Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agezweho ku bacancuro b’Abanyaburayi banyujijwe mu Rwanda nyuma kumanikira amaboko M23

radiotv10by radiotv10
01/02/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho ku bacancuro b’Abanyaburayi banyujijwe mu Rwanda nyuma kumanikira amaboko M23
Share on FacebookShare on Twitter

Abacancuro barenga 200 bakomoka mu Gihugu cya Romania, baherutse gushyikirizwa u Rwanda nyuma yo gukubitwa incuro n’umutwe wa M23 mu mujyi wa Goma aho bafashaga FARDC, batashye iwabo.

Aba bacancuro bashyikirijwe u Rwanda ku wa Gatatu w’iki cyumweru tariki 29 Mutarama 2025, nyuma yuko bamanitse amaboko mu mirwano bari baragiyemo gufasha Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu rugamba gihanganyemo n’umutwe wa M23.

Aba bacancuro babanje kwishyikiriza Ingabo ziri mu Butumtwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu burasirazuba bwa DRC (MONUSCO), binjiye mu Rwanda bakirwa n’inzego z’umutekano zarwo, zabanje kubasaka ngo batagira ibyo binjirana byahungabanya Abanyarwanda.

Amakuru dukesha Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru RBA, ni uko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 01 Gashyantare 2025, bafashe rutemikirere ku kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, berecyeza iwabo.

Aba bacancuro mbere yo gushyikirizwa u Rwanda, banabanje guhabwa isomo n’Umutwe wa M23 bari baraje kuwanya bafatanyije na FARDC, aho umwe muri bo yagaragaye mu mashusho ahabwa ubutumwa n’umuvugizi wa M23, Col Willy Ngoma, wamubwiye ko bibabaje “kuba muhembwa ibihumbi umunani by’amadolari, ariko umusirikare w’Igihugu akaba atanahembwa amadolari ijana.”

Col Willy Ngoma kandi yasabye uyu mucancuro kimwe na bagenzi be ndetse n’abandi bose ku Isi, ko badakwiye kuza guteza akaduruvayo mu Bihugu bya Afurika bitwaje ko Ibihugu byabo byari byarigize bya gashakabuhake bikumva ko byakomeza gukoloniza Abanyafurika.

Aya mashusho atarigeze atambuka mu bitangazamakuru mpuzamahanga, agaragaza ko abanyaburayi batagifite ubudahangarwa bw’ikirenga bwo kumva ko basumba Abanyafurika, aho uyu mucancuro w’Umunyaburayi yabaye nk’ugaraguzwa agati na Col Willy Ngoma wamuhaga amabwiriza y’igihano nk’ibimenyerewe mu gisirikare, aho yamusabye kwicara hasi akarambura amaguru, ubundi akayasobekeranya, agashyira amaboko ku mutwe.

Bamwe muri aba bacancuro bagaragazaga ikimwaro n’isoni byinshi, bavuze ko gutsindwa k’uruhande rwabo, byaturutse kuri ba Komanda ba FARDC, badashoboye imiyoborere mu bya gisirikare.

Amakuru yagiye hanze, yemeza ko aba bacancuro bahembwaga ari hagati ya 3 000 USD na 5 000 USD kuri buri umwe, buri kwezi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + two =

Previous Post

Menya andi matorero asengerwamo yafunzwe mu Rwanda n’impamvu

Next Post

Nyaruguru: Hafashwe abakekwaho guteza umutekano mucye hahita hatangwa ubutumwa ku bandi babitekereza

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyaruguru: Hafashwe abakekwaho guteza umutekano mucye hahita hatangwa ubutumwa ku bandi babitekereza

Nyaruguru: Hafashwe abakekwaho guteza umutekano mucye hahita hatangwa ubutumwa ku bandi babitekereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.