• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Agahinda gakomeje kuba kenshi muri Afghanistan ku bw’imibare y’abahitanywe n’umutingito

radiotv10by radiotv10
01/09/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Agahinda gakomeje kuba kenshi muri Afghanistan ku bw’imibare y’abahitanywe n’umutingito
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu barenga 800 ni bo bamaze kwemezwa ko bahitanywe n’umutigito wibasiye uburasirazuba bwa Afghanistan, mu gihe abandi barenga 2 500 bakomeretse.

Uretse aba bahitanywe n’umutingito wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa 31 Kanama 2025, hari n’inzu nyinshi zasenyutse burundu, n’ibindi bikorwa byinshi byangiritse, nk’uko byatangajwe na Leta y’aba Taliban iyoboye iki Gihugu kuri uyu wa Mbere.

Uwo mutingito wari uri ku gipimo cya 6.0 wabaye mu ijoro ryo ku cyumweru, wibasiye imijyi yo muNntara ya Kunar, hafi y’umujyi wa Jalalabad mu Ntara yegereye ya Nangarhar, usiga wangije ibintu byinshi.

Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe ubushakashatsi ku mitingito (U.S. Geological Survey) cyatangaje ko uwo mutingito wabaye saa 23h47, wari uri ku ntera y’ibilometero 27, ufite uburebure bwa kilometero 8.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Umuvugizi wa Leta y’aba Taliban, Zabihullah Mujahid, yatangaje ko umubare w’abapfuye wageze kuri 800, mu gihe abakomeretse bagera ku 2 500. Yongeyeho ko abenshi mu bagizweho ingaruka bakomoka mu ntara ya Kunar.

Sharafat Zaman, umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima, yatangaje ko ibikorwa by’ubutabazi bikomeje, kandi ko amatsinda y’abaganga aturutse mu Ntara za Kunar, Nangarhar ndetse no mu murwa mukuru Kabul yageze mu gace kabayemo ibyo biza kugira ngo afashe abahuye n’ingaruka z’umutingito.

Agace ka Jalalabad, gatuwe n’abaturage bagera ku bihumbi 300, kamwe mu twibasiwe n’umutingito, gafatwa nk’umujyi ukomeye w’ubucuruzi kubera ko uherereye hafi y’Igihugu cya Pakisitani ndetse hakaba n’umupaka munini uhuza Ibihugu byombi.

Jalalabad kandi inazwi nk’agace gakungahaye ku buhinzi n’ubworozi, cyane cyane imbuto n’umuceri, ndetse ikaba inyuranamo uruzi rwa Kabul.

Si ubwa mbere umutingito ukomeye wibasira igihugu cya Afganistan, kuko Ku wa 07 Ukwakira 2023, muri iki Gihugu habaye umutingito wari uri ku gipimo cya 6.3, wahitanye abasaga 4 000 nk’uko byatangajwe na Leta y’aba Taliban nubwo Umuryango w’Abibumbye wo watangaje ko abapfuye icyo gihe bari 1 500.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje uruhare urubyiruko rukeneweho mu kurandura inzara yugarije Abanyafurika

Next Post

NAME CHANGE REQUEST

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.