Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hagaragaye umubare munini w’abakize

radiotv10by radiotv10
17/10/2024
in MU RWANDA
0
Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hagaragaye umubare munini w’abakize
Share on FacebookShare on Twitter

Ku munsi umwe, mu Rwanda hagaragaye abantu umunani bakize indwara ya Marburg, ndetse no mu bipimo 240 byafashwe, bikaba bitabonetsemo umuntu n’umwe ufite ubwandu bw’iki cyorezo.

Bigaragazwa n’imibare ya Minisiteri y’Ubuzima ku ishusho y’uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda, aho kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Ukwakira 2024, habonetse abantu umunani (8) bakize, bituma abamaze gukira bose bagera kuri 38, umubare ukubye hafi gatatu w’abamaze kwitaba Imana bazize iyi ndwara.

Kuri uyu munsi kandi, mu bipimo 241 byafashwe, nta muntu n’umwe wasanganywe ubwandu bw’iyi ndwara, imaze kugaragara ku bantu 62 kuva yagera mu Rwanda.

Nta n’umuntu n’umwe wigeze yitaba Imana azize iyi ndwara, aho kugeza ubu umubare w’abamaze guhitanwa n’iyi ndwara, ari abantu 15, mu gihe abakiri kuvurwa kugeza ubu ari icyenda (9).

Nanone kandi igikorwa cyo gutanga inkingo ku bari ku ruhembe mu guhangana n’iyi ndwara kirakomeje, ndetse kuri uyu wa Gatatu hakaba hakingiwe abantu 85, batumye umubare w’abamaze guhabwa inkingo bose ugera kuri 856.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Nyafuruka gishinzwe kugenzura indwara z’ibyorezo (Africa CDC), Dr. Jean Kaseya uherutse mu Rwanda; yashimye uburyo u Rwanda ruri kwitwara mu bikorwa byo guhangana n’indwara ya Marburg, byumwihariko mu ngamba Guverinoma y’iki Gihugu yashyizeho.

Yari yagize ati “U Rwanda ruduhesha ishema nk’Abanyafurika, nk’Umuyobozi wa Africa CDC ntewe ishema no kuvuga ko u Rwanda ari ishuri dukwiye kwigiraho ibijyanye no guhangana n’ibyorezo.”

Uyu Muyobozi kandi yavuze ko akurikije ibyo yiboneye, n’ibyo Guverinoma y’u Rwanda yakoze, ubu nta mpungenge na nke zihari ko icyorezo cya Marburg cyakwirakwira mu bindi Bihugu kivuye mu Rwanda, ndetse ko n’iki Gihugu kizakirandura mu gihe cya vuba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − four =

Previous Post

RDF yatanze umucyo ku birego by’ibinyoma byegetswe ku basirikare b’u Rwanda muri Centrafrique

Next Post

Kigali: Aho abana bambukaga bakambakamba bigateza impungenge ubu byahindutse

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika
AMAHANGA

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Aho abana bambukaga bakambakamba bigateza impungenge ubu byahindutse

Kigali: Aho abana bambukaga bakambakamba bigateza impungenge ubu byahindutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.