Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma yuko inzoga z’inkorano zikomeje guhitana bamwe mu Rwanda inzego zazihagurukiye

radiotv10by radiotv10
23/02/2026
in MU RWANDA
0
Nyuma yuko inzoga z’inkorano zikomeje guhitana bamwe mu Rwanda inzego zazihagurukiye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko abatuye mu Murenge wa Jenda batabaje bavuga ko barembejwe n’inzoga z’inkorano zirimo iyamamaye cyane ku izina ry’Igisabasaba ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buvuga ko butigeze bubuza abantu kwenga inzoga, ariko ko butazihanganira abakora izangiza ubuzima bw’abaturage.

Ubwo baganiraga n’umunyamakuru wa RADIOTV10, bamwe mu batuye mu isantere ya Jenda iherereye mu Kagari ka Bukinanyana, Umurenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu, bavuze ko uwanyoye iyi nzoga izwi nk’“Igisabasaba” ata ubwenge ndetse akagira amahane menshi, ku buryo hari n’abagera ku rugomo.

Icyakora, ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu bugaragaza ko bwashyize imbaraga nyinshi mu kurwanya iyi nzoga kimwe n’izindi zangiza ubuzima bw’abaturage, kandi ko bigenda bitanga umusaruro ugaragara. Ibi byatangajwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette.

Mayor Mukandayisenga ati “Mu by’ukuri ntabwo tubuza umuntu kwenga inzoga, ahubwo icyo tubuza ni inzoga z’inkorano zangiza ubuzima. Kandi izi nzoga si muri Nyabihu gusa ziboneka, ahubwo no hirya no hino hari abantu baba bashaka kunguka vuba ntibite ku buzima bw’abaturage bazinywa.”

Bamwe mu baganiriye n’umunyamakuru bagarutse ku myitwarire y’abanywi b’Igisabasaba n’uburyo iyo babuze iyo nzoga babura amahoro.

Umuturage ati “Ngiye kunywa Igisabasaba kuko iyo ntakinyoye n’ibiryo biranga, ntabwo bimanuka.”

Undi muturage ati “Hari igihe uba uri kumwe n’umuntu, yakwinjira mu kabari, nyuma y’iminota micye yasohoka ukibaza uti ‘mbese ageze muri iriya nzu anywa ibiki?’ Uwayinyoye yayihaze aba adunda nk’uwambaye rasoro.”

Mayor w’Akarere ka Nyabihu, Mme Mukandayisenga Antoinette, agaruka ku ngamba ubuyobozi bwafashe kuri iki kibazo ari na ko atanga ubutumwa ku bazikora.

Ati “Umuturage ari ku isonga. Ntabwo dushobora kwemera ko abantu benga inzoga z’inkorano zangiza ubuzima. Ndashaka kubwira abazenga ko tuzazirwanya ku buryo umuturage azasigara ariho mu buzima bwiza. Niba asoma inzoga, abe asoma inzoga nziza, yaba ari iyo kwakiriza umushyitsi cyangwa yo gusangira n’abandi, abe ari inzoga nzima umuntu ashobora no kuvuga ati ‘kwa runaka barenga.’”

Abahanga mu buzima bavuga ko inzoga z’inkorano zishobora gutera ingaruka zikomeye ku buzima bw’uwazinyoye, bitewe n’uko zishobora kuba zirimo ikinyabutabire cya methanol, gifatwa nk’uburozi mu mubiri w’umuntu, kikaba cyangiza ubwonko n’izindi ngingo z’umubiri. Mu gihe inzoga zemewe zo zisanzwe zirimo ikinyabutabire cya ethanol.

Izi nzoga ntiziba zikoranye ubuziranenge
Abazinywa barangwa n’imyitwarire idasanzwe

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − nine =

Previous Post

Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga

Next Post

Kwakirwa k’umuyobozi wa RSF kwakozwe na Museveni kwatumye Sudani irakarira Uganda

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwakirwa k’umuyobozi wa RSF kwakozwe na Museveni kwatumye Sudani irakarira Uganda

Kwakirwa k’umuyobozi wa RSF kwakozwe na Museveni kwatumye Sudani irakarira Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.