Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru ava ku rugamba: M23 yafashe akandi gace, FARDC ikizwa n’amaguru

radiotv10by radiotv10
23/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru ava ku rugamba: M23 yafashe akandi gace, FARDC ikizwa n’amaguru
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wafashe umujyi wa Sake uherereye mu bilometero 25 uvuye mu wa Goma, nyuma yo gukozanyaho gukomeye, aho igisirikare cya DRC (FARDC) n’abagifasha barimo abasirikare b’u Burundi, bagaragaye biruka nyuma yo gukubitwa inshuro n’uyu mutwe.

Uyu mujyi wa Sake wafashwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 23 Mutarama 2025, nk’uko umwe mu bari muri ibi bice biri kuberamo imirwano yabibwiye Umunyamakuru wacu Oswald Mutuyeyezu.

Uwahaye amakuru uyu munyamakuru, yavuze ko na nyuma yuko uyu mujyi ufashwe n’umutwe wa M23, mu nkengero zawo hakomeje kumvikana urusaku rw’amasasu, aho bikekwa ko yaraswaga n’uruhande rwa Leta ya Kinshasa, rwashakaga inzira yo guhunga.

Amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga ubwo uyu mujyi wa Sake wari umaze gufatwa na M23, yerekana abasirikare ba FARDC, biruka bamwe bagenda n’amaguru, abandi bari mu modoka, bava muri uyu Mujyi.

Uyu mujyi wa Sake muri Kivu ya Ruguru ufashwe na M23 nyuma y’iminsi ibiri gusa uyu mutwe ufashe n’agace ka Minova ko mu Ntara ya Kivu y’Epfo, kari gasanzwe ari inzira ifasha abasirikare b’u Burundi, kwerecyeza muri Kivu ya Ruguru guha umusada FARDC n’abandi barwanyi bafasha iki gisirikare cya Leta.

Umutwe wa M23 waraye usohoye itangazo, uvuga ko ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bufatanyije n’ubw’u Burundi, bufite umugambi urangajwe imbere n’Abakuru b’ibi Bihugu, Tshisekedi na Ndayishimiye, wo kurimbura bumwe mu bwoko bw’Abanyekongo bo mu Burasirazuba bw’iki Gihugu cyabo.

Uyu mutwe kandi wari waboneyeho gusaba Abanyekongo bose kuwushyigikira kugira ngo ubohoze iki Gihugu cyamunzwe n’imiyoborere mibi yimakaje akarengane n’ivangura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − two =

Previous Post

Umucyo kuri gapapu yavugwaga ko yakorewe Rayon kuri rutahizamu wasinyiye Police akimara kwakirwa na Perezida

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame basuye ahantu h’ingenzi muri Türkiye

Related Posts

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame basuye ahantu h’ingenzi muri Türkiye

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame basuye ahantu h’ingenzi muri Türkiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.