Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ahafatiwe abasore bakekwaho kwiba hafi Miliyoni 1Frw hagaragaza ko bari batangiye kuyinezezamo

radiotv10by radiotv10
24/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Ahafatiwe abasore bakekwaho kwiba hafi Miliyoni 1Frw hagaragaza ko bari batangiye kuyinezezamo
Share on FacebookShare on Twitter

Abasore batatu bakewaho kwiba umucuruzi wo mu Karere ka Karongi amafaranga 981 100 Frw, bafatiwe mu kabari bari gusangira inzoga, bamaze kuryamo arenga ibihumbi 100 Frw.

Aba basore batatu bafashwe ku mugoroba saa kumi n’ebyiri ku wa Gatatu tariki 22 Gashyantare 2023, nyuma yuko umucuruzi bakekwaho kwiba atanze amakuru.

Chief Inspector of Police (CIP) Mucyo Rukundo, ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Iburengerazuba, yavuze ko uyu mucuruzi yavugaga ko akeka ko yibwe n’umugabo waje amubwira ko ashaka ibicuruzwa bitandukanye, akajya kubimushakira mu bubiko, yagaruka akabuba 981 100 yari agiye kujya kubitsa kuri banki.

CIP Mucyo Rukundo avuga ko uyu mugabo wibye uyu mucuruzi yari kumwe na mugenzi we bazanye kuri moto agasigara hanze.

Ati “Yaketse ko ari we winjiye akayakura muri kontwari kuko bagarutse akayabura, nyuma yuko bakije moto bakagenda amwizeza ko agiye kuyabikuza kuri banki akabona kugaruka kwishyura.”

Uyu muyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Iburengerazuba yakomeje agira ati “Bose uko ari babiri baje gufatirwa mu kabari ku mugoroba w’uwo munsi, mu Kagari ka Kibirizi mu Murenge wa Rubengera barimo gusangira inzoga na mugenzi wabo, biyemerera ko bafatanyije ubu bujura.”

Yavuze ko ubwo bafatwaga basanganywe ibihumbi 848 800Frw bavuga ko hari andi bamaze gukoresha batazi umubare wayo.

Abafashwe bashyikirijwe Urwego rw’Igihugu cy’ubugenzacyaha (RIB), ubu bakaba bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Rubengera kugira ngo bakurikiranwe n’amategeko.

RADIOTV10

 

Comments 1

  1. Nizeyimana says:
    3 years ago

    Bahanwe kbs

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + nineteen =

Previous Post

Uko hatahuwe ibyaha bikekwa ku barimo Umuyobozi w’ishuri muri Rutsiro

Next Post

DRCongo: Pasiteri wigeze gufungirwa muri Gereza ya Gisirikare arahigishwa uruhindu akekwaho ibyaha bikomeye

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Pasiteri wigeze gufungirwa muri Gereza ya Gisirikare arahigishwa uruhindu akekwaho ibyaha bikomeye

DRCongo: Pasiteri wigeze gufungirwa muri Gereza ya Gisirikare arahigishwa uruhindu akekwaho ibyaha bikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.