• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu Ngimbi noneho Umunyarwanda abasha gusoza

radiotv10by radiotv10
26/09/2025
in SIPORO
0
Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu Ngimbi noneho Umunyarwanda abasha gusoza
Share on FacebookShare on Twitter

Umwongereza Harry Hudson w’imyaka 17 yegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu ngimbi z’abatarengeje imyaka 19 mu cyiciro cyo gusiganwa mu muhanda, noneho Umunyarwanda yabashije gusoza.

Ni icyiciro cyakinwe kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Nzeri 2025, cyari gifite intera y’ibilometero 119,3, cyarimo udurera twa metero 2 435.

Uyu Mwongereza Harry Hudson wegukanye iyi shampiyona, yakoresheje amasaha 2:55’ 19’’, mbere yuko yatatse abakinnyi ubwo bari mu bilometero 36 bya nyuma, yanayoboye kuva ubwo yavaga mu gikundi cyari imbere, akaza kugera kuri Kigali Convention Center ayoboye.

Umukinnyi wa kabiri yabaye Umufaransa Johan Blanc wahageze asigwa amasegonda 16’’ n’uyu Mwongereza, akaba yahagereye rimwe n’Umunya-Pologne, Jackowiak Jan Michal wegukanye umwanya wa gatatu.

Iri siganwa ryatangiye abasiganwa ari 141 bo mu Bihugu 71, ababashije gusoza ntibageze no muri 1/2, kuko ababashije kurangiza ari 66, barimo Umunyarwanda umwe Ntirenganya Moise wari unakinnye Shampiyona y’Isi ku nshuro ye ya kabiri, ariko umwaka ushize wa 2024 ubwo yari i Zurich akaba atarabashije gusoza.

Naho abandi bakinnyi 75 barimo n’Umunyarwanda Nkurikiyinka Jackson, ntibabashije gusoza iri rushanwa, aho we yacumbikiye kuri lap ya gatanu.

Ntibikunze kubaho ko Umunyarwanda abasha gusoza muri iri siganwa rya Shampiyona y’Isi, ndetse no ku munsi w’ejo ubwo hakinwaga icyiciro cy’abakobwa batarengeje imyaka 23, nta Munyarwanda wabashije kurangira, kimwe n’abandi Banyafurika benshi.

Ubwo abakinnyi bari bagiye gutangira mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu nubwo benshi bacumbikiyemo hagati
Ubwo bari bahagurutse
Hudson ubwo yarebaga imbere ye aho agiye gusoreza
Harry Hudson w’imyaka 17 ubwo yageraga ku murondo wo gusorezaho

Umufaransa n’Umunya-Pologne ubwo na bo bari bahasesekaye
Umunyarwanda Ntirenganya Moise na we ari mu babashije gusoza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − two =

Previous Post

Ubutumwa Kamerhe yahaye uwamusimbuye ku Buyobozi bw’Inteko ya Congo bwagarutse kuri Tshisekedi

Next Post

Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.