Nyuma y’iminsi ibiri y’imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 n’aba Wazalendo bafatanya na FARDC, yaberaga mu bice bimwe byo muri Teritwari ya Walikare mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haravugwa agahenge.
Iyi mirwano yari imaze iminsi ibiri ibera mu duce twa Buhaya na Fungura, iherereye hafi ya Katobi muri Lokarite ya Banakindi muri Gurupoma ya Kisimba muri Teritwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru.
Amakuru dukesha ikinyamakuru ACTUALITE.CD avuga ko kuri uyu wa Mbere tariki ya 23 Gashyantare 2026, aha hari hamaze iminsi ibiri humvikana urusaku rw’imbunda, habonetse agahenge.
Iki kinyamakuru kivuga ko abarwanyi ba AFC/M23 ari bo bagabye ibitero icyarimwe ku birindiro bya Wazalendo ku misozi ya Buhaya na Fungura, ahantu habiri hafashaga aba barwanyi ba Wazalendo gutegura no kugaba ibitero.
Amakuru avuga ko nyuma y’iyi mirwano ikomeye, uruhande rwa Leta ya Kinshasa ruvugwaho gukomeza kurangwa n’ibikorwa bibi, rwabashije kwihagararaho, rugasubiza inyuma abarwanyi ba AFC/M23 basubiye inyuma berekeza i Mpety ahari ibirindiro byabo.
Abaturage benshi ba Katobi bahungiye mu mashyamba akikije aka gace. Nubwo habayeho agahenge mu gitondo cyo ku wa mbere, abakuwe mu byabo ntibaragaruka mu bice byabo, batinya ko imirwano ishobora kongera kubura isaha n’isaha.
Aka gace kavugwaho kuba kamaze iminsi kagaragaramo ibikorwa bibi bihungabanya umutekano w’abaturage, bikorwa n’abarwanyi ba Wazalendo.
Ni nyuma yuko uyu mutwe ufatanya n’igisirikare cya Leta ya Kinshasa, bagarutse mu mujyi wa Walikare wari wafashwe na AFC/M23 ikaza kuwurekura.
RADIOTV10











