Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Afurika: Habaye indi ‘Coup d’Etat’ yatunguranye isamirwa hejuru n’abaturage

radiotv10by radiotv10
30/08/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Afurika: Habaye indi ‘Coup d’Etat’ yatunguranye isamirwa hejuru n’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Abanya-Gabon baramukiye mu mihanda mu bice binyuranye by’Igihugu by’umwihariko mu Murwa Mukuru i Libre Ville, bishimira ihirikwa ry’ubutegetsi bwa Perezida Ali Bongo wari utaramara n’umunsi umwe atorewe indi manda.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, nibwo igisirikare cya leta ya Gabon cyavugiye kuri Televiziyo y’Igihugu ko bahiritse ku butegetsi Perezida Ali Bongo wari umaze gutangazwa ko yatsinze amatora yabaye mu cyumweru gishize.

Komisiyo y’Amatora muri iki Gihugu, kuri uyu wa Kabiri yatangaje ku mugaragaro ko ibyavuye mu matora bigaragaza ko Ali Bongo ari we watsindiye kuyobora iki Gihugu muri manda ya gatatu n’amajwi 64%.

Ni intsinzi abasirikare n’abatavugarumwe na Leta bamaganye, bavuga ko badashyigikiye ko Bongo umaze imyaka 14 ku butegetsi asubiraho kuko nta bushobozi agifite bwo kuyobora Igihugu cyane ko afite uburwayi bwamushegeshe amaranye imyaka itanu.

Ikindi gituma bamagana iyo ntsinzi, ni uko imyaka 53 ishize, umuryango wa Ali Bongo wihariye ubutegetsi ntawundi wo hanze babererekera.

Byatumye bahita bamushyira ku gatebe bafata ubutegetsi, basesa ibyavuye mu matora, banasesa Itegeko Nshinga n’inzego zose z’ubuyobozi.

Bamaze kandi kuvuga ko bamufunze, akaba asimbuwe n’uwari ukuriye abamurinda, akaba ari we Perezida w’inzibacyuho.

Abaturage bahise bagaragaza ko bishimiye ibi byakozwe n’igisirikare, bahita birara mu mihanda baririmba ko baruhutse akangari k’ibibazo byo ku ngoma ya Bongo byari byarabazengereje.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 12 =

Previous Post

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda yungutse imbaranga nshya

Next Post

Ibanga umugore yameneye umugabo we ryatumye yica umwana ‘babyaranye’

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibanga umugore yameneye umugabo we ryatumye yica umwana ‘babyaranye’

Ibanga umugore yameneye umugabo we ryatumye yica umwana ‘babyaranye’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.