Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agezweho ku bacancuro b’Abanyaburayi banyujijwe mu Rwanda nyuma kumanikira amaboko M23

radiotv10by radiotv10
01/02/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho ku bacancuro b’Abanyaburayi banyujijwe mu Rwanda nyuma kumanikira amaboko M23
Share on FacebookShare on Twitter

Abacancuro barenga 200 bakomoka mu Gihugu cya Romania, baherutse gushyikirizwa u Rwanda nyuma yo gukubitwa incuro n’umutwe wa M23 mu mujyi wa Goma aho bafashaga FARDC, batashye iwabo.

Aba bacancuro bashyikirijwe u Rwanda ku wa Gatatu w’iki cyumweru tariki 29 Mutarama 2025, nyuma yuko bamanitse amaboko mu mirwano bari baragiyemo gufasha Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu rugamba gihanganyemo n’umutwe wa M23.

Aba bacancuro babanje kwishyikiriza Ingabo ziri mu Butumtwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu burasirazuba bwa DRC (MONUSCO), binjiye mu Rwanda bakirwa n’inzego z’umutekano zarwo, zabanje kubasaka ngo batagira ibyo binjirana byahungabanya Abanyarwanda.

Amakuru dukesha Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru RBA, ni uko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 01 Gashyantare 2025, bafashe rutemikirere ku kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, berecyeza iwabo.

Aba bacancuro mbere yo gushyikirizwa u Rwanda, banabanje guhabwa isomo n’Umutwe wa M23 bari baraje kuwanya bafatanyije na FARDC, aho umwe muri bo yagaragaye mu mashusho ahabwa ubutumwa n’umuvugizi wa M23, Col Willy Ngoma, wamubwiye ko bibabaje “kuba muhembwa ibihumbi umunani by’amadolari, ariko umusirikare w’Igihugu akaba atanahembwa amadolari ijana.”

Col Willy Ngoma kandi yasabye uyu mucancuro kimwe na bagenzi be ndetse n’abandi bose ku Isi, ko badakwiye kuza guteza akaduruvayo mu Bihugu bya Afurika bitwaje ko Ibihugu byabo byari byarigize bya gashakabuhake bikumva ko byakomeza gukoloniza Abanyafurika.

Aya mashusho atarigeze atambuka mu bitangazamakuru mpuzamahanga, agaragaza ko abanyaburayi batagifite ubudahangarwa bw’ikirenga bwo kumva ko basumba Abanyafurika, aho uyu mucancuro w’Umunyaburayi yabaye nk’ugaraguzwa agati na Col Willy Ngoma wamuhaga amabwiriza y’igihano nk’ibimenyerewe mu gisirikare, aho yamusabye kwicara hasi akarambura amaguru, ubundi akayasobekeranya, agashyira amaboko ku mutwe.

Bamwe muri aba bacancuro bagaragazaga ikimwaro n’isoni byinshi, bavuze ko gutsindwa k’uruhande rwabo, byaturutse kuri ba Komanda ba FARDC, badashoboye imiyoborere mu bya gisirikare.

Amakuru yagiye hanze, yemeza ko aba bacancuro bahembwaga ari hagati ya 3 000 USD na 5 000 USD kuri buri umwe, buri kwezi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + three =

Previous Post

Menya andi matorero asengerwamo yafunzwe mu Rwanda n’impamvu

Next Post

Nyaruguru: Hafashwe abakekwaho guteza umutekano mucye hahita hatangwa ubutumwa ku bandi babitekereza

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyaruguru: Hafashwe abakekwaho guteza umutekano mucye hahita hatangwa ubutumwa ku bandi babitekereza

Nyaruguru: Hafashwe abakekwaho guteza umutekano mucye hahita hatangwa ubutumwa ku bandi babitekereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.