Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agezweho ku rubanza rw’umusirikare wa RDF wishe abaturage batanu abarasiye mu kabari

radiotv10by radiotv10
06/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Amakuru agezweho ku rubanza rw’umusirikare wa RDF wishe abaturage batanu abarasiye mu kabari
Share on FacebookShare on Twitter

Sgt Minani Gervais wo mu Ngabo z’u Rwanda [ntarahamwa n’icyaha mu buryo bwa burundu ngo yamburwe amapeti] uherutse gukatirwa igihano cy’igifungo cya burundu ahamijwe kwica ku bushake abaturage batanu, ariko akajurira, yatangiye kuburanishwa mu bujurire.

Ni urubanza rwatangiye kumvwa n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, rwongeye kubera ahakorewe icyaha gikekwa kuri Sergeant Minani Gervais cyo kwica arashe abaturage batanu mu Kagari ka Rushyarara mu Murenge wa Karambi mu Karere ka Nyamasheke.

Ubu bujurire bwatangiye kuburanishwa kuri uyu wa Kane tariki 06 Gashyantare 2025 nyuma y’amezi abiri akatiwe igihano cyo gufungwa burundu.

Uregwa ahawe umwanya ngo asobanure impamvu z’ubujurire bwe, we n’umunyamategeko we Me Muligande Jean Claude, bavuze ko Urukiko rwafashe icyemezo cya mbere, hari byinshi rwirengagije.

Uruhande rw’uregwa wari wabanje kuburana mbere atunganiwe kuko umunyamategeko we yari yikuye mu rubanza, rwavuze ko Sgt Minani afite ibibazo byo mu mutwe, ku buryo atari akwiye gukorerwa uburyozwacyaha.

Uruhande rw’uregwa rwasabye Urukiko Rukuru rwa Gisirikare gutesha agaciro icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu no kwamburwa amapeti yose, ubundi urubanza rugatangira bundi bushya.

Ni mu gihe Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwongeye gushimangira ko uregwa ari muzima, ndetse bwibutsa ko isuzuma ryakozwe n’inzobere z’ubuzima bwo mu mutwe, ryagaragaje ko ntakibazo cyo mu mutwe afite, kandi ko icyemezo cyabigaragaje cyeretse impande zose.

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare buvuga ko ibyatangajwe n’uruhande rw’uregwa bigamije gutinza nkana urubanza, bwavuze kandi ko uregwa yemeye kwiburanira, ndetse akaba yaraburanye yemera icyaha, akaba yaranemeye kuburana atunganiwe atabishyiriweho agahato.

Icyemezo cyasomwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gisirikare tariki 09 Ukuboza 2024, rwari rwahamijwe Sgt Minani ibyaha bitatu, ari byo icy’ubwicanyi buturutse ku bushake, kwica bidategetswe n’umukuru, n’icyaha cyo guhisha no kuzimiza intwaro ku bushake.

Mu iburanisha ryo mu rubanza rw’ibanze ryabaye tariki tariki 03 Ukuboza 2024, Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwari bwasabye Urukiko guhamywa ibyaha rukamuhanisha igifungo cya burundu ku cyaha cyo kwica, igifungo cy’imyaka itanu ku cyaha cyo kwiba no kwangiza ibikoresho bya gisirikare, n’igifungo cy’umwaka umwe ku cyaha cyo gukoresha imbunda mu buryo butemewe.

Ibi byaha biregwa, Sergeant Minani Gervais, bishingiye ku gikorwa cyabaye tariki 14 Ugushyingo 2024 ubwo uregwa yarasiragara abantu batanu mu kabari gaherereye mu Mudugudu wa Mudugudu wa Rubyiruko mu Kagari ka Rusharara mu Murenge wa Karambi mu Karere ka Nyamashe.

Sgt Minani kuri uyu wa Kane imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jean Paul says:
    11 months ago

    uko biri numuntu watojwe na RDF hakorwe iperereza Ricukumbuye harebwe Icyabimuteye nubwo yakoze icyaha arko ntiwarasa abantu kubusa gusa

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − two =

Previous Post

Umuhanzikazi Nyarwanda yambitswe impeta y’urukuko n’umunyamakuru

Next Post

U Rwanda rwageneye ubutumwa u Budage ku bw’ibyago bwagize

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwageneye ubutumwa u Budage ku bw’ibyago bwagize

U Rwanda rwageneye ubutumwa u Budage ku bw’ibyago bwagize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.