Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku rubanza ruregwamo Bamporiki wakatiwe gufungwa imyaka ine

radiotv10by radiotv10
01/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amakuru mashya ku rubanza ruregwamo Bamporiki wakatiwe gufungwa imyaka ine
Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Bamporiki Edouard wahoze ari umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda, uherutse gukatirwa gufungwa imyaka ine no gutanga ihazabu ya Miliyoni 60 Frw, byamenyekanye ko yajuririye iki cyemezo ndetse n’icyo asaba Urukiko yajuririye.

Hashize ukwezi Bamporiki akatiwe iki gihano n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasomye icyemezo cyarwo tariki 30 Nzeri 2022.

Amakuru yizewe yageze kuri RADIOTV10, avuga ko uyu munyapolitiki wagize imyanya ikomeye mu buyobozi bukuru bw’Igihugu yamaze kujuririra iki cyemezo.

Bamporiki waburanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, yajuririye Urukiko Rukuru ari na rwo rukurikira urw’inkiko Zisumbuye, rukaba ari rwo rugomba kwakira ubujurire bwaciriwe muri izo nkiko.

Uyu wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, yaburanye yemera icyaha cyo kwakira indonke, anagisabira imbabazi yanasabye Perezida Paul Kagame ndetse n’Abanyarwanda muri rusange.

Uwaduhaye amakuru, avuga ko nkuko mu rubanza rwa mbere Bamporiki n’umunyamategeko we Me Habyarimana Jean Baptiste, nubundi bajuriye basaba ko uregwa yagabanyirizwa igihano akaba yakatirwa nk’igifungo gisubitse kuko yaburanye yemera icyaha.

Mu iburanisha ryabaye tariki 21 Nzeri 2022, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwari bwasabiye Bamporiki gufungwa imyaka 20 no gutanga ihazabu ya Miliyoni 200 Frw.

Ubwo Urukiko rwasomaga icyemezo cyarwo, rwavuze ko Bamporiki ahamwa n’icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya n’icyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite.

Umucamanza yavuze ko ibyasabwe ko uregwa yasubikirwa igihano, nta somo byatanga ku bandi kuko nk’umuntu wahoze ari umuyobozi ku rwego yariho agomba kubera urugero abandi.

Mu iburana ryo mu mizi, Bamporiki ubwo yabazwaga ku gifungo cy’imyaka 20 yari yasabiwe, yavuze ko ari myinshi ko ntacyo yaba akimariye u Rwanda kandi ko yumva agifite ubushake bwo kurukorera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Tshisekedi yakiriye intumwa y’umuhuza w’Igihugu cye n’u Rwanda nyuma yuko Congo yirukanye Karega

Next Post

Goma: Bongeye kwirara mu mihanda n’umujinya w’umuranduranzuzi bamagana u Rwanda

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Goma: Bongeye kwirara mu mihanda n’umujinya w’umuranduranzuzi bamagana u Rwanda

Goma: Bongeye kwirara mu mihanda n’umujinya w’umuranduranzuzi bamagana u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.