• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Thursday, June 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mpamo ku ishyingurwa rya Kabuga Felicien byavugwaga ko ryabaye mu ibanga rikomeye

radiotv10by radiotv10
04/06/2026
in MU RWANDA
0
Hagaragajwe igishobora gukorwa ku cyemezo ku bya Kabuga cyababaje benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Kabuga Felicien washingwaga kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba aherutse gupfira muri gereza mu Buholandi, byamenyekanye ko yashyinguwe mu Bubiligi.

Kabuga Felicien yapfuye tariki 16 Gicurasi 2026 aguye i La Haye mu Buholandi aho yari afungiwe