Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Amagambo yuzuye imbamutima y’umuhanzi Nyarwanda wahishuye ikibazo amaranye umwaka cyamuhinduye isura

radiotv10by radiotv10
24/10/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Amagambo yuzuye imbamutima y’umuhanzi Nyarwanda wahishuye ikibazo amaranye umwaka cyamuhinduye isura
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Munyaneza Confiance uzwi nka Confy uri mu bagezweho mu Rwanda, yatangaje ko amaze umwaka n’igice abana n’ikibazo cyitwa vitiligo gituma uruhu ruzana amabara adasanzwe, avuga ko amaze kubyakira, kandi ko yifuza ko n’abandi bafite iki kibazo biyakira, bagaterwa ishema n’abo bari bo.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, yagize ati “Umwaka n’igice birashize mbana na vitiligo idasanzwe ari indwara ahubwo ni uburyo uruhu ruzana amabara yera cyangwa yirabura ku ruhu rwanjye.”

Confy yakomeje avuga ko ubu asigaye yireba mu kirori akabona ari ibisanzwe ndetse ari akarangabwiza aho kuba ikibazo.

Yakomeje avuga ko kubana n’iki kibazo cya vitiligo byabanje kumubera urugendo rurerure, ariko ko yageze aho akabyakira ndetse na we ubwe akiyakira.

Ati “Bigitangira nagize ubwoba ku mpinduka z’uruhu rwanjye zariho zimbaho, ariko uko ibihe byagiye bitambuka, nasanze ari nk’ikirango gishya cy’umwihariko wanjye.”

Confy yakomeje avuga ko kuba akomeje kwiyakira kubera iki kibazo cya vitiligo, ndetse no kubisangiza abantu, bishobora kubera urugero abandi bafite ikibazo nk’icye, na bo bakiyakira.

Ati “Ntabwo bikwiye kuba umutwaro ku ruhu rwacu ahubwo dukwiye kubyakira mu mitima yacu, tukemera kuba abo turi bo.”

Confy yatangaje ko yiyemeje kwinjira mu bukangurambaga bwo kumvisha abantu bafite imyumvire yo kunnyega abafite iki kibazo, kubihagarika, ariko by’umwihariko n’abagifite bakemera kwiyakira.

Ati “Vitiligo ntabwo ari umutwaro ahubwo ni igice cy’akarangabwiza cy’uwo ndiwe. Nemeye kubyerekana nshize amanga.”

Confy yavuze ko yamaze kwiyakira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Undi mutoza wirukanywe n’ikipe yo Rwanda ahise abivugaho ubutumwa butangaje

Next Post

Kigali: Ibyagaragaye ahabonetse umurambo w’umusore byatumye hari igikekwa

Related Posts

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma y’amaze abiri agaragaje umukunzi we akanamwambika impeta y’urukundo amusaba ko bazashyingiranwa,umuhanzi Niyo Bosco yashyize hanze amataliki y’ubukwe. “Imana izaha...

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man, na Kalisa John uzwi nka K John, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano n’umukunzi...

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwataye muri yombi abandi bantu babiri barimo umunyamakuru Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni...

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

by radiotv10
24/11/2025
0

Dosiye iregwamo abakurikiranyweho ibifitanye isano n’isakara ry’amashusho y’urukozasoni y’Umuhanzi Yampano n’umukunzi we, yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha, ndetse hakaba haratawe muri yombi...

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

by radiotv10
22/11/2025
0

Murindahabi Irene usanzwe areberera inyungu abaririmbyi Vestine na Dorcas, yavuze ko ubutumwa buherutse gutambuka ku rubuga nkoranyambaga rw’umwe muri aba...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Ibyagaragaye ahabonetse umurambo w’umusore byatumye hari igikekwa

Kigali: Ibyagaragaye ahabonetse umurambo w’umusore byatumye hari igikekwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.