• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Amakuru mashya ku muraperi nyarwanda wari ufungiye gukubita umugore babyaranye

radiotv10by radiotv10
07/10/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Amakuru mashya ku muraperi nyarwanda wari ufungiye gukubita umugore babyaranye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuraperi nyarwanda Danny Ntakirutimana uzwi nka Danny Nanone, wari ufunzwe akekwaho gukubita umugore babyaranye, yarekuwe.

Danny Nanone wari watawe muri yombi tariki 19 z’ukwezi gushize kwa Nzeri, yarekuwe kuri uyu wa Kane tariki 06 Ukwakira 2022 nyuma yuko Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rumugize umwere.

Ubwo yatabwaga muri yombi, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yari yatangaje ko “Akekwaho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake umugore w’imyaka 30.”

Amakuru yavugaga ko uyu mugore wakekwagaho gukubitwa na Danny Nanone, bafitanye umwana babyaranye.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaburanishije uyu muhanzi nyarwanda, rwamugize umwere nyuma yuko habuze ibimenyetso simusiga bimushinja, rutegeka ko ahita arekurwa.

Ni nyuma yuko aburanye mu mizi ku wa Kabiri w’iki cyumweru, aho Ubushinjacyaha bwashinjaga Danny Nanone, bwagaragaje ko yakubise uriya mugore ku bushake, ariko Ubucamanza bukaza kwemeza ko ibimenyetso byatanzwe bidahagije.

Hari amakuru avuga ko Danny Nanone atari ubwa mbere yari agejejwe imbere y’Urukiko ashinjwa ibyaha bifitanye isano n’amakimbirane agirana n’uyu mugore babyaranye ariko ko no ku nshuro ya mbere, na bwo yagizwe umwere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 13 =

Previous Post

Uwagaragaye acuruza agataro anasubiramo amasomo ubu akanyamuneza kamusesekayeho

Next Post

Umubyeyi yamutanye murumuna we w’amezi 6 aramurera none yatsinze icya Leta abura uko yiga

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Next Post
Umubyeyi yamutanye murumuna we w’amezi 6 aramurera none yatsinze icya Leta abura uko yiga

Umubyeyi yamutanye murumuna we w’amezi 6 aramurera none yatsinze icya Leta abura uko yiga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.