Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mashya ku rugamba rwa FARDC na M23

radiotv10by radiotv10
02/10/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru mashya ku rugamba rwa FARDC na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Urugamba hagati y’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) na M23, rwongeye kubura, aho impande zombi zitana bamwana ko rwatangijwe na buri rumwe, ndetse rukaba rwongeye kugaragaramo indwanyi z’abacancuro.

Itangazo ryasohowe n’umutwe wa M23 kuri iki Cyumweru tariki 01 Ukwakira 2023, uyu mutwe uvuga ko Guverinoma ya Congo yongeye kurenga ku byemezo by’Abakuru b’Ibihugu bo mu karere byafatiwe mu nama zirimo iyo ku wa 04 Gashyantare 2023, yo guhagarika imirwano.

Iri tangazo rigira riti “Kuri iki Cyumweru tariki 01 Ukwakira 2023, saa cyenda z’amanywa. Abarwanyi ba Guverinoma ya DRC bagabye ibitero mu bice bya Busumba, Kirumbu, Kibarizo, Kilorirwe no mu bice bibikikije.”

Uyu mutwe ukomeza uvuga ko uhangayikishijwe n’icyemezo cya Perezida Tshisekedi cyo kuba yongeye kwiyemeza inzira y’intambara, ugasaba amahanga kugira icyo ukora ku mvururu zikomeje kuba muri Congo.

M23 ikomeza ivuga ko ibi byose bikorwa na Guverinoma ya Congo mu rwego rwo gukomeza guhisha ko yananiwe inshingano zayo zo gukemura ibibazo biri mu Gihugu.

Ni mu gihe uyu mutwe uvuga ko ugikomeje gushyigikira no kwemera inzira zose zafashwe zo kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ikomeza ivuga kandi ko “izakomeza kwirinda ndetse no gucungira umutekano abaturage b’abasivile n’ibyabo mu bice izaba iri kugenzura.”

Abanyamakuru bakurikiranira hafi iby’uru rugamba, bavuga ko mu kubura kwarwo, hongeye kugaragaramo indwanyi z’umutwe w’abacancuro wa Wagner uherutse gupfusha uwari umuyobozi wawo Yevgeny Prigozhin waguye mu mpanuka y’indege mu Burusiya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 4 =

Previous Post

Habonetse urwandiko rwasizwe n’uwabonetse amaze ibyumweru 2 yarapfuye by’urujijo

Next Post

Hamenyekanye icyaha gikekwa ku Mupasiteri ukunze kwigaragaza mu Rwanda watawe muri yombi

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyaha gikekwa ku Mupasiteri ukunze kwigaragaza mu Rwanda watawe muri yombi

Hamenyekanye icyaha gikekwa ku Mupasiteri ukunze kwigaragaza mu Rwanda watawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.