• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

radiotv10by radiotv10
22/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rikomeje kwakira ubuhamya bw’Abanyekongo benshi bari mu nkambi y’impunzi ya Gatumba mu Burundi, bavuga ko bakomeje gukorerwa ihohoterwa rikabije barimo n’abicwa, kandi ko Igisirikare cy’u Burundi kibiri inyuma, kibabuza gutahuka mu Gihugu cyabo.

Ni nyuma yuko iri Huriro AFC/M23 ritangaje ko rihangayikishijwe bikomeye no kuba Abanyekongo bahungiye mu Burundi ubwo iri Huriro ryafataga umujyi wa Uvira, bangiwe gusubira mu Gihugu cyabo.

Mu butumwa bwatanzwe n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, yagaragaje ko bakomeje kwakira ubuhamya bw’abatangabuhamya benshi bavuga ko bari gukorerwa ihohoterwa.

Yagize ati “Turi kwakira ubuhamya bwinshi bw’abavandimwe bacu bari mu nkambi y’impunzi ya Gatumba mu Burundi bavuga ko bari gukorerwa ihohoterwa rikabije, rimwe na rimwe bamwe bakicwa bagerageza gutahuka muri DRC.”

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yakomeje avuga ko “Abasirikare b’u Burundi, ni bo bashyirwa mu majwi ko bari kubikora.”

Ubu butumwa kandi buherekejwe n’amajwi ya bamwe mu Banyekongo bari muri iriya nkambi, bavuga ihohoterwa bari gukorerwayo.

Muri aya majwi, umwe mu Banyekongo, agira ati “Hano mu nkambi ya Gatumba turahangayitse cyane, abasirikare baraza bakatwuriza muri pandagali, bakadukubita inkoni, bakadusubiza inyuma.”

Uyu Munyekongo avuga ko abari gushaka gutahuka mu Gihugu cyabo, bari kugirirwa nabi, bakabibuzwa, ahubwo bagakubitwa bikomeye cyane.

Ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje, Kanyuka n’ubundi yari yagarutse ku kibazo cy’Abanyekongo bahungiye mu Burundi, ariko bakomeje kubura uko basubira mu Gihugu cyabo kuko kiriya Gihugu bahungiyemo cyafunze umupaka.

Kanyuka yari yatangaje ubutumwa avuga ko “AFC/M23 iragaragaza impungenge ku Banyekongo benshi bifuza gusubira mu ngo zabo ku bushake muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byumwihariko muri Uvira, Sangé, Luvungi, Kamanyola no mu bice bihakikije ubu bibangamiwe n’ubuyobozi bw’u Burundi nyuma yo gufunga umupaka.”

Uyu Muvugizi wa AFC/M23 yavugaga ko ibi bibaje, nyamara mu gihe iri Huriro ryo riherutse gufasha Abarundi barenga 1 000 bari bari muri Uvira, gusubira iwabo, ariko ubutegetsi bw’u Burundi bukaba bukomeje kwitambira Abanyekongo bashaka gutahuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Next Post

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Related Posts

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

by radiotv10
03/07/2026
0

Guverinoma ya Tanzaniya yohereje abasirikare n'abapolisi benshi i Dar es salaam, no mu yindi mijyi minini, ngo bajye gukumira imyigaragambyo...

Uganda yacyuye abaturage bayo ba mbere bari mu Gihugu gikomeje kuvugwamo ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga

Uganda yacyuye abaturage bayo ba mbere bari mu Gihugu gikomeje kuvugwamo ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga

by radiotv10
03/07/2026
0

Abanya-Uganda 273 bacyuwe mu Gihugu cyabo bakuwe muri Afurika y'Epfo, bakaba ari abagize icyiciro cya mbere cy’abo Guverinoma ya Uganda...

Ntibisanzwe: Umugore yabyabe abana babiri mu minsi ibiri itandukanye

Ntibisanzwe: Umugore yabyabe abana babiri mu minsi ibiri itandukanye

by radiotv10
03/07/2026
0

Umugore w’imyaka 32 wo muri Leta Zunze Ubumwe za America, yabyaye abana babiri mu minsi ibiri, nyuma yo kumara amasaha...

Icyorezo cya Ebola kimaze iminsi gica ibintu muri Congo gishobora kubonerwa umuti

Icyorezo cya Ebola kimaze iminsi gica ibintu muri Congo gishobora kubonerwa umuti

by radiotv10
03/07/2026
0

Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ryatangaje ko muri Repeburika Iharanira Demokarasi ya Congo, hatangiye igeragezwa ry'imiti ibiri ishobora...

PYROMANE – POMPIER:OPEN LETTER TO ICJ JUDGES

PYROMANE – POMPIER:OPEN LETTER TO ICJ JUDGES

by radiotv10
02/07/2026
0

The arsonist-firefighter (pyromane-pompier) strategy: Understanding a persistent model of political and strategic manipulation. How DRC is manipulating the ICJ and...

Next Post
Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.