Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akuzuye umutima…: U Rwanda na Barbados bahamije ubucuti (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
11/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Akuzuye umutima…: U Rwanda na Barbados bahamije ubucuti (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame wakiriye Minisitiri w’Intebe wa Barbados n’abayobozi bazanye mu Rwanda, yavuze ko Abanyarwanda bifuza kugenderana bihoraho n’Abanya-Barbados, na we amushimira ibikorwa by’indashyikirwa yagejeje ku Banyarwanda.

Muri iki cyumweru, Igihugu cy’u Rwanda n’icya Barbados byashimangiye ubucuti, uretse uruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe wa Barbados, Mia Amor Mottley, Ibihugu byombi byanasinye amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye.

Ni amasezerano agamije guhamya ubucuti hagati y’ibi Bihugu byombi bisangiye kuba ari bito mu buso ariko kandi byombi bikaba bikomeje kugaragaza kwishakamo ibisubizo no kutagamburuzwa mu byo byiyemeza.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 10 Ugushyingo 2022, muri Kigali Convention Center, Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we Mia Amor Mottley n’itsinda ry’abayobozi muri Barbados bazanye mu Rwanda, ubwo basozaga uruzinduko rwabo.

Ni igikorwa cyaranzwe no kugaragaza ko Ibihugu byombi byishimiye intambwe iri guterwa mu mubano n’ubucuti byabyo ndetse ko byifuza ko urushaho gutera imbere.

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko u Rwanda rwifuza ko Abanyarwanda n’Abanya-Barbadoa bagenderena nta nkomyi bityo ko hakenewe uburyo bworohereza ingendo.

Yagize ati “Ndizera ko Umuyobozi wa RwandAir ari hano cyangwa ari kutwumva aho ari hose, turifuza kubona RwandAir itujyana muri Barbados ikanatugarura hano mu Rwanda ndetse no mu bindi bice mu rwego rwo koroshya urujya n’uruza hagati ya Afurika b’Ibirwa bya Caraïbes.”

Minisitiri w’Intebe wa Barbados, Mia Amor Mottley yashimye Perezida Paul Kagame ku buhanga n’ubunararibonye yamubonanye.

Ati “Kuva ubwo nakubonaga ubushize, nakomeje kuzirikana ibigwi byawe, ni yo mpamvu nshaka kukubwira ko kongera kukubona, ni ibihe bidasanzwe byankoze ku mutima kuko uri intwari ikomeye ni yo mpamvu nifuje kugushimira muri uyu mugoroba kuko wakoze ibikorwa by’indashyikirwa byo kugeza iki Gihugu aho kigeze ubu nyuma y’amajye yabayeho mu binyacumi bicye bishize.”

Mia Amor Mottley yakomeje avuga ko ku batibonera ibyagezweho mu Rwanda, bakwiye kumenya ko ari ibitangaza abantu badashobora kwiyumvisha ko bishoboka.

Yavuze kandi ko umubano n’imikoranire hagati y’Ibihugu byombi uzabifasha kugera kuri byinshi bifatanyije kandi ko asezeranya abaturage babyo ko bazarushaho kugera kuri byiza byinshi.

Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Intebe wa Barbados

 

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda n’Abanya-Barbados bifuza kugenderana

Yamwakiriye ku meza
Mia Amor Mottley yashimye byimazeyo Perezida Kagame

Abayobozi ku mpande zombi bishimiye umubano w’Ibihugu byombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 1 =

Previous Post

Ibyakurikiye amashusho y’umunyeshuri w’umuzungukazi wahohoteye uw’umwiraburakazi birababaje

Next Post

Minisitiri wayoboye ibiganiro by’u Rwanda na DRCongo yaje i Kigali avuye i Goma

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri wayoboye ibiganiro by’u Rwanda na DRCongo yaje i Kigali avuye i Goma

Minisitiri wayoboye ibiganiro by’u Rwanda na DRCongo yaje i Kigali avuye i Goma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.