Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amajyepfo: Abarokotse bavuga ko ubuyobozi bubahatira kwiyunga n’ababahotera aho kubajyana mu butabera

radiotv10by radiotv10
24/04/2022
in MU RWANDA
0
Amajyepfo: Abarokotse bavuga ko ubuyobozi bubahatira kwiyunga n’ababahotera aho kubajyana mu butabera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu barokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi batuye mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko n’ubwo hari byinshi bimaze gukorwa mu rwego rwo guhabwa ubutabera ariko hakiri imbaraga nke mu guhana ababakorera ibikorwa bibi by’ingengabitekerezo kuko hari ababikorerwa bakabahatira kwiyunga.

Aba barokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi bo mu Ntara y’Amajyepfo, bagaragaza ko hari bamwe babahohotera mu buryo bunyuranye nko kubabwira amagambo ashengura umutima cyangwa kwangiza ibikorwa byabo nko gutema amatungo yabo no kurandura imyaka yabo.

Bavuga ko hari ubwo bagaragariza inzego ibi bibazo ariko ntibubihe ubureme bikwiye nyamara ngo hari ibimenyetso byigaragaza.

Umwe yagize ati “Ni gute ushobora gusanga ihene yawe bayitemye wagiye kuyizirika hanze cyangwa se ugasanga intsina zawe bazigushe kiracyari ntoya, kandi abayobozi tukabibabwira ariko bikarangira gutyo n’uwo muntu ntazamenyekane.”

Uyu muturage warokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, avuga ko hari bamwe mu bagenzi babo babayeho mu bwoba kubera ibi bikorwa bibi bakorerwa ariko ababibakoreye ntibabiryozwe, bakavuga ko bishobora kuzatuma banakorerwa ibirenze ibi kuko ababikoze baba batagizweho ingaruka n’ibyo bakoze.

Ati “Tubayeho mu bwoba ariko kandi twizeye ko na Leta yacu idukunda iratuzi. Ibyo bintu bajye babikurikirana. Turacyafite abantu bafite udusigisigi kandi abayobozi bamwe wabibabwira bagasa nk’ababirenzago. Nibareke tube umwe kuko ibyavuye muri Jenoside ntawe bitagizeho ingaruka.”

Icyakora aba baturage bavuga ko Abanyarwanda benshi bamaze gusobanukirwa ububi bw’ingengabitekerezo ku buryo iyo hagize uvuga amagambo yumvikanamo ingengabitekerezo ya Jenoside, bahagurukira rimwe bakamwamagana.

Undi muturage ati “Nk’ubu hari uherutse kumbwira ibintu, ariko natunguwe no kuba abantu barahise bamwira ngo ‘ayo makuru uyakuye he ubundi?’ nashimishijwe nuko bagenzi be bamubwiye bati ‘ayo makuru uyakuye he?, uyazanye ute?’ bose abakuru n’abato n’urubyiruko baramubwira bati ‘ibyo uvuze wabisubiramo?’.”

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry aherutse kubwira Radio 10 ko mu cyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi, uru rwego rwakiriye dosiye 53 z’ingengabitekerezo ya Jenoside zikurikiranywemo abantu 68.

Dr Murangira yavuze ko abagabo ari bo biganje mu bakekwaho iki cyaha cy’ingengabitekerezo kuko abagaragaye muri kiriya cyumweru, 44 ari igitsinagabo bangana na 64,7% mu gihe abagore bari 15 bangana na 22,1% mu gihe abandi bangana na 13,2% bari bataramenyekana.

Pacifique NTAKIRUTIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 12 =

Previous Post

Rutsiro: Batatu bikoreye imyenda ya magendu bafashwe bari kwihishahisha mu kivunge

Next Post

Ambasaderi w’Umuryango w’u Burayi yatunguye benshi agaragaza ko we n’abana be bihebeye Rayon

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ambasaderi w’Umuryango w’u Burayi yatunguye benshi agaragaza ko we n’abana be bihebeye Rayon

Ambasaderi w’Umuryango w’u Burayi yatunguye benshi agaragaza ko we n’abana be bihebeye Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.