Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

radiotv10by radiotv10
28/07/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 riranenga Radio Okapi iterwa inkunga n’Umuryango w’Abibumbye, riyishinja kubogama no kutariha umwanya mu byo iritangazaho biryibasira, rikavuga ko rigiye gufata ingamba zikwiye kugira ngo ribishyireho akadomo.

Ni nyuma yuko iki gitangazamakuru cya Radio Okapi gitangaje ko mu bice bimwe bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bikomeje kuberamo ibikorwa bibi.

Mu nkuru iyi Radio iherutse gutangaza, igaragza ko hagatati ya tariki 03 na 25 Nyakanga 2025, muri Komini ya Goma n’iya Kalisimbi, habayemo ibikorwa by’ubwicanyi byahitanye abantu 10.

Iyi radio igaragaza ibyatangajwe n’Umuryango ‘Goma Hebdo’ yavuze ko AFC/M23 yagiye ita muri yombi rumwe mu rubyiruko ntacyo rushinjwa.

Nanone kandi yatangaje ko hari ubujura bwakozwe ahantu 65 harimo 39 ho muri Kalisimbi ndetse n’ahandi 26 ho muri Goma.

Nyuma y’iyi nkuru, Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatambukije ubutumwa bwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 28 Nyakanga 2025, anenga ibikomeje gutangazwa n’iyi Radio byibasira iri huriro.

Kanyuka yagaragaje ko “Radio Okapi iterwa inkunga n’Umuryango w’Abibumbye, ikomeje guhonyora uburenganzira bwo guha umwanya abavugwa mu nkuru ngo bisobanure.”

Ati “Turagaragaza agahinda kandi k’uburyo Radio Okapi itangaza amakuru arebana na Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) irenga ku mahame yo kutabogama, ubunyamwuga bw’itangazamakuru ndetse n’ubwisanzure rusange.”

Lawrence Kanyuka avuga ko “iyi radio y’Umuryango w’Abibumbye” yahawe urubuga rwo kugendera kuri politiki ya propaganda yibasira AFC/M23 yirengagiza uburenganzira bwacu bwo kwisobanura.”

Yavuze ko Radio Okapi itigeze yemerera umuntu uwo ari we wese yaba mu buryo bwo kuba ahibereye cyangwa ubundi, bwo kuba yagira icyo avuga ku bitangazwa kuri AFC/M23, ndetse ntinagenzure ukuri ku biba bishinjwa iri Huriro.

Kanyuka uvuga ko ubu buryo bukoreshwa n’iyi radio bubangamiye iri Huriro AFC/M23, yavuze kandi ko bagerageje kuvugisha abayobozi b’iyi Radio, ariko bikananirana.

Ati “Bizaba ngombwa ko Umuryango wacu ufata ingamba zigamije guhagarika iyi propaganda idafite ishingiro yo kurenga ku bwisanzure rusange bikorwa n’iyi Radio y’Umuryango w’Abibumbye.”

Umuvugizi wa AFC/M23 yasoje ubutumwa bwe yibutsa ko mu bice byabohowe n’iri Huriro, hari ubwisanzure bw’itangazamakuru, ubwo gutangaza amakuru atabogamye kandi yagenzuriwe ukuri, ndetse no kuba abantu bavugwa mu nkuru bagomba guhabwa urubuga rwo kugira icyo batangaza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 2 =

Previous Post

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Next Post

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

Related Posts

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

by radiotv10
28/07/2025
0

Mu biganiro byahuje Guverinoma y’Igihugu cya Thailand n’iy’icya Cambodia biherutse kwinjira mu mirwano ikarishye, zemeranyijwe ko ibi Bihugu bihagarika imirwano...

AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

by radiotv10
28/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye ubwicanyi bwakozwe n’umutwe w’iterabwoba wa ADF/NALU bwakorewe abaturage b’abasivile 47 biciwe muri Kiliziya ya Komanda iherereye muri...

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

by radiotv10
25/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko umuntu wese ukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u...

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

by radiotv10
25/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ruratangira kuburanisha urubanza ruregwamo Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu...

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

by radiotv10
24/07/2025
0

Pasiteri Marcelo Tunasi wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uri mu bakozi b’Imana bakurikirwa na benshi muri Afurika, yashyingiranywe...

IZIHERUKA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future
IMIBEREHO MYIZA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

28/07/2025
Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

28/07/2025
Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

28/07/2025
AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

28/07/2025
Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.