• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Afurika yibiwe ibanga ry’uko yakwigobotora ikibazo cyazonze abaturage bayo

radiotv10by radiotv10
10/11/2023
in MU RWANDA
0
Afurika yibiwe ibanga ry’uko yakwigobotora ikibazo cyazonze abaturage bayo
Share on FacebookShare on Twitter

Banki ishinzwe Iterambere rya Afurika ivuga ko ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa gikomereye uyu Mugabane, ryakemurwa no gushyiraho inganda zatunganya ibyagurishwa hanze, bikavamo ubushobozi bwo gutunga Abanyafurika bakomeje kugarizwa n’inzara.

Umugabane wa Afurika, ubarwaho abaturage bagera muri miliyoni 283 buri mwaka bagendana ikibazo cy’inzara. Banki Nyafurika ishinzwe Iterambere ivuga ko ibi biterwa n’uko umubare w’abaturage muri Afurika n’inganda zikenera umusaruro w’ubuhinzi byiyongera.

Umuyobozi w’iyi Banki, Dr Akinwumi Akin Adesina avuga ko hari icyo Afurika ikwiye gukora kugira ngo irandure iki kibazo cy’inzara yugariza abaturage bayo.

Yagize ati “Afurika igomba guhagarika kohereza mu mahanga umusaruro w’ubuhinzi utongerewe agaciro. Tugomba kumenya ko uburyo bumwe bwo kwihuta mu nzira ijya mu bukene ari ukugurisha umusaruro udatunganyije.”

Yakomeje agira ati “Indi nzira yihuta ibuvamo [ubukene]; ni ukugurisha ibyongerewe ubwiza. Ni yo mpamvu hakenewe inganda zitunganya umusaruro w’ubuhinzi. Bizatuma twohereza imyenda aho kuba ipamba, tukohoreza ikawa itunganyije, amababi y’icyayi azoherezwa aseye neza, tuzohereza shokora ifunze neza ku isoko rya Afurika no hanze yayo.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi; ushinzwe Imari ya Leta, Richard Tusabe; avuga ko umusaruro utangwa n’izo nganda, na wo ukwiye kwitabwaho, ku buryo uza ufite ireme n’ubuziranenge.

Ati “Ndatekereza uburyo tutashyiraho izi nganda gusa, ahubwo ndareba n’abakora muri izo nganda umusaruro batanga, ndabizi ko zimwe muri izo nganda zitanga umusaruro uri munsi y’ubushobozi bwazo, ni umukoro wacu nka Guverinoma gushaka uburyo zatanga umusaruro unarenze ubushobozi bwazo. Kimwe muri ibyo ni ukureba bimwe mu bitera icyo kibazo; birimo n’umusaruro.”

Richard Tusabe avuga kandi ko n’urwego rw’ubuhinzi rukwiye gutekerezwaho, ku buryo rufashwa kugira ngo umusaruro ubuvamo udakwiye kwangirika kuko hakiri ikigero kinini cyawo kicyangirika.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 9 =

Previous Post

Burundi: Gen.Bunyoni wabaye PM uregwa ibirimo gushaka kwica Perezida yasabiwe gufungwa burundu

Next Post

Amahirwe akomeje kwiyongera ko rurangiranwa Mbappe yakwerecyeza mu yindi kipe ikorana n’u Rwanda

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Amahirwe akomeje kwiyongera ko rurangiranwa Mbappe yakwerecyeza mu yindi kipe ikorana n’u Rwanda

Amahirwe akomeje kwiyongera ko rurangiranwa Mbappe yakwerecyeza mu yindi kipe ikorana n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.