Saturday, June 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umubyeyi yamutanye murumuna we w’amezi 6 aramurera none yatsinze icya Leta abura uko yiga

radiotv10by radiotv10
10/10/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
4
Umubyeyi yamutanye murumuna we w’amezi 6 aramurera none yatsinze icya Leta abura uko yiga
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana wo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, yatsinze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza, yabuze uburyo bwo kujya ku ishuri kuko asanzwe ariho mu buzima bugoye nyuma yuko umubyeyi we amutaye we murumuna we yasize ufite amezi atandatu akajya kwishakira umugabo.

Manirambona Masudi w’imyaka 14 y’amavuko asanzwe arera murumuna we nyuma yuko umubyeyi wabo [nyina] yabataye akajya mu Burundi gushaka umugabo ndetse na nyirarukuru wabasigaranye na we akaza kujya kubata.

Abaturanyi b’aba bana, bavuga ko nyirakuru w’aba bana, yari yarashatse umugabo, ariko uwo mugabo akaza kwanga kubarera, ubundi akamusaba ko babata bakigendera.

Bavuga ko aba bana nubwo bariho mu buzima bugoye ariko mu ishuri ari abahanga dore ko n’uyu mukuru yatsinze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza ku manota yo hejuru.

Arera murumuna we

Gusa icyumweru kirarangiye abandi banyeshuri bagiye ku mashuri boherejweho ariko we akiri mu rugo kuko yabuze ubushobozi.

Aganira na RADIOTV10, Manirambona Masudi yavuze ko yashyizeho umuhate mu ishuri none akaba yaragize amanota 25 kuri 30.

Ati “Naratsinze ariko nta bushobozi buhari, banyohereje kuri ES Gishoma ariko nyine nta bushobozi bwo kujyayo mfite, nta bikoresho, nta makaye, ibintu byose bisabwa kuri iryo shuri, habe n’amafaranga y’ishuri…”

Uyu mwana uvugana agahinda, avuga ko yumva yifuza kwiga kuko abona ntakindi cyazamufasha kuva mu bibazo arimo, avuga ko bimubabaje kuba atabashije gukomeza amashuri ye.

Avuga kandi ko no mu rugo babayeho nabi kuko kubona icyo gushyira mu nda ari ihurizo rikomeye.

Umwe mu baturanyi b’uyu mwana, avuga ko bibabaje kuba uyu mwana yaratsinze ku kigero cyo hejuru ariko akaba atabashije kujya kwiga mu gihe abandi bamaze kugera ku mashuri.

Ati “Umwana kuba yiga akaba yaratsinze akaba abuze amafaranga yamujyana ku ishuri, ni ingorane, urumva umuntu waturutse mu wa mbere aba uwa mbere kugera mu wa Gatandatu kandi abayeho nabi, ahubwo ni umuhanga bikomeye.”

Aba baturanyi bavuga ko na bo ubwabo nta bushobozi bafite ngo bamufashe kuko na bo imibereho itoroshye cyane muri iki gihe ubuzima bukomeje guhenda.

Undi ati “Abaturage twese biratubabaza kuba umwana yari afite ubwenge bwo kujya ku ishuri akaba ataragiyeyo, ariko nta bundi buryo twabigenza kuko natwe nta mikorere.”

Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Dukuzumuremyi Anne Marie, yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo bakimenye nk’ubuyobozi ndetse ko bagiye gufasha uyu mwana kujya ku ishuri.

 

ICYITONDERWA: Uwashaka guha ubufasha uyu mwanya, yanyuze inkunga ye kuri Padiri Emmanuel usanzwe amufasha. Nimero ya Telefone ni +250 788 722 002

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 4

  1. leonidas says:
    3 years ago

    wamubona gute komushaka send number.

    Reply
  2. ka says:
    3 years ago

    gushaka umugabo ntibimukuraho inshingano. dependancy mindset. Ababyeyi barere byanze babihanirwe n’amategeko. Ikindi amashuri ya district ni ubuntu nanjye mu ishuri rimwegereye. murakoze.

    Reply
  3. Joy says:
    3 years ago

    Jyewe murumuna we bamumaye namusigarana kandi nkanamujya kwishuri. Mukuru yava kwishuri nkamumusubiza yasubirayo nkamusubirana

    Reply
  4. Nshimiyimana Augustin says:
    3 years ago

    Ubwo ubuyobozi bwabimenye buramufasha ajye Ku ishuri kuko intego ya Leta yacu ni uko ntamwana uzavutswa amahirwe yo kwiga. Itangazamakuru naryo ryakoze neza umurimo waryo wokuba ijwi RYA rubanda.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − twelve =

Previous Post

Amakuru mashya ku muraperi nyarwanda wari ufungiye gukubita umugore babyaranye

Next Post

Rusizi: Umugabo ukekwaho gusambanya umwana we akanamutera inda yasabiwe gufungwa 1/4 cy’ikinyejana

Related Posts

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro akurikiranyweho kwica ateraguye ibyuma umugore bari bamaranye amezi abiri babana,...

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

by radiotv10
13/06/2025
0

Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, yahamijwe ibyaha akurikiranyweho bishingiye ku byo yatangazaga ku byamamare birimo gutangaza amakuru y’ibihuha,...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu...

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

by radiotv10
13/06/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere...

IZIHERUKA

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso
MU RWANDA

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

14/06/2025
Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

14/06/2025
Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

14/06/2025
Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

13/06/2025
Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Rusizi: Umugabo ukekwaho gusambanya umwana we akanamutera inda yasabiwe gufungwa 1/4 cy’ikinyejana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.