Monday, October 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Agezweho muri Congo: Hatahuwe umugambi w’ibyo FARDC n’Ingabo z’u Burundi bahugiyemo

radiotv10by radiotv10
26/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
Agezweho muri Congo: Hatahuwe umugambi w’ibyo FARDC n’Ingabo z’u Burundi bahugiyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko mu gihe rikomeje kubahiriza icyemezo cy’agahenge ryafashe, uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, Ingabo z’u Burundi na FDLR, bo bari kwisuganya ngo bagarukane ingufu nyinshi mu mirwano.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 kuri uyu wa 25 Gashyantare 2025, rivuga ko mu rwego rwo kubahiriza ibyemezo byagiye bifatwa ku rwego rw’akarere, iri huriro rikomeje kubahiriza icyemezo ryafashe ku giti cyaryo cyo kuba rihagaritse imirwano, cyatangiye kubahirizwa tariki 04 kikongera kwemezwa ku ya 22 Gashyantare 2025.

Iri Huriro rigakomeza rigira riti “Gusa, ubutegetsi bwa Kinshasa n’ingabo bihuje, zirimo FARDC, FDLR, Inyeshyamba za Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi (FDNB) bakomeje kwisuganya kugira ngo bongere imbaraga mu ntambara.”

AFC/M23 ikomeza ivuga ko ibi bigaragazwa no kongera imbaraga mu bikorwa bya gisirikare, birimo kohereza abandi basirikare b’inyongera, kuzana ibindi bikoresho, ndetse no kwisuganya kw’udutsiko tw’abarwanyi biri kugaragara mu bice bya Ruzizi ndetse na Walikare, Masisi na Lubero.

Iri huriro ribarizwamo umutwe wa M23, rivuga ko nubwo ryemeje aka gahenge ko guhagarika imirwano, ariko abarwanyi b’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bo bakomeje kwibasira abaturage, ndetse bakomeje kugaba ibitero by’indege zitagira abapilote (drone) ndetse n’iby’indege z’intambara bigamije kurimbura imiryango migari y’Abanyekongo yibasiwe.

AFC/M23 ikomeza igaragaza zimwe mu ngero z’ibitero biherutse vuba aha, birimo ibyo kuri uyu wa 25 Gashyantare 2025 byagabwe mu bice bya Minembwe by’umwihariko mu duce twa Irundu na Nyarujoka, byanahitanye ubuzima bw’inzirakarengane zimwe, kimwe n’ibindi bitero byabaye muri Uvira byibasira Abanyamulenge.

Iri Huriro rigakomeza rigira riti “AFC/M23 iramagana yivuye inyuma uku guhonyora uburenganzira bwa muntu n’uburenganzira mpuzamahanga bw’ikiramwamuntu, unababazwa n’imyitwarire y’Umuryango mpuzamahanga kuri ibi bikorwa bigize ibyaha bikomeye. Guceceka no kutagira igikorwa bikomeje kugaragazwa n’abagakwiye kugira icyo bakora bitiza umurindi abari gushyira mu bikorwa iyi migambi ibangamira ubuzima bw’abasivile.”

Iri huriro ryongeye kwibutsa ko rishyize imbere inzira z’ibiganiro bya politiki mu gushaka umuti w’aya makimbirane amaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, rikanasaba abayobozi bo mu karere gushyiraho uburyo bwatuma ibi biganiro bibaho, ndetse no gushyiraho ingamba zihuse zo gutumwa ubutegetsi bwa Congo buryozwa ibi bikorwa bigize ibyaha bukora.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Donna Kristii says:
    8 months ago

    Ntakeza kintambara

    Reply

Leave a Reply to Donna Kristii Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + four =

Previous Post

Abantu bataramenyekana biraye mu matungo y’umuturage bayakorera ubugome bukabije

Next Post

America yavuze umushinga ukomeye ihanzego amaso Igihugu yafashije mu ntambara

Related Posts

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

by radiotv10
25/10/2025
0

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon, Issa Tchiroma Bakary, wamaze kwitangaza nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, yatangaje ko igihe hatangazwa...

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

by radiotv10
24/10/2025
0

Abantu 25 baburiye ubuzima mu mpanuka yabereye muri Leta ya Andhra Pradesh mu majyepfo y’u Buhindi, nyuma yuko bisi itwara...

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Umutekano mu Bufaransa, yavuze ko Nicolas Sarközy wayoboye iki Gihugu, mu myaka itanu azamara muri Gereza La Santé afungiyemo,...

Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

by radiotv10
24/10/2025
0

Ibihano Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Turmp yafatitye kompanyi ebyiri zicuruza ibikomoka kuri petrole zo mu Burusiya,...

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

by radiotv10
22/10/2025
0

Ubwoba bwatashye abatuye mu gace ka Kashebere ko muri Teritwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru kubera indege y’intambara yo...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
26/10/2025
3

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

25/10/2025
Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
America yavuze umushinga ukomeye ihanzego amaso Igihugu yafashije mu ntambara

America yavuze umushinga ukomeye ihanzego amaso Igihugu yafashije mu ntambara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.