Afurika y’Epfo: Uwabaye Perezida wigeze no gufungwa yamenyeshejwe icyemezo cyiza yafatiwe

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Jacob Zuma wigeze kuba Perezida Afurika y’Epfo, wari uherutse gufatirwa icyemezo ko atemerewe kongera kwiyamamariza uyu mwanya kubera igifungo yigeze gukatirwa, yamenyeshejwe ko iki cyemezo cyakuweho, ubu akaba afite uburenganzira bwo kwiyamamaza.

Iki cyemezo cyafashwe n’Urukiko rushinzwe iby’Amatora muri Afurika y’Epfo ndetse rwatesheje agaciro icyari giherutse gufatwa na Komisiyo y’Amatora, yari yavuze ko umuntu wakatiwe igihano cy’igifungo kirenze amezi atandatu (6) atemerewe kwiyamamariza kuyobora Igihugu.

Izindi Nkuru

Abaunganira Jacob Zuma mu mategeko bari bavuze ko iki cyemezo cyari cyagendeweho na Komisiyo y’Amatora kitareba abahoze ari Abanyapolitiki, bituma Urukiko ruvuga ko rugikuyeho nubwo nta yindi mpamvu yatangajwe yashingiweho.

Icyemezo cy’Urukiko nticyakiriwe neza na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ndetse ikaba yasabye ibisobanuro kuri iki cyemezo cy’Urukiko.

Mu gihe iki cyemezo cyagumaho, birashoboka ko Zuma yaziyamamaza anyuze mu ishyaka rye yashinze ritavuga rumwe n’iryo yahozemo rya ANC rimaze igihe riri ku butegetsi mu matora ateganyijwe kuba muri Gicurasi uyu mwaka.

Muri 2021 Jacob Zuma yakatiwe gufungwa amezi 9 kubera kutitaba Ubugenzacyaha ngo yiregure ku byaha yari akurikiranyweho byo kunyereza imitungo.

Denyse M. MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru