Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akuzuye umutima…: U Rwanda na Barbados bahamije ubucuti (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
11/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Akuzuye umutima…: U Rwanda na Barbados bahamije ubucuti (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame wakiriye Minisitiri w’Intebe wa Barbados n’abayobozi bazanye mu Rwanda, yavuze ko Abanyarwanda bifuza kugenderana bihoraho n’Abanya-Barbados, na we amushimira ibikorwa by’indashyikirwa yagejeje ku Banyarwanda.

Muri iki cyumweru, Igihugu cy’u Rwanda n’icya Barbados byashimangiye ubucuti, uretse uruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe wa Barbados, Mia Amor Mottley, Ibihugu byombi byanasinye amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye.

Ni amasezerano agamije guhamya ubucuti hagati y’ibi Bihugu byombi bisangiye kuba ari bito mu buso ariko kandi byombi bikaba bikomeje kugaragaza kwishakamo ibisubizo no kutagamburuzwa mu byo byiyemeza.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 10 Ugushyingo 2022, muri Kigali Convention Center, Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we Mia Amor Mottley n’itsinda ry’abayobozi muri Barbados bazanye mu Rwanda, ubwo basozaga uruzinduko rwabo.

Ni igikorwa cyaranzwe no kugaragaza ko Ibihugu byombi byishimiye intambwe iri guterwa mu mubano n’ubucuti byabyo ndetse ko byifuza ko urushaho gutera imbere.

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko u Rwanda rwifuza ko Abanyarwanda n’Abanya-Barbadoa bagenderena nta nkomyi bityo ko hakenewe uburyo bworohereza ingendo.

Yagize ati “Ndizera ko Umuyobozi wa RwandAir ari hano cyangwa ari kutwumva aho ari hose, turifuza kubona RwandAir itujyana muri Barbados ikanatugarura hano mu Rwanda ndetse no mu bindi bice mu rwego rwo koroshya urujya n’uruza hagati ya Afurika b’Ibirwa bya Caraïbes.”

Minisitiri w’Intebe wa Barbados, Mia Amor Mottley yashimye Perezida Paul Kagame ku buhanga n’ubunararibonye yamubonanye.

Ati “Kuva ubwo nakubonaga ubushize, nakomeje kuzirikana ibigwi byawe, ni yo mpamvu nshaka kukubwira ko kongera kukubona, ni ibihe bidasanzwe byankoze ku mutima kuko uri intwari ikomeye ni yo mpamvu nifuje kugushimira muri uyu mugoroba kuko wakoze ibikorwa by’indashyikirwa byo kugeza iki Gihugu aho kigeze ubu nyuma y’amajye yabayeho mu binyacumi bicye bishize.”

Mia Amor Mottley yakomeje avuga ko ku batibonera ibyagezweho mu Rwanda, bakwiye kumenya ko ari ibitangaza abantu badashobora kwiyumvisha ko bishoboka.

Yavuze kandi ko umubano n’imikoranire hagati y’Ibihugu byombi uzabifasha kugera kuri byinshi bifatanyije kandi ko asezeranya abaturage babyo ko bazarushaho kugera kuri byiza byinshi.

Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Intebe wa Barbados

 

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda n’Abanya-Barbados bifuza kugenderana

Yamwakiriye ku meza
Mia Amor Mottley yashimye byimazeyo Perezida Kagame

Abayobozi ku mpande zombi bishimiye umubano w’Ibihugu byombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − 1 =

Previous Post

Ibyakurikiye amashusho y’umunyeshuri w’umuzungukazi wahohoteye uw’umwiraburakazi birababaje

Next Post

Minisitiri wayoboye ibiganiro by’u Rwanda na DRCongo yaje i Kigali avuye i Goma

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri wayoboye ibiganiro by’u Rwanda na DRCongo yaje i Kigali avuye i Goma

Minisitiri wayoboye ibiganiro by’u Rwanda na DRCongo yaje i Kigali avuye i Goma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.