Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agezweho ku bacancuro b’Abanyaburayi banyujijwe mu Rwanda nyuma kumanikira amaboko M23

radiotv10by radiotv10
01/02/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho ku bacancuro b’Abanyaburayi banyujijwe mu Rwanda nyuma kumanikira amaboko M23
Share on FacebookShare on Twitter

Abacancuro barenga 200 bakomoka mu Gihugu cya Romania, baherutse gushyikirizwa u Rwanda nyuma yo gukubitwa incuro n’umutwe wa M23 mu mujyi wa Goma aho bafashaga FARDC, batashye iwabo.

Aba bacancuro bashyikirijwe u Rwanda ku wa Gatatu w’iki cyumweru tariki 29 Mutarama 2025, nyuma yuko bamanitse amaboko mu mirwano bari baragiyemo gufasha Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu rugamba gihanganyemo n’umutwe wa M23.

Aba bacancuro babanje kwishyikiriza Ingabo ziri mu Butumtwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu burasirazuba bwa DRC (MONUSCO), binjiye mu Rwanda bakirwa n’inzego z’umutekano zarwo, zabanje kubasaka ngo batagira ibyo binjirana byahungabanya Abanyarwanda.

Amakuru dukesha Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru RBA, ni uko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 01 Gashyantare 2025, bafashe rutemikirere ku kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, berecyeza iwabo.

Aba bacancuro mbere yo gushyikirizwa u Rwanda, banabanje guhabwa isomo n’Umutwe wa M23 bari baraje kuwanya bafatanyije na FARDC, aho umwe muri bo yagaragaye mu mashusho ahabwa ubutumwa n’umuvugizi wa M23, Col Willy Ngoma, wamubwiye ko bibabaje “kuba muhembwa ibihumbi umunani by’amadolari, ariko umusirikare w’Igihugu akaba atanahembwa amadolari ijana.”

Col Willy Ngoma kandi yasabye uyu mucancuro kimwe na bagenzi be ndetse n’abandi bose ku Isi, ko badakwiye kuza guteza akaduruvayo mu Bihugu bya Afurika bitwaje ko Ibihugu byabo byari byarigize bya gashakabuhake bikumva ko byakomeza gukoloniza Abanyafurika.

Aya mashusho atarigeze atambuka mu bitangazamakuru mpuzamahanga, agaragaza ko abanyaburayi batagifite ubudahangarwa bw’ikirenga bwo kumva ko basumba Abanyafurika, aho uyu mucancuro w’Umunyaburayi yabaye nk’ugaraguzwa agati na Col Willy Ngoma wamuhaga amabwiriza y’igihano nk’ibimenyerewe mu gisirikare, aho yamusabye kwicara hasi akarambura amaguru, ubundi akayasobekeranya, agashyira amaboko ku mutwe.

Bamwe muri aba bacancuro bagaragazaga ikimwaro n’isoni byinshi, bavuze ko gutsindwa k’uruhande rwabo, byaturutse kuri ba Komanda ba FARDC, badashoboye imiyoborere mu bya gisirikare.

Amakuru yagiye hanze, yemeza ko aba bacancuro bahembwaga ari hagati ya 3 000 USD na 5 000 USD kuri buri umwe, buri kwezi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + ten =

Previous Post

Menya andi matorero asengerwamo yafunzwe mu Rwanda n’impamvu

Next Post

Nyaruguru: Hafashwe abakekwaho guteza umutekano mucye hahita hatangwa ubutumwa ku bandi babitekereza

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyaruguru: Hafashwe abakekwaho guteza umutekano mucye hahita hatangwa ubutumwa ku bandi babitekereza

Nyaruguru: Hafashwe abakekwaho guteza umutekano mucye hahita hatangwa ubutumwa ku bandi babitekereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.