Amakuru agezweho ku ikipe y’i Burundi yanze kwambara ‘Visit Rwanda’

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Bidasubirwaho, ikipe y’umukino wa Basketaball ya Dynamo Basketball Club yari yitabiriye irushanwa Nyafurika BAL riri kubera muri Afurika y’Epfo, yasezerewe nyuma yo guterwa mpaga ubugirakabiri kubera gutsimbarara ku cyemezo cyayo cyo kwanga kwambara umwambaro wanditseho ‘Visit Rwanda’ nk’umuterankunga w’imena.

Iyi kipe yari iherutse guterwa mpaga mu mpera z’icyumweru gishize ku Cyumweru tariki 10 Werurwe 2024 mu mukino wari kuyihuza na FUS Rabat yo muri Maroc.

Izindi Nkuru

Itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bwa BAL kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Werurwe 2024, rivuga ko iyi kipe yongeye guterwa mpaga mu mukino wari kuyihuza n’ikipe ya Petro de Luanda yo muri Angola, na bwo ikaba yanze kwambara umwambaro uriho uwo muterankunga mukuru.

Iri tangazo ryashyizwe hanze na Perezida wa BAL, Amadou Gallo Fall, rivuga ko iyi kipe ya Dynamo Basketball Club yakomeje kwanga kubahiriza amategeko ya Basketball Africa League (BAL) ndetse n’amabwiriza ajyanye n’umwambaro n’impuzankano, mu mukino wari uteganyijwe wagombaga kuyihuza na Petro de Luanda.”

Iri tangazo rikomeza rivuga ko “Hagendewe ku mategeko ya FIBA, guterwa mpaga ubugirakabiri mu irushanwa rimwe bituma iyi kipe ihita isezererwa.”

Ni mu gihe umukino wa mbere w’iyi kipe yaDynamo BBC yari yakinnye ku wa Gatandatu tariki 09 Werurwe 2024, yari yatsinzemo amanota 86-73 Cape Town Tigers yo muri Afurika y’Epfo, aho yari yawukinnye bahishe ijambo Visit Rwanda riba riri ku mwambaro imbere.

Iki cyemezo cyo guhisha iyo jambo kandi, cyari cyashimwe na Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga aho yari yashimiye iyi kipe uburyo iri guhesha ishema Igihugu.

Iyi kipe yari yitabiriye irushanwa rya BAL riri kubera muri Afurika y’Epfo

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru