Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru mashya ku bakekwaho ibidasanzwe byakurikiye umukino wa APR na Rayon

radiotv10by radiotv10
14/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru mashya ku bakekwaho ibidasanzwe byakurikiye umukino wa APR na Rayon

Umwe mu bakomerekeye muri uru rugomo

Share on FacebookShare on Twitter

Aba mbere bakekwaho kugira uruhare mu rugomo rwakorewe abafana ba APR FC, bagatega imodoka yari ibatwaye bakamenagura ibirahure byayo, bamwe bagakomerekeramo, batawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.

Uru rugomo rwabaye ku Cyumweru tariki 12 Gashyantare 2023 nyuma y’umukino w’ishiraniro wahuje amakipe y’amacyeba; APR FC na Rayon Sports.

Nyuma y’uyu mukino ubwo imodoka yo mu bwoko bwa Bus ya kompanyi ya RICTO yari itwaye abafana b’ikipe ya APR FC bahinduraga basubiye mu Mujyi wa Kigali, yatezwe n’abantu bayitera amabuye bamena ibirahure byayo ndetse bamwe mu bari bayirimo barakomereka.

Nyuma y’uru rugomo rwabereye mu Mudugudu wa Kinkanga mu Kagari ka Bahimba, mu Murenge wa Rusatira mu Karere ka Huye, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kuri uyu wa Mbere tariki 13 Gashyantare 2023, rwatangaje ko rwatangiye iperereza kuri iki gikorwa.

Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry, kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Gashyantare yavuze ko ibyakorewe bariya bafana ba APR FC, bigize icyaha kuko “Hakomerekeyemo abantu batandatu.”

Agaruka ku cyo iperereza rimaze kugeraho, Dr Murangira B. Thierry yagize ati “Kugeza ubu iperereza rimaze gufata batandatu bakekwa kuba barabigizemo uruhare.”

Dr Murangira avuga ko aba bose uko ari batandatu bamaze gutabwa muri yombi, ari abo mu gace kakorewemo ruriya rugomo rwakomerekeyemo bamwe mu bafana ba APR FC.

Umuvugizi wa RIB kandi yari yatangaje ko ntawahita wemeza ko uru rugomo rwaba rufitanye isano n’uriya mukino wari umaze kuba, ahubwo ko bizagaragazwa n’iperereza.

Umuvugizi wa Rayon Sports, Jean Paul Nkurunziza ubwo hari hamaze kuba ruriya rugomo, yavuze ko rutakozwe n’abafana b’iyi kipe, ahubwo ko ngo “bashobora kuba ari aba APR batishimiye umusaruro babonye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 − two =

Previous Post

RDF yitabiriye imyitozo idasanzwe irimo n’Abasirikare ba America (AMAFOTO)

Next Post

Ifoto iteye ubwuzu ya Perezida Kagame na Madamu bari kumwe n’abuzukuru

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ifoto iteye ubwuzu ya Perezida Kagame na Madamu bari kumwe n’abuzukuru

Ifoto iteye ubwuzu ya Perezida Kagame na Madamu bari kumwe n’abuzukuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.