Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

radiotv10by radiotv10
13/06/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, yahamijwe ibyaha akurikiranyweho bishingiye ku byo yatangazaga ku byamamare birimo gutangaza amakuru y’ibihuha, akatirwa gunfungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu.

Umwanzuro watangajwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Kamena 2025, unagena kandi ko uregwa agomba gutanga ihazabu ya Miliyoni 1,3 Frw.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwafashe iki cyemezo nyuma yo guhamya uregwa, ibyaha birimo icyo gutangaza amakuru y’Ibihuha, icyaha cyo gukangisha gusebanya ndetse n’icyo kunywa ibiyobyabwenge.

Umucamanza yahamije uregwa ibi byaha ashingiye ku byagaragajwe n’Ubushinjacyaha birimo ibimenyetso bigaragaza ko uregwa yakoze ibyaha yari akurikiranyweho.

Mu iburanisha ku rubanza rwo mu mizi ryabaye tariki 15 Gicurasi 2025, Ubushinjacyaha bwasabaga Urukiko guhamya uregwa ibyaha, rukamukatira gufungwa imyaka icyenda.

Ubushinjacyaha bwasobanuriye Umucamanza ibikorwa bigize ibyaha byakozwe n’uregwa, birimo amagambo yatangazaga mu biganiro byatambukaga kuri YouTube, aho yatangazaga amakuru y’ibihuha kuri bimwe mu byamamare mu Rwanda, barimo abahanzi The Ben na Bahati.

Nko ku muhanzi The Ben, Ubushinjacyaha bwavuze ko uregwa [Fatakumavuta] yatangaje ko ubukwe bwe buzabamo akavuyo, mu gihe kuri Bahati yavuze ko uyu muhanzi yashatse umugore ushaje kandi mubi, amukurikiyeho kuba ari umudiyasipora.

Uregwa waburanye ahakana ibyaha, yavugaga ko ibyo yatangazaga byabaga ari ubusesenguzi kandi ko ari byo bigize umwuga we w’itangazamakuru, kandi ko bwemewe n’uyu mwuga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

Next Post

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Related Posts

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ku bufatanye n’Ubwami bw’Aba-Hashemite ba Jordan, muri iki cyumweru, yatanze toni 40 z’ubufasha bwo kugoboka...

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

by radiotv10
10/07/2025
0

Katie McCabe, Caitlin Foord and Laia  Codina, players of Arsenal Women Football Club visited the Kigali Genocide Memorial at Gisozi,...

IZIHERUKA

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?
IMIBEREHO MYIZA

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.