Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Banze kugenda batamenye aho icyayi cyabanuriye gituruka bajya kukisoromera

radiotv10by radiotv10
10/02/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
AMAFOTO: Banze kugenda batamenye aho icyayi cyabanuriye gituruka bajya kukisoromera
Share on FacebookShare on Twitter

Abahoze ari abakinnyi ba Arsenal, Ray Parlour na Robert Pires bamaze iminsi bari mu Rwanda, bagaragaye basoroma icyayi mu murima wacyo, bagaragaza akanyamuneza batewe n’iki gikorwa.

Ray Parlour na Robert Pires bamaze iminsi bari mu Rwanda, basuye ibikorwa bitandukanye birimo ibyiza nyaburanga nko muri Pariki y’Igihugu ya Nyungwe.

Aho bari bamaze iminsi mu Ntara y’Iburengerazuba, banagiye mu murima w’icyayi, ubundi bashyira udukangara mu mugongo basoroma icyayi; ibisanzwe bimenyerewe ku basanzwe bakora akazi ko gusoroma icyayi.

Ni igikorwa cyashimishije benshi babonye amafoto y’aba banyabigiwi muri ruhango y’Isi, bavuga ko biteye akanyamuneza kubabona bari mu murima w’icyayi bagisoroma.

Uwitwa Rengerurwanda Jean Bernard yagize ati “Wao, ibi biratangaje. Igihugu cyacu gikomeje kubengerana mu mboni z’aba bantu.”

Uwitwa Hategekimana Patrice na we yagize ati “Biratangaje kuri aba bashyitsi basoromye icyayi.”

Kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Gashyantare 2022, Ray Parlour na Robert Pires banabonanye n’abafana ba Arsenal, baganira ku ikipe bihebeye n’uburyo ikomeje kugaruka mu bihe byiza.

Aba banyabigwi muri ruhago n’abo mu miryango yabo kandi banakiriwe na Perezida Paul Kagame mu biro bye muri Village Urugwiro.

Perezida Paul Kagame kandi na we asanzwe akunda ikipe ya Arsenal yahoze ikinamo aba bagabo, aho yanakunze kugaragaza ko atishimiye umusaruro watangagwa n’iyi kipe mu minsi ishize ubwo yari iri mu bihe bibi byo gutsindwa.

Bagiye mu murima gusoroma icyayi
Bishimiye ibi bihe bidasanzwe

Banahuye n’abafana ba Arsenal bo mu Rwanda baganira ku ikipe yabo

Bakiriwe na Perezida Paul Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Umushoferi w’Imbangukiragutabara wafotowe yapakiyemo inanasi yagejejwe imbere y’urukiko rurwanya ruswa

Next Post

Icyo Perezida Kagame yasubije Muhoozi ku byavuzwe ko umwanditsi Rukirabashaija yahungiye mu Rwanda

Related Posts

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

IZIHERUKA

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi
MU RWANDA

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

02/12/2025
AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

02/12/2025
Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

02/12/2025
BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Perezida Kagame yasubije Muhoozi ku byavuzwe ko umwanditsi Rukirabashaija yahungiye mu Rwanda

Icyo Perezida Kagame yasubije Muhoozi ku byavuzwe ko umwanditsi Rukirabashaija yahungiye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.