Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agezweho ku rubanza rw’umusirikare wa RDF wishe abaturage batanu abarasiye mu kabari

radiotv10by radiotv10
06/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Amakuru agezweho ku rubanza rw’umusirikare wa RDF wishe abaturage batanu abarasiye mu kabari
Share on FacebookShare on Twitter

Sgt Minani Gervais wo mu Ngabo z’u Rwanda [ntarahamwa n’icyaha mu buryo bwa burundu ngo yamburwe amapeti] uherutse gukatirwa igihano cy’igifungo cya burundu ahamijwe kwica ku bushake abaturage batanu, ariko akajurira, yatangiye kuburanishwa mu bujurire.

Ni urubanza rwatangiye kumvwa n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, rwongeye kubera ahakorewe icyaha gikekwa kuri Sergeant Minani Gervais cyo kwica arashe abaturage batanu mu Kagari ka Rushyarara mu Murenge wa Karambi mu Karere ka Nyamasheke.

Ubu bujurire bwatangiye kuburanishwa kuri uyu wa Kane tariki 06 Gashyantare 2025 nyuma y’amezi abiri akatiwe igihano cyo gufungwa burundu.

Uregwa ahawe umwanya ngo asobanure impamvu z’ubujurire bwe, we n’umunyamategeko we Me Muligande Jean Claude, bavuze ko Urukiko rwafashe icyemezo cya mbere, hari byinshi rwirengagije.

Uruhande rw’uregwa wari wabanje kuburana mbere atunganiwe kuko umunyamategeko we yari yikuye mu rubanza, rwavuze ko Sgt Minani afite ibibazo byo mu mutwe, ku buryo atari akwiye gukorerwa uburyozwacyaha.

Uruhande rw’uregwa rwasabye Urukiko Rukuru rwa Gisirikare gutesha agaciro icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu no kwamburwa amapeti yose, ubundi urubanza rugatangira bundi bushya.

Ni mu gihe Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwongeye gushimangira ko uregwa ari muzima, ndetse bwibutsa ko isuzuma ryakozwe n’inzobere z’ubuzima bwo mu mutwe, ryagaragaje ko ntakibazo cyo mu mutwe afite, kandi ko icyemezo cyabigaragaje cyeretse impande zose.

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare buvuga ko ibyatangajwe n’uruhande rw’uregwa bigamije gutinza nkana urubanza, bwavuze kandi ko uregwa yemeye kwiburanira, ndetse akaba yaraburanye yemera icyaha, akaba yaranemeye kuburana atunganiwe atabishyiriweho agahato.

Icyemezo cyasomwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gisirikare tariki 09 Ukuboza 2024, rwari rwahamijwe Sgt Minani ibyaha bitatu, ari byo icy’ubwicanyi buturutse ku bushake, kwica bidategetswe n’umukuru, n’icyaha cyo guhisha no kuzimiza intwaro ku bushake.

Mu iburanisha ryo mu rubanza rw’ibanze ryabaye tariki tariki 03 Ukuboza 2024, Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwari bwasabye Urukiko guhamywa ibyaha rukamuhanisha igifungo cya burundu ku cyaha cyo kwica, igifungo cy’imyaka itanu ku cyaha cyo kwiba no kwangiza ibikoresho bya gisirikare, n’igifungo cy’umwaka umwe ku cyaha cyo gukoresha imbunda mu buryo butemewe.

Ibi byaha biregwa, Sergeant Minani Gervais, bishingiye ku gikorwa cyabaye tariki 14 Ugushyingo 2024 ubwo uregwa yarasiragara abantu batanu mu kabari gaherereye mu Mudugudu wa Mudugudu wa Rubyiruko mu Kagari ka Rusharara mu Murenge wa Karambi mu Karere ka Nyamashe.

Sgt Minani kuri uyu wa Kane imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jean Paul says:
    11 months ago

    uko biri numuntu watojwe na RDF hakorwe iperereza Ricukumbuye harebwe Icyabimuteye nubwo yakoze icyaha arko ntiwarasa abantu kubusa gusa

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − thirteen =

Previous Post

Umuhanzikazi Nyarwanda yambitswe impeta y’urukuko n’umunyamakuru

Next Post

U Rwanda rwageneye ubutumwa u Budage ku bw’ibyago bwagize

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwageneye ubutumwa u Budage ku bw’ibyago bwagize

U Rwanda rwageneye ubutumwa u Budage ku bw’ibyago bwagize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.