Sunday, November 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Amakuru agezweho ku muhanzi Jose Chameleone umaze iminsi arembeye mu bitaro i Kampala

radiotv10by radiotv10
23/12/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Amakuru agezweho ku muhanzi Jose Chameleone umaze iminsi arembeye mu bitaro i Kampala
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’ikirangirire muri Uganda no muri Afurika, Jose Chameleone umaze iminsi arwariye mu Bitaro by’i Kampala muri Uganda, yabivanywemo ahita yerecyeza muri Leta Zunze Ubumwe za America kuvurirwayo.

Jose Chameleone yavuye mu Bitaro bya Nakasero mu Murwa Mukuru wa Uganda i Kampala, nyuma y’iminsi 11 arwariye muri ibi Bitaro.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Big Eye cyo muri Uganda, avuga ko Chameleone yavuye muri ibi Bitaro mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 23 Ukuboza 2024, agahita yerecyeza ku Kibuga cy’Indege, kugira ngo ahite ajyanwa muri Leta Zunze Ubumwe za America kwivurizwayo.

Amasho yagaragaye ubwo Jose Chameleone yasohoka muri ibi Bitaro bya Nakasero, yari kumwe n’abarimo umuhanzi mugenzi we Bebe Cool, wakomeje kumuba hafi muri ubu burwayi bwe.

Jose Chameleone azahita ajya kwivuriza mu Bitaro bya Allina health Mercy Hospital byo muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho azamara amezi atatu.

Ubwo Chameleone yajyanwaga kwa muganga, hari amakuru avuga ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yategetse ko avurwa mu buryo bwose bushoboka, ndetse ko ari na we watanze ubushobozi bwo kugira ngo ajye kuvurizwa muri America.

Uyu muhanzi ufite izina rikomeye muri Uganda no mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, amaranye iminsi indwara ifata inyama zo mu nda, yagiye ituma ajyanwa mu bitaro bya hato na hato.

Mu mpera z’icyumweru gishize, uyu muhanzi, yasuwe na mugenzi we w’ikirangirire muri Afurika, Umunya-Nigeria Rude Boy wahoze mu itsinda rya P.Square, aho yamusanze mu Bitaro, akanamusengera ngo Imana imworohereze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Amashimwe ni yose ku muhanzi Kenny Sol uri mu bakunzwe mu Rwanda (AMAFOTO)

Next Post

Ubutumwa Bruce Melodie yageneye umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda wagiye kumushyikigira

Related Posts

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

by radiotv10
08/11/2025
0

As 2026 approaches, it’s time for every young woman in Kigali to think about growth, not just in career, but...

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
08/11/2025
0

Looking stylish doesn’t have to mean spending a lot of money. In Kigali, fashion is becoming more creative and affordable...

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Alice Masinzo wahoze ari umunyamakuru kuri imwe muri radio zo mu Rwanda, yasangije abantu ibyishimo afite nyuma yo gusezerana n’umukunzi...

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

by radiotv10
04/11/2025
0

Ishimwe Naomie wabaye Miss w’u Rwanda wa 2020, yavuze ko mu rugendo rwo kwandika igitabo cye cya mbere yise ‘More...

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

by radiotv10
04/11/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Richard Nick Ngendahayo wari utegerejwe mu Rwanda yaherukagamo mu myaka 17, yahasesekaye. Uyu...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa Bruce Melodie yageneye umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda wagiye kumushyikigira

Ubutumwa Bruce Melodie yageneye umwe mu bagize Guverinoma y'u Rwanda wagiye kumushyikigira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.