaza irondobwako, atari gufata icyemezo cyo gufunga amabanki.

Ati “Niba Tshisekesi yaba yisubiyeho ku munota wa nyuma akaba yifuza gufasha abaturage bacu ba Baswahili ngo babeho mu buzima busanzwe, yagakwiye gutangirira ku gufungura amabanki, akareka hakabaho urujya n’uruza rw’abantu n’ibyabo.”

Yavuze ko Abanyekongo bo muri aka gace badafite umuco wo kubaho bategeye abandi amaboko kuko bazi gukora bagatungwa n’ibyo bakuye mu kwiyuha akuya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 14 =

Previous Post

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

Next Post

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Related Posts

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Umushinjacyaha wo ku rwego rw’Igihugu mu Burundi ushinzwe Komini za Kirundo na Busoni, mu Ntara ya Butanyerera amaze iminsi ahungiye...

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezida wa Mexico, Madamu Claudia Sheinbaum, yatangaje ko agiye kurega umugabo wamukoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nyuma yuko hari ugaragaye...

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

by radiotv10
06/11/2025
0

Colonel Bonfort Ndoreraho usanzwe ari Komiseri Mukuru wa polisi y’Intara ya Ngozi mu Burundi, ari mu maboko y’urwego rushinzwe iperereza...

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

by radiotv10
05/11/2025
0

Madamu Claudia Sheinbaum, Perezida wa Mexico yahuye n’uruva gusenya, ubwo yari ku muhanda aganiriza abamushyigikiye, umugabo akaza akamukoraho, kugeza no...

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

by radiotv10
05/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yongeye kugaragaza ko Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu burasirazuba bwa DRC...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.