Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amajyepfo: Abarokotse bavuga ko ubuyobozi bubahatira kwiyunga n’ababahotera aho kubajyana mu butabera

radiotv10by radiotv10
24/04/2022
in MU RWANDA
0
Amajyepfo: Abarokotse bavuga ko ubuyobozi bubahatira kwiyunga n’ababahotera aho kubajyana mu butabera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu barokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi batuye mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko n’ubwo hari byinshi bimaze gukorwa mu rwego rwo guhabwa ubutabera ariko hakiri imbaraga nke mu guhana ababakorera ibikorwa bibi by’ingengabitekerezo kuko hari ababikorerwa bakabahatira kwiyunga.

Aba barokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi bo mu Ntara y’Amajyepfo, bagaragaza ko hari bamwe babahohotera mu buryo bunyuranye nko kubabwira amagambo ashengura umutima cyangwa kwangiza ibikorwa byabo nko gutema amatungo yabo no kurandura imyaka yabo.

Bavuga ko hari ubwo bagaragariza inzego ibi bibazo ariko ntibubihe ubureme bikwiye nyamara ngo hari ibimenyetso byigaragaza.

Umwe yagize ati “Ni gute ushobora gusanga ihene yawe bayitemye wagiye kuyizirika hanze cyangwa se ugasanga intsina zawe bazigushe kiracyari ntoya, kandi abayobozi tukabibabwira ariko bikarangira gutyo n’uwo muntu ntazamenyekane.”

Uyu muturage warokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, avuga ko hari bamwe mu bagenzi babo babayeho mu bwoba kubera ibi bikorwa bibi bakorerwa ariko ababibakoreye ntibabiryozwe, bakavuga ko bishobora kuzatuma banakorerwa ibirenze ibi kuko ababikoze baba batagizweho ingaruka n’ibyo bakoze.

Ati “Tubayeho mu bwoba ariko kandi twizeye ko na Leta yacu idukunda iratuzi. Ibyo bintu bajye babikurikirana. Turacyafite abantu bafite udusigisigi kandi abayobozi bamwe wabibabwira bagasa nk’ababirenzago. Nibareke tube umwe kuko ibyavuye muri Jenoside ntawe bitagizeho ingaruka.”

Icyakora aba baturage bavuga ko Abanyarwanda benshi bamaze gusobanukirwa ububi bw’ingengabitekerezo ku buryo iyo hagize uvuga amagambo yumvikanamo ingengabitekerezo ya Jenoside, bahagurukira rimwe bakamwamagana.

Undi muturage ati “Nk’ubu hari uherutse kumbwira ibintu, ariko natunguwe no kuba abantu barahise bamwira ngo ‘ayo makuru uyakuye he ubundi?’ nashimishijwe nuko bagenzi be bamubwiye bati ‘ayo makuru uyakuye he?, uyazanye ute?’ bose abakuru n’abato n’urubyiruko baramubwira bati ‘ibyo uvuze wabisubiramo?’.”

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry aherutse kubwira Radio 10 ko mu cyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi, uru rwego rwakiriye dosiye 53 z’ingengabitekerezo ya Jenoside zikurikiranywemo abantu 68.

Dr Murangira yavuze ko abagabo ari bo biganje mu bakekwaho iki cyaha cy’ingengabitekerezo kuko abagaragaye muri kiriya cyumweru, 44 ari igitsinagabo bangana na 64,7% mu gihe abagore bari 15 bangana na 22,1% mu gihe abandi bangana na 13,2% bari bataramenyekana.

Pacifique NTAKIRUTIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 19 =

Previous Post

Rutsiro: Batatu bikoreye imyenda ya magendu bafashwe bari kwihishahisha mu kivunge

Next Post

Ambasaderi w’Umuryango w’u Burayi yatunguye benshi agaragaza ko we n’abana be bihebeye Rayon

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ambasaderi w’Umuryango w’u Burayi yatunguye benshi agaragaza ko we n’abana be bihebeye Rayon

Ambasaderi w’Umuryango w’u Burayi yatunguye benshi agaragaza ko we n’abana be bihebeye Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.