Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akanyamuneza ni kose kuri Perezida wa kane ugendereye u Rwanda mu cyumweru kimwe

radiotv10by radiotv10
21/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Akanyamuneza ni kose kuri Perezida wa kane ugendereye u Rwanda mu cyumweru kimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika ya Congo (Congo-Brazzaville), Denis Sassou Nguesso, yageze mu Rwanda, aba uwa kane ugendereye iki Gihugu mu gihe kitarenze icyumweru kimwe.

Perezida Denis Sassou Nguesso yageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Nyakanga 2023, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, rugamije gutsimbataza umubano w’u Rwanda n’Igihugu cye cya Congo-Brazzaville.

Ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kanombe, Perezida Denis Sassou Nguesso yakiriwe na Perezida Paul Kagame wanamutumiye muri uru ruzinduko.

Ku isaaha ya saa sita zirengaho iminota micye, indege yazanye Perezida Denis Sassou Nguesso, yari igeze ku Kibuga cy’Indege, yururukamo yakirwa na Perezida Paul Kagame baramukanya, bigaragara ko bari bakumburanye.

Yahise anakirwa kandi n’akarasisi, kanaririmbye Indirimbo zubahiriza Ibihugu byombi; u Rwanda na Congo-Brazzaville.

Nguesso yahise ajya guha icyubahiro aka karasisi k’igisirikare cy’u Rwanda, ubundi Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame ajya kumwereka abayobozi muri Guverinoma y’u Rwanda ndetse no mu nzego za Gisirikare, agenda abaramutsa, ari na ko Perezida Nguesso na we yahise ajya kwereka umukuru w’u Rwanda, abayobozi bazanye, na we agenda abaramutsa.

Hahise hakurikiraho gususurutswa n’Itorero ry’Igihugu cy’u Rwanda Urukerereza, mu mbyino gakondo zinogeye ijisho nka “uzaze urebe u Rwanda rw’Abanyarwanda.”

Perezida Denis Sassou Nguesso aje mu Rwanda nyuma y’iminsi micye iki Gihugu cy’imisozi igihumbi kigenderewe n’abandi bayobozi bakomeye barimo abakuru b’Ibihugu batatu, nka Perezida wa Hungary Madamu Katalin Novák, Umukuru w’Igihugu wa Senegal, Macky Sall, ndetse na Perezida wa Ethiopia, Madamu Sahle-Work Zewde.

Perezida Kagame yakiriye mugenzi we
Haririmbwe indirimbo zubahiriza Ibihugu byombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Bwa mbere mu Rwanda hagiye kuba igitaramo cyihariye kizabamo kurya ibiryo nyarwanda

Next Post

Kenya: Bwa mbere Perezida yavuze ku myigaragambyo ikomeje guhindura isura

Related Posts

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

IZIHERUKA

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga
MU RWANDA

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

31/12/2025
Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Bwa mbere Perezida yavuze ku myigaragambyo ikomeje guhindura isura

Kenya: Bwa mbere Perezida yavuze ku myigaragambyo ikomeje guhindura isura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.