Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aho M23 yaturutse yubura imirwano, uko Tshisekedi asezeranya ibintu ntabikurikize,…-Perezida Kagame yabivuzeho birambuye

radiotv10by radiotv10
09/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Aho M23 yaturutse yubura imirwano, uko Tshisekedi asezeranya ibintu ntabikurikize,…-Perezida Kagame yabivuzeho birambuye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko umutwe wa M23 wubuye imirwano uturutse muri Uganda atari mu Rwanda, anagaruka ku muzi w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, n’uburyo ubutegetsi bwa Congo n’ababushyigikiye bawirengagiza nkana, kandi ari ikibazo gishobora gukemurwa ariko hakabura ubushake bifite ikibiri inyuma.

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 09 Mutarama 2025 mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, aho yagarutse ku muzi w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yavuze ko iki kibazo atari icy’Uburasirazuba bw’iki Gihugu gusa cyangwa cyo gusa, ahubwo ko ari cy’akarere giherereyemo kose, icy’umugabane wa Afurika wose, ndetse n’icy’Isi.

Ati “Ariko umuzwi wacyo, ukomoka mu Bihuigu binyuranye ku Isi, harimo n’Ibihugu by’ibihangange nk’uko tubizi, mu by’ukuri iki kibazo gifite imizi mu mateka ya kiriya Gihugu, amateka y’akarere kacu, amateka y’Umugabane wacu byumwihariko mu mizo ya mbere y’ubukoloni.”

Yagarutse ku mutwe wa M23, avuga ko ari Abanyekongo kandi bizwi, ndetse n’ubuyobozi bwawo bugira abayobozi b’Abanyekongo kuva cyera, kandi ko bafite impamvu barwanira yumvikana, yari ikwiye kujya itekerezwaho mbere ya byose.

Ati “Kubera iki barwana, kubera iki dufite impunzi zirenga ibihumbi 100 hano mu Rwanda zavuye muri kariya gace?, ni ukubera ko u Rwanda rukunda impunzi, rwabahamagaye ngo baze mu Rwanda?…”

Ku byo kuvogera ubusugire bwa DRC byakunze kuzamurwa, Perezida Kagame yavuze ko bitumvikana uburyo byitwa kuvogera Igihugu kandi ari Abanyekongo baba bari mu Gihugu cyabo.

Ati “Ku ruhande rumwe ni Abanyekongo, ku rundi ni Abanyamahanga […] ndakeka ko abatangaza amatangazo bakeneye kugira ikindi bamenya, ndabibutsa ko iyi mirwano iri kubera mu burasirazuba bwa Congo, byaba bivuze ko abantu batazi aho byakomotse, uyu mutwe urwana muri Congo, imirwano yatangiye mu myaka myinshi ishize, ntabwo abarwana bavuye mu Rwanda kuva igihe batangiriye n’igihe batangiriye kurwana.”

Icyakora yagarutse ku mateka yabo ko bahoze ku butaka bw’u Rwanda, mbere yuko habaho gukata imipaka, ariko ko bisanze ku butaka bwa Congo muri ibyo bihe. Ati “Congo yasanze ari abayo ibasanze aho bari.”

 

M23 ntiyubuye imirwano iturutse mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo umutwe wa M23 wuburaga imirwano, utaturutse mu Rwanda, ku buryo rwari rukwiye kwegekwaho ibibazo.

Ati “Aba bayobozi ba M23 baturutse muri Uganda aho bari ink’impunzi, aho bari bategereje ko ibibazo byabo byakemurwa kuva muri za 2012 na 2013.”

Perezida Kagame yavuze ko igice cy’abarwanyi ba M23 bahungiye mu Rwanda, bambuwe intwaro bakajyanwa mu nkambi, ariko ko abari mu Rwanda atari bo bubuye imirwano iri kuba ubu.

Ati “Ndetse abenshi muri bo bari hano, ubwo imirwano yuburwaga, yatangijwe n’itsinda ry’abari muri Uganda, none ni gute biba ikibazo cy’u Rwanda?”

Yavuze ko icyari gikwiye gutuma ikibazo cyegekwa k’u Rwanda, ari ukuba abakomeje guhohoterwa ari Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, indi mpamvu ikaba ari ukuba umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bahekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ari na bo bakora ibi bikorwa bafatanyije n’ubutegetsi bwa Congo.

Nanone kandi uyu mutwe umaze imyaka 30 muri Congo, ufite imigambi yo gutera u Rwanda, babifashijwemo n’ubutegetsi bwa Congo, ngo baze gukuraho ubutegetsi buriho.

Yavuze ko ikibabaje ari ukuba Umuryango w’Abibumbye ubinyujije mu butumwa bwa MONUSCO, umaze imyaka ikabakaba 30 uvuga ko ugiye gukemura iki kibazo, ariko kikaba kikiriho warakinaniwe, ahubwo ukarenga ugashinja u Rwanda ibinyoma.

Perezida Kagame yavuze ko ubutegetsi bwa Congo bwananiwe gukemura ikibazo cy’abaturage bacyo bakomeje guhohoterwa ahubwo bugashyigikira ibikorwa bibabangamira, ku buryo butanashobora gukemura iki kibazo kiriho ubu.

Ati “Niba Congo idashobora gufata mu nshingano abaturage bayo, ni gute Congo yashobora gukemura iki kibazo?”

