Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akanyamuneza ni kose kuri Perezida wa kane ugendereye u Rwanda mu cyumweru kimwe

radiotv10by radiotv10
21/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Akanyamuneza ni kose kuri Perezida wa kane ugendereye u Rwanda mu cyumweru kimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika ya Congo (Congo-Brazzaville), Denis Sassou Nguesso, yageze mu Rwanda, aba uwa kane ugendereye iki Gihugu mu gihe kitarenze icyumweru kimwe.

Perezida Denis Sassou Nguesso yageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Nyakanga 2023, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, rugamije gutsimbataza umubano w’u Rwanda n’Igihugu cye cya Congo-Brazzaville.

Ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kanombe, Perezida Denis Sassou Nguesso yakiriwe na Perezida Paul Kagame wanamutumiye muri uru ruzinduko.

Ku isaaha ya saa sita zirengaho iminota micye, indege yazanye Perezida Denis Sassou Nguesso, yari igeze ku Kibuga cy’Indege, yururukamo yakirwa na Perezida Paul Kagame baramukanya, bigaragara ko bari bakumburanye.

Yahise anakirwa kandi n’akarasisi, kanaririmbye Indirimbo zubahiriza Ibihugu byombi; u Rwanda na Congo-Brazzaville.

Nguesso yahise ajya guha icyubahiro aka karasisi k’igisirikare cy’u Rwanda, ubundi Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame ajya kumwereka abayobozi muri Guverinoma y’u Rwanda ndetse no mu nzego za Gisirikare, agenda abaramutsa, ari na ko Perezida Nguesso na we yahise ajya kwereka umukuru w’u Rwanda, abayobozi bazanye, na we agenda abaramutsa.

Hahise hakurikiraho gususurutswa n’Itorero ry’Igihugu cy’u Rwanda Urukerereza, mu mbyino gakondo zinogeye ijisho nka “uzaze urebe u Rwanda rw’Abanyarwanda.”

Perezida Denis Sassou Nguesso aje mu Rwanda nyuma y’iminsi micye iki Gihugu cy’imisozi igihumbi kigenderewe n’abandi bayobozi bakomeye barimo abakuru b’Ibihugu batatu, nka Perezida wa Hungary Madamu Katalin Novák, Umukuru w’Igihugu wa Senegal, Macky Sall, ndetse na Perezida wa Ethiopia, Madamu Sahle-Work Zewde.

Perezida Kagame yakiriye mugenzi we
Haririmbwe indirimbo zubahiriza Ibihugu byombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Bwa mbere mu Rwanda hagiye kuba igitaramo cyihariye kizabamo kurya ibiryo nyarwanda

Next Post

Kenya: Bwa mbere Perezida yavuze ku myigaragambyo ikomeje guhindura isura

Related Posts

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

IZIHERUKA

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa
IBYAMAMARE

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

22/12/2025
BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Bwa mbere Perezida yavuze ku myigaragambyo ikomeje guhindura isura

Kenya: Bwa mbere Perezida yavuze ku myigaragambyo ikomeje guhindura isura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.