Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ahafatiwe abasore bakekwaho kwiba hafi Miliyoni 1Frw hagaragaza ko bari batangiye kuyinezezamo

radiotv10by radiotv10
24/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Ahafatiwe abasore bakekwaho kwiba hafi Miliyoni 1Frw hagaragaza ko bari batangiye kuyinezezamo
Share on FacebookShare on Twitter

Abasore batatu bakewaho kwiba umucuruzi wo mu Karere ka Karongi amafaranga 981 100 Frw, bafatiwe mu kabari bari gusangira inzoga, bamaze kuryamo arenga ibihumbi 100 Frw.

Aba basore batatu bafashwe ku mugoroba saa kumi n’ebyiri ku wa Gatatu tariki 22 Gashyantare 2023, nyuma yuko umucuruzi bakekwaho kwiba atanze amakuru.

Chief Inspector of Police (CIP) Mucyo Rukundo, ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Iburengerazuba, yavuze ko uyu mucuruzi yavugaga ko akeka ko yibwe n’umugabo waje amubwira ko ashaka ibicuruzwa bitandukanye, akajya kubimushakira mu bubiko, yagaruka akabuba 981 100 yari agiye kujya kubitsa kuri banki.

CIP Mucyo Rukundo avuga ko uyu mugabo wibye uyu mucuruzi yari kumwe na mugenzi we bazanye kuri moto agasigara hanze.

Ati “Yaketse ko ari we winjiye akayakura muri kontwari kuko bagarutse akayabura, nyuma yuko bakije moto bakagenda amwizeza ko agiye kuyabikuza kuri banki akabona kugaruka kwishyura.”

Uyu muyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Iburengerazuba yakomeje agira ati “Bose uko ari babiri baje gufatirwa mu kabari ku mugoroba w’uwo munsi, mu Kagari ka Kibirizi mu Murenge wa Rubengera barimo gusangira inzoga na mugenzi wabo, biyemerera ko bafatanyije ubu bujura.”

Yavuze ko ubwo bafatwaga basanganywe ibihumbi 848 800Frw bavuga ko hari andi bamaze gukoresha batazi umubare wayo.

Abafashwe bashyikirijwe Urwego rw’Igihugu cy’ubugenzacyaha (RIB), ubu bakaba bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Rubengera kugira ngo bakurikiranwe n’amategeko.

RADIOTV10

 

Comments 1

  1. Nizeyimana says:
    3 years ago

    Bahanwe kbs

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Uko hatahuwe ibyaha bikekwa ku barimo Umuyobozi w’ishuri muri Rutsiro

Next Post

DRCongo: Pasiteri wigeze gufungirwa muri Gereza ya Gisirikare arahigishwa uruhindu akekwaho ibyaha bikomeye

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Pasiteri wigeze gufungirwa muri Gereza ya Gisirikare arahigishwa uruhindu akekwaho ibyaha bikomeye

DRCongo: Pasiteri wigeze gufungirwa muri Gereza ya Gisirikare arahigishwa uruhindu akekwaho ibyaha bikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.