Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru ava ku rugamba: M23 yafashe akandi gace, FARDC ikizwa n’amaguru

radiotv10by radiotv10
23/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru ava ku rugamba: M23 yafashe akandi gace, FARDC ikizwa n’amaguru
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wafashe umujyi wa Sake uherereye mu bilometero 25 uvuye mu wa Goma, nyuma yo gukozanyaho gukomeye, aho igisirikare cya DRC (FARDC) n’abagifasha barimo abasirikare b’u Burundi, bagaragaye biruka nyuma yo gukubitwa inshuro n’uyu mutwe.

Uyu mujyi wa Sake wafashwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 23 Mutarama 2025, nk’uko umwe mu bari muri ibi bice biri kuberamo imirwano yabibwiye Umunyamakuru wacu Oswald Mutuyeyezu.

Uwahaye amakuru uyu munyamakuru, yavuze ko na nyuma yuko uyu mujyi ufashwe n’umutwe wa M23, mu nkengero zawo hakomeje kumvikana urusaku rw’amasasu, aho bikekwa ko yaraswaga n’uruhande rwa Leta ya Kinshasa, rwashakaga inzira yo guhunga.

Amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga ubwo uyu mujyi wa Sake wari umaze gufatwa na M23, yerekana abasirikare ba FARDC, biruka bamwe bagenda n’amaguru, abandi bari mu modoka, bava muri uyu Mujyi.

Uyu mujyi wa Sake muri Kivu ya Ruguru ufashwe na M23 nyuma y’iminsi ibiri gusa uyu mutwe ufashe n’agace ka Minova ko mu Ntara ya Kivu y’Epfo, kari gasanzwe ari inzira ifasha abasirikare b’u Burundi, kwerecyeza muri Kivu ya Ruguru guha umusada FARDC n’abandi barwanyi bafasha iki gisirikare cya Leta.

Umutwe wa M23 waraye usohoye itangazo, uvuga ko ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bufatanyije n’ubw’u Burundi, bufite umugambi urangajwe imbere n’Abakuru b’ibi Bihugu, Tshisekedi na Ndayishimiye, wo kurimbura bumwe mu bwoko bw’Abanyekongo bo mu Burasirazuba bw’iki Gihugu cyabo.

Uyu mutwe kandi wari waboneyeho gusaba Abanyekongo bose kuwushyigikira kugira ngo ubohoze iki Gihugu cyamunzwe n’imiyoborere mibi yimakaje akarengane n’ivangura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Umucyo kuri gapapu yavugwaga ko yakorewe Rayon kuri rutahizamu wasinyiye Police akimara kwakirwa na Perezida

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame basuye ahantu h’ingenzi muri Türkiye

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo
MU RWANDA

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame basuye ahantu h’ingenzi muri Türkiye

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame basuye ahantu h’ingenzi muri Türkiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.