Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ahafatiwe abasore bakekwaho kwiba hafi Miliyoni 1Frw hagaragaza ko bari batangiye kuyinezezamo

radiotv10by radiotv10
24/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Ahafatiwe abasore bakekwaho kwiba hafi Miliyoni 1Frw hagaragaza ko bari batangiye kuyinezezamo
Share on FacebookShare on Twitter

Abasore batatu bakewaho kwiba umucuruzi wo mu Karere ka Karongi amafaranga 981 100 Frw, bafatiwe mu kabari bari gusangira inzoga, bamaze kuryamo arenga ibihumbi 100 Frw.

Aba basore batatu bafashwe ku mugoroba saa kumi n’ebyiri ku wa Gatatu tariki 22 Gashyantare 2023, nyuma yuko umucuruzi bakekwaho kwiba atanze amakuru.

Chief Inspector of Police (CIP) Mucyo Rukundo, ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Iburengerazuba, yavuze ko uyu mucuruzi yavugaga ko akeka ko yibwe n’umugabo waje amubwira ko ashaka ibicuruzwa bitandukanye, akajya kubimushakira mu bubiko, yagaruka akabuba 981 100 yari agiye kujya kubitsa kuri banki.

CIP Mucyo Rukundo avuga ko uyu mugabo wibye uyu mucuruzi yari kumwe na mugenzi we bazanye kuri moto agasigara hanze.

Ati “Yaketse ko ari we winjiye akayakura muri kontwari kuko bagarutse akayabura, nyuma yuko bakije moto bakagenda amwizeza ko agiye kuyabikuza kuri banki akabona kugaruka kwishyura.”

Uyu muyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Iburengerazuba yakomeje agira ati “Bose uko ari babiri baje gufatirwa mu kabari ku mugoroba w’uwo munsi, mu Kagari ka Kibirizi mu Murenge wa Rubengera barimo gusangira inzoga na mugenzi wabo, biyemerera ko bafatanyije ubu bujura.”

Yavuze ko ubwo bafatwaga basanganywe ibihumbi 848 800Frw bavuga ko hari andi bamaze gukoresha batazi umubare wayo.

Abafashwe bashyikirijwe Urwego rw’Igihugu cy’ubugenzacyaha (RIB), ubu bakaba bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Rubengera kugira ngo bakurikiranwe n’amategeko.

RADIOTV10

 

Comments 1

  1. Nizeyimana says:
    3 years ago

    Bahanwe kbs

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Uko hatahuwe ibyaha bikekwa ku barimo Umuyobozi w’ishuri muri Rutsiro

Next Post

DRCongo: Pasiteri wigeze gufungirwa muri Gereza ya Gisirikare arahigishwa uruhindu akekwaho ibyaha bikomeye

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Pasiteri wigeze gufungirwa muri Gereza ya Gisirikare arahigishwa uruhindu akekwaho ibyaha bikomeye

DRCongo: Pasiteri wigeze gufungirwa muri Gereza ya Gisirikare arahigishwa uruhindu akekwaho ibyaha bikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.