Friday, May 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mashya: Muri Congo imirwano yahinduye isura

radiotv10by radiotv10
22/05/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bice biri mu nkengero y’agace ka Rubaya muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 n’uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abatuye mu bice biri hafi ya Rubaya, baravuga ko iyi mirwano yaramukanye imbaraga kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, ahumvikana urusaku rw’imbunda zirimo iza rutura ndetse n’izoroheje.

Umwe mu bo mu miryango itari iya Leta ikorera muri Teritwari ya Masisi, aravuga ko kuva mu gitondo cya kare kuri uyu wa Gatanu, “haramutse imirwano ikarishye hafi y’agace ka Kinigi na Kavuta.”

Ni imirwano iri kubera mu bilometero bitari byinshi uvuye mu gace ka Rubaya, gakungahaye ku mabuye y’agaciro, kababaje ubutegetsi bwa Congo, bwakunze kugaba ibitero bigamije kukisubiza bikananirana.

Uwitwa Ramadhani Kakule wo muri iyi Miryango itari iya Leta ikorera i Masisi, yemeza ko iyi mirwano yo mu bice byegereye Rubaya, atari iya none kuko “imaze ibyumweru bibiri, aho barwana, bagahagarara, bakongera bagasubukura imirwano, gutyo gutyo.”

Avuga kandi ko iyi mirwano imaze gutuma abantu benshi bava mu byabo bagahunga, kandi ko Sosiyete sivile yo muri aka gace, yiteguye ko “hari abandi benshi bahunga uyu munsi.”

Iyi mirwano kandi ikomeje guhindura isura muri Kivu ya Ruguru, mu gihe uruhande rwa Leta ya Kinshasa rwanakajije umurego mu bitero rukoreshamo indege zitagira abapilote muri Kivu y’Epfo, birimo guhitana inzirakarengane nyinshi.

Ni mu gihe impande zombi zikomeje kotswa igitutu zisabwa kubahiriza agahenge kemeranyijweho, aho ubuyobozi bwa AFC/M23 budahwema kugaragariza Umuryango Mpuzamahanga ko uruhande bahanganye rwamaramaje rwanze kubahiriza agahenge.

Iri Huriro kandi rivuga ko nubwo ryiyemeje kubahiriza agahenge, ariko ridashobora kurebera mu gihe uruhande bahanganye rukomeje kwica inzirakarengane z’Abanyekongo, ahubwo ko rigomba gufata inshingano zo kurwana ku baturage b’abasivile nk’uko ryabyiyemeje.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + twenty =

Previous Post

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

Related Posts

Urujijo ku itwikwa ry’ahavurirwa abarwayi ba Ebola ku Bitaro bimwe muri Congo

Urujijo ku itwikwa ry’ahavurirwa abarwayi ba Ebola ku Bitaro bimwe muri Congo

by radiotv10
22/05/2026
0

Inyubako yo mu kigo cyita ku barwayi ba Ebola ku Bitaro bya Rwampara biherereye mu mujyi wa Bunia mu Ntara...

Iran yaburiye America na Israel ko igitero gishya cyose cyatuma habaho akaga kadasanzwe

Iran yaburiye America na Israel ko igitero gishya cyose cyatuma habaho akaga kadasanzwe

by radiotv10
21/05/2026
0

Igisirikare cya Iran cyavuze ko kizafungura ipaji nshya y’urugamba kikagura intambara igihe Leta Zunze Ubumwe za America na Israel zatangiza...

Andi makuru yamenyekanye ku mugabo wapfuye ari gukorana imibonano n’umugore utari uwe

Andi makuru yamenyekanye ku mugabo wapfuye ari gukorana imibonano n’umugore utari uwe

by radiotv10
21/05/2026
0

Polisi yo muri Uganda yatangiye gukora iperereza ku rupfu rw’umugabo wo mu Karere ka Luuka witabye Imana ubwo yari ari...

Guverinoma ya Botswana yitandukanyije n’itangazo ryayitiriwe ko yahaye ikiruhuko abafana ba Arsenal

Guverinoma ya Botswana yitandukanyije n’itangazo ryayitiriwe ko yahaye ikiruhuko abafana ba Arsenal

by radiotv10
20/05/2026
0

Guverinoma ya Botswana yavuze ko nta kirihuko rusange cyagenewe abafana ba Arsenal nyuma yuko hagiye itangazo ryacuzwe ryavugaga ko abakunzi...

Umugabo yapfuye akorana imibanano n’umugore utari we ubwo yacaga inyuma uwe wabyabye

Umugabo yapfuye akorana imibanano n’umugore utari we ubwo yacaga inyuma uwe wabyabye

by radiotv10
20/05/2026
0

Umugabo w’imyaka 50 wo mu Karere ka Luuka mu Burasirazuba bwa Uganda, yapfuye ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’umugore w’umuturanyi mu...

IZIHERUKA

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando
AMAHANGA

Amakuru mashya: Muri Congo imirwano yahinduye isura

by radiotv10
22/05/2026
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

22/05/2026
Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

22/05/2026
Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

22/05/2026
Umukinnyi w’ikirangirire Cristiano Ronaldo yanditse andi mateka yiyongereye ku yo asanganywe

Umukinnyi w’ikirangirire Cristiano Ronaldo yanditse andi mateka yiyongereye ku yo asanganywe

22/05/2026
Ibiyobyabwenge byinshi birimo ibilo 480 by’urumogi byangirijwe imbere y’abaturage

Ibiyobyabwenge byinshi birimo ibilo 480 by’urumogi byangirijwe imbere y’abaturage

22/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Muri Congo imirwano yahinduye isura

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.