Yavuze ko hakwiye gushakwa umuti w’umuzi w’ikibazo aho guhora bashinja u Rwanda ibinyoma. Ati “Ese u Rwanda ruramutse rukuwe aho ruri rukimurwa, ese bakemura ikibazo cya Congo cyangwa cy’akarere?”

 

Kumenya ikibazo gihari ntibisaba impuguke

Umuryango mpuzamahanga nk’uw’Abibumbye yakunze kujya yohereza impuguke gucukumbura umuzi w’ibi bibazo, zanagiye zisohora raporo zirimo ibinyoma zishinja u Rwanda.

Perezida Kagame yavuze ko izi mpuguke zitazanwa no gutanga umusanzu wo gushaka umuti w’ibibazo, ahubwo ko ziba zije kugoreka ukuri kw’ibibera muri kiriya Gihugu cya DRC, ndetse ko zibona ibikorwa bibi bikorwa n’ubutegetsi bwa Congo, aho abasirikare n’abapolisi bica abantu mu maso yabo, ariko zikabyirengagiza.

Yavuze ko kumenya ibibazo biri mu burasirazuba bwa Congo bidasaba kuba umuntu ari impuguke, ahubwo ko bisaba kuba ufite ubushake bwo kubikemura.

Ati “Cyagombye kuba cyarakemutse mu myaka yashize, ariko ntabwo wagikemuza gukora ubeshya, ntabwo wagikemuza guhora ushinja ibinyoma abandi.”

Yavuze kandi ko ikibazo cy’umutwe wa FDLR, na cyo cyakagombye kuba cyarakemutse iyo haza kuba ubushake, kandi ko ntako u Rwanda rutagize ngo rufatanye n’ubutegetsi bwa Congo yaba ku butegetsi buriho ubu ndetse n’uburiho kugira ngo gikemuke, ariko ko bwinangiye. Yavuze ko we ubwe yabimenyesheje ubutegetsi buriho ubu mu mwaka wa 2019, uko cyakemurwa ariko bukinangira.

Ati “Twanababwiye ko twifitiye ubushobozi bwo kubafasha gukemura iki kibazo, ariko barabyanze.”

Nyamara ikibabaje ni uko bwemeye gukorana n’ibindi Bihugu by’ibituranyi nka Uganda n’u Burundi mu gukemura ikibazo cy’imitwe iri muri iki Gihugu irwanya ibyo Bihugu.

Ati “Banze kubera inama bigiriye bo ubwabo cyangwa bagiriwe n’abandi, kuko badashaka ko iki kibazo cya FDLR kibonerwa umuti.”

 

Yanyisabiye kumwingingira M23 ariko ntiyubahiriza ibyo yemeye

Perezida Paul Kagame kandi yagarutse ku byakunze gushinjwa u Rwanda, ko rufite ingabo muri DRC, avuga ko ababyibazaho, bari bakwiye kwibaza impamvu rukwiye kuzigirayo, ku buryo iyo mpamvu ari yo yari ikwiye kwibazwaho mbere

Yavuze ko ibiganiro byakunze kubaho hagati y’u Rwanda na DRC, byagiye biburamo ukuri, ahubwo hakaba uruhande rubyitabira, ari nko kujya kwifotoza, no gusinya amasezerano atazashyirwa mu bikorwa.

Yatanze urugero rw’ibiganiro yigeze kugirana na Tshisekedi i New York ubwo bari bitabiriye Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, aho bahujwe na Perezida Emmanuel Macron, Tshisekedi akagira ibyo yizeza Umukuru w’u Rwanda, ariko ibyo yakoze bihabanye na byo.

Perezida Kagame yavuze ko icyo gihe Tshisekedi yamusabye kumwingingira M23 ikava mu Mujyi wa Bunagana yari imaze igihe ifashe, ubundi agakurikirana iyubahirizwa ry’ibyo abarwanyi b’uyu mutwe basabaga.

Ati “Naramubwiye nti ‘ndagutangira ubutmwa, ariko se bazajya he? Icya kabiri ariko se uzakurikirana ute ko ikibazo cyakemutse?’ Naraje ndabibabwira, ndetse barabyemera, ariko mu gihe bariho bitegura kuhava, bahise bagabwaho ibitero bikomeye.”

Perezida Kagame yavuze kandi ko uyu mukino w’amacenga w’ubutegetsi bwa Congo, wakomeje gutyo, bugakomeza kwiyerurutsa ko bwera nyamara ari bwo nyirabayazana y’ibibazo byose bihoraho.

Nyuma y’ibyo ariko, u Rwanda ruzemera gucunagurizwa ku kwirindira umutekano, ndetse ko rutabifiteho ikibazo kuko kurinda umutekano warwo utagira ikindi byaguranwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + thirteen =

Previous Post

Amakuru agezweho ku gukoresha umuti mushya urinda kwandura SIDA mu Rwanda

Next Post

Ku rugamba rwa M23 na FARDC haravuga impinduka nyuma y’ifatwa rya Masisi

Related Posts

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

IZIHERUKA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026
MU RWANDA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ku rugamba rwa M23 na FARDC haravuga impinduka nyuma y’ifatwa rya Masisi

Ku rugamba rwa M23 na FARDC haravuga impinduka nyuma y’ifatwa rya Masisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.