• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

radiotv10by radiotv10
23/02/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’iminsi ibiri y’imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 n’aba Wazalendo bafatanya na FARDC, yaberaga mu bice bimwe byo muri Teritwari ya Walikare mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haravugwa agahenge.

Iyi mirwano yari imaze iminsi ibiri ibera mu duce twa Buhaya na Fungura, iherereye hafi ya Katobi muri Lokarite ya Banakindi muri Gurupoma ya Kisimba muri Teritwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ACTUALITE.CD avuga ko kuri uyu wa Mbere tariki ya 23 Gashyantare 2026, aha hari hamaze iminsi ibiri humvikana urusaku rw’imbunda, habonetse agahenge.

Iki kinyamakuru kivuga ko abarwanyi ba AFC/M23 ari bo bagabye ibitero icyarimwe ku birindiro bya Wazalendo ku misozi ya Buhaya na Fungura, ahantu habiri hafashaga aba barwanyi ba Wazalendo gutegura no kugaba ibitero.

Amakuru avuga ko nyuma y’iyi mirwano ikomeye, uruhande rwa Leta ya Kinshasa ruvugwaho gukomeza kurangwa n’ibikorwa bibi, rwabashije kwihagararaho, rugasubiza inyuma abarwanyi ba AFC/M23 basubiye inyuma berekeza i Mpety ahari ibirindiro byabo.

Abaturage benshi ba Katobi bahungiye mu mashyamba akikije aka gace. Nubwo habayeho agahenge mu gitondo cyo ku wa mbere, abakuwe mu byabo ntibaragaruka mu bice byabo, batinya ko imirwano ishobora kongera kubura isaha n’isaha.

Aka gace kavugwaho kuba kamaze iminsi kagaragaramo ibikorwa bibi bihungabanya umutekano w’abaturage, bikorwa n’abarwanyi ba Wazalendo.

Ni nyuma yuko uyu mutwe ufatanya n’igisirikare cya Leta ya Kinshasa, bagarutse mu mujyi wa Walikare wari wafashwe na AFC/M23 ikaza kuwurekura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

Next Post

TduRwanda2026: Agace ka kabiri kegukanywe n’Umunya-Espagne ukinana n’uwatwaye aka mbere

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
TduRwanda2026: Agace ka kabiri kegukanywe n’Umunya-Espagne ukinana n’uwatwaye aka mbere

TduRwanda2026: Agace ka kabiri kegukanywe n’Umunya-Espagne ukinana n’uwatwaye aka mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.