Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hagaragaye umubare munini w’abakize

radiotv10by radiotv10
17/10/2024
in MU RWANDA
0
Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hagaragaye umubare munini w’abakize
Share on FacebookShare on Twitter

Ku munsi umwe, mu Rwanda hagaragaye abantu umunani bakize indwara ya Marburg, ndetse no mu bipimo 240 byafashwe, bikaba bitabonetsemo umuntu n’umwe ufite ubwandu bw’iki cyorezo.

Bigaragazwa n’imibare ya Minisiteri y’Ubuzima ku ishusho y’uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda, aho kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Ukwakira 2024, habonetse abantu umunani (8) bakize, bituma abamaze gukira bose bagera kuri 38, umubare ukubye hafi gatatu w’abamaze kwitaba Imana bazize iyi ndwara.

Kuri uyu munsi kandi, mu bipimo 241 byafashwe, nta muntu n’umwe wasanganywe ubwandu bw’iyi ndwara, imaze kugaragara ku bantu 62 kuva yagera mu Rwanda.

Nta n’umuntu n’umwe wigeze yitaba Imana azize iyi ndwara, aho kugeza ubu umubare w’abamaze guhitanwa n’iyi ndwara, ari abantu 15, mu gihe abakiri kuvurwa kugeza ubu ari icyenda (9).

Nanone kandi igikorwa cyo gutanga inkingo ku bari ku ruhembe mu guhangana n’iyi ndwara kirakomeje, ndetse kuri uyu wa Gatatu hakaba hakingiwe abantu 85, batumye umubare w’abamaze guhabwa inkingo bose ugera kuri 856.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Nyafuruka gishinzwe kugenzura indwara z’ibyorezo (Africa CDC), Dr. Jean Kaseya uherutse mu Rwanda; yashimye uburyo u Rwanda ruri kwitwara mu bikorwa byo guhangana n’indwara ya Marburg, byumwihariko mu ngamba Guverinoma y’iki Gihugu yashyizeho.

Yari yagize ati “U Rwanda ruduhesha ishema nk’Abanyafurika, nk’Umuyobozi wa Africa CDC ntewe ishema no kuvuga ko u Rwanda ari ishuri dukwiye kwigiraho ibijyanye no guhangana n’ibyorezo.”

Uyu Muyobozi kandi yavuze ko akurikije ibyo yiboneye, n’ibyo Guverinoma y’u Rwanda yakoze, ubu nta mpungenge na nke zihari ko icyorezo cya Marburg cyakwirakwira mu bindi Bihugu kivuye mu Rwanda, ndetse ko n’iki Gihugu kizakirandura mu gihe cya vuba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 14 =

Previous Post

RDF yatanze umucyo ku birego by’ibinyoma byegetswe ku basirikare b’u Rwanda muri Centrafrique

Next Post

Kigali: Aho abana bambukaga bakambakamba bigateza impungenge ubu byahindutse

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Aho abana bambukaga bakambakamba bigateza impungenge ubu byahindutse

Kigali: Aho abana bambukaga bakambakamba bigateza impungenge ubu byahindutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.