Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri wayoboye ibiganiro by’u Rwanda na DRCongo yaje i Kigali avuye i Goma

radiotv10by radiotv10
11/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Minisitiri wayoboye ibiganiro by’u Rwanda na DRCongo yaje i Kigali avuye i Goma
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ibyumweru bibiri avuye mu Rwanda, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola wanayoboye ibiganiro byahuje bagenzi be b’u Rwanda na DRCongo mu cyumweru gishize, yagarutse i Kigali nyuma yuko anagiriye uruzinduko mu mujyi wa Goma muri Congo.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 10 Ugushyingo 2022, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, António Tete yatangaje ko yageze i Kigali.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, António Tete yavuze ko “yaje mu Rwanda mu gutegura uruzinduko rwa Perezida wa Angola João Manuel Gonçalves Lourenço uzaza guhura na nyakubahwa Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.”

António Tete aje mu Rwanda nyuma y’iminsi micye ayoboye ibiganiro byahuje Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta na mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Christophe Lutundula.

Ibi biganiro byabereye i Luanda muri Angola mu mpera z’icyumweru gishize tariki 05 Ugushyingo 2022, byemerejwemo ko Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zongera kuganira mu rwego rwo gushaka umuti w’ibibazo biri mu mubano w’Ibihugu byombi.

António Tete kandi yaje i Kigali nyuma yo kugirira uruzinduko mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho yanabonanye n’urwego rwa gisirikare rw’Umuryango w’Akarere k’Ibiyaga bigari rwashyiriweho kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro y’i Luanda.

Yavuze ko uru ruzinduko rwe mu mujyi wa Goma rwari rugamije kwerekana Lt Gen Nassone Joao ugiye kuyobora uru rwego.

António Tete yashimiye Guverineri w’Urwego rwa Gisirikare ruyoboye Intara ya Kivu ya Ruguru ku bwo kumwakira neza.

Mu byumweru bibiri bishize kandi, António Tete yari yagiriye uruzinduko mu Rwanda akubutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho yakirwa na Perezida Paul Kagame nyuma yo guhura na Perezida Felix Tshisekedi.

Yageze i Kigali mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane

Ku wa Gatatu tariki 09 Ugushyingo yari i Goma 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 17 =

Previous Post

Akuzuye umutima…: U Rwanda na Barbados bahamije ubucuti (AMAFOTO)

Next Post

Reka nkorakore kuri ibyo bibero- Igisupusupu agarukanye indirimbo yumvikanamo inzongamubiri

Related Posts

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

Hamenyekanye igihe umunyapolitiki Ingabire Victoire azagerezwa imbere y’Urukiko

Hamenyekanye igihe umunyapolitiki Ingabire Victoire azagerezwa imbere y’Urukiko

by radiotv10
07/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza ukurikiranyweho ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, azagezwa imbere y’Urukiko kuri uyu wa Kabiri kugira ngo aburane...

IZIHERUKA

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo
IMIBEREHO MYIZA

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Reka nkorakore kuri ibyo bibero- Igisupusupu agarukanye indirimbo yumvikanamo inzongamubiri

Reka nkorakore kuri ibyo bibero- Igisupusupu agarukanye indirimbo yumvikanamo inzongamubiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.