Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Amakipe atatu yishyize hamwe asaba ko FERWAFA yisubiraho ku cyemezo yayifatiye

radiotv10by radiotv10
17/11/2021
in SIPORO
0
Amakipe atatu yishyize hamwe asaba ko FERWAFA yisubiraho ku cyemezo yayifatiye
Share on FacebookShare on Twitter

Amakipe atatu; Marine FC, Rutsiro FC na Etincelles yandikiye Minisiteri ya Siporo ayisaba kubwira Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) gukuraho icyemezo cyo kutakirira imikino kuri stade Umuganda ngo kuko yangijwe n’imitingito.

Nyuma y’uko Ishyiramwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA risabye aya makipe kuba zamaze kwerekana ikibuga zizakiriraho imikino ya shampiona bitarenze tariki ya 17 Ugushyingo 2021, umunsi umwe nyuma yo guhagarika stade Umuganda, babinyujije mu karere ka Rubavu, aya makipe yamaze kwandikira MINISIPORTS ayisaba gusaba FERWAFA kwisubiraho.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Ugushyingo 2021, ikipe za Marines FC, Rutsiro FC na Etincelles FC zari zishyize hamwe zandikira Akarere ka Rubavu zisaba ko zakorerwa ubuvugizi muri Minisiteri ya Siporo na FERWAFA bakaba babareka bagakomeza kwakirira imikino yabo kuri stade Umuganda.

Aya makipe yavugaga ko iyi Stade nubwo hari bimwe mu bice byayo byangiritse ariko ikibuga kitangiritse ndetse n’ibyumba 2 abakinnyi bambariramo bikaba ari bizima.

Muri iyi baruwa bari banavuze ko n’aho abafana bicara hatangiritse nubwo imikino aya makipe aheruka kwakirira kuri iyi stade nta bafana bari bemerewe kuyireba.

Mbere yo guhagarika iyi Stade, Minisiteri ya Siporo yari yasohoye urutonde rwa Stade 17 zemerewe kwakira imikino y’imbere mu gihugu no kwakira abafana zirimo iyi Umuganda yo byavugwaga ko ari iby’agateganyo.

Nyuma hakozwe isuzuma ryanzuye ko iyi stade idakwiye gukomeza gukinirwaho ihita ihagarikwa.

Ikipe ya Marine yagombaga kwakira Mukura kuri uyu wa Gatanu mu gihe Etincelles yari kwakira APR FC ariko iyi mikino yose ntikibereye kuri stade Umuganda.

Stade Umuganda iri mu bikorwa remezo byangiritse nyuma y’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo ryateje imitingito yangije ibikorwa binyuranye mu Karere ka Rubavu.

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + ten =

Previous Post

Mango 4G yahakanye ibyo kwirukana umukozi wayo imuziza ko atwite

Next Post

Rashid yabwiye Urukiko ko yakorewe iyicarubozo ryo mu mutwe

Related Posts

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

by radiotv10
07/11/2025
0

Shampiyona ya volleyball irakomeza ku munsi wayo wa kane, imikino ibera muri Gymnase nshya iri muri Sainte Famille mu mujyi...

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Umunyamakuru Isaac Rabbin Imani uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda, wamaze gusezera igitangazamakuru yakoreraga yari amazeho imyaka ine, hamenyekanye...

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryagennye umusifuzi ukiri muto utaranasifura imikino myinshi, kuzayobora umukino wa Derby y’u Rwanda, uzahuza...

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo

by radiotv10
06/11/2025
0

Umusifuzi Karangwa Justin wanze igitego APR FC yari yatsinze Rutsiro FC mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa Shampiyona, avuga ko...

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

by radiotv10
06/11/2025
0

Ikipe ya El Merreikh yo muri Sudan iri kumwe n’umutoza wayo Darko Novic watozaga APR FC umwaka w'imikino ushize, yageze...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rashid yabwiye Urukiko ko yakorewe iyicarubozo ryo mu mutwe

Rashid yabwiye Urukiko ko yakorewe iyicarubozo ryo mu mutwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.