Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mashya ku rugamba rwa FARDC na M23

radiotv10by radiotv10
02/10/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru mashya ku rugamba rwa FARDC na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Urugamba hagati y’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) na M23, rwongeye kubura, aho impande zombi zitana bamwana ko rwatangijwe na buri rumwe, ndetse rukaba rwongeye kugaragaramo indwanyi z’abacancuro.

Itangazo ryasohowe n’umutwe wa M23 kuri iki Cyumweru tariki 01 Ukwakira 2023, uyu mutwe uvuga ko Guverinoma ya Congo yongeye kurenga ku byemezo by’Abakuru b’Ibihugu bo mu karere byafatiwe mu nama zirimo iyo ku wa 04 Gashyantare 2023, yo guhagarika imirwano.

Iri tangazo rigira riti “Kuri iki Cyumweru tariki 01 Ukwakira 2023, saa cyenda z’amanywa. Abarwanyi ba Guverinoma ya DRC bagabye ibitero mu bice bya Busumba, Kirumbu, Kibarizo, Kilorirwe no mu bice bibikikije.”

Uyu mutwe ukomeza uvuga ko uhangayikishijwe n’icyemezo cya Perezida Tshisekedi cyo kuba yongeye kwiyemeza inzira y’intambara, ugasaba amahanga kugira icyo ukora ku mvururu zikomeje kuba muri Congo.

M23 ikomeza ivuga ko ibi byose bikorwa na Guverinoma ya Congo mu rwego rwo gukomeza guhisha ko yananiwe inshingano zayo zo gukemura ibibazo biri mu Gihugu.

Ni mu gihe uyu mutwe uvuga ko ugikomeje gushyigikira no kwemera inzira zose zafashwe zo kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ikomeza ivuga kandi ko “izakomeza kwirinda ndetse no gucungira umutekano abaturage b’abasivile n’ibyabo mu bice izaba iri kugenzura.”

Abanyamakuru bakurikiranira hafi iby’uru rugamba, bavuga ko mu kubura kwarwo, hongeye kugaragaramo indwanyi z’umutwe w’abacancuro wa Wagner uherutse gupfusha uwari umuyobozi wawo Yevgeny Prigozhin waguye mu mpanuka y’indege mu Burusiya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Habonetse urwandiko rwasizwe n’uwabonetse amaze ibyumweru 2 yarapfuye by’urujijo

Next Post

Hamenyekanye icyaha gikekwa ku Mupasiteri ukunze kwigaragaza mu Rwanda watawe muri yombi

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyaha gikekwa ku Mupasiteri ukunze kwigaragaza mu Rwanda watawe muri yombi

Hamenyekanye icyaha gikekwa ku Mupasiteri ukunze kwigaragaza mu Rwanda watawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.