Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hagaragaye umubare munini w’abakize

radiotv10by radiotv10
17/10/2024
in MU RWANDA
0
Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hagaragaye umubare munini w’abakize
Share on FacebookShare on Twitter

Ku munsi umwe, mu Rwanda hagaragaye abantu umunani bakize indwara ya Marburg, ndetse no mu bipimo 240 byafashwe, bikaba bitabonetsemo umuntu n’umwe ufite ubwandu bw’iki cyorezo.

Bigaragazwa n’imibare ya Minisiteri y’Ubuzima ku ishusho y’uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda, aho kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Ukwakira 2024, habonetse abantu umunani (8) bakize, bituma abamaze gukira bose bagera kuri 38, umubare ukubye hafi gatatu w’abamaze kwitaba Imana bazize iyi ndwara.

Kuri uyu munsi kandi, mu bipimo 241 byafashwe, nta muntu n’umwe wasanganywe ubwandu bw’iyi ndwara, imaze kugaragara ku bantu 62 kuva yagera mu Rwanda.

Nta n’umuntu n’umwe wigeze yitaba Imana azize iyi ndwara, aho kugeza ubu umubare w’abamaze guhitanwa n’iyi ndwara, ari abantu 15, mu gihe abakiri kuvurwa kugeza ubu ari icyenda (9).

Nanone kandi igikorwa cyo gutanga inkingo ku bari ku ruhembe mu guhangana n’iyi ndwara kirakomeje, ndetse kuri uyu wa Gatatu hakaba hakingiwe abantu 85, batumye umubare w’abamaze guhabwa inkingo bose ugera kuri 856.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Nyafuruka gishinzwe kugenzura indwara z’ibyorezo (Africa CDC), Dr. Jean Kaseya uherutse mu Rwanda; yashimye uburyo u Rwanda ruri kwitwara mu bikorwa byo guhangana n’indwara ya Marburg, byumwihariko mu ngamba Guverinoma y’iki Gihugu yashyizeho.

Yari yagize ati “U Rwanda ruduhesha ishema nk’Abanyafurika, nk’Umuyobozi wa Africa CDC ntewe ishema no kuvuga ko u Rwanda ari ishuri dukwiye kwigiraho ibijyanye no guhangana n’ibyorezo.”

Uyu Muyobozi kandi yavuze ko akurikije ibyo yiboneye, n’ibyo Guverinoma y’u Rwanda yakoze, ubu nta mpungenge na nke zihari ko icyorezo cya Marburg cyakwirakwira mu bindi Bihugu kivuye mu Rwanda, ndetse ko n’iki Gihugu kizakirandura mu gihe cya vuba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 7 =

Previous Post

RDF yatanze umucyo ku birego by’ibinyoma byegetswe ku basirikare b’u Rwanda muri Centrafrique

Next Post

Kigali: Aho abana bambukaga bakambakamba bigateza impungenge ubu byahindutse

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Aho abana bambukaga bakambakamba bigateza impungenge ubu byahindutse

Kigali: Aho abana bambukaga bakambakamba bigateza impungenge ubu byahindutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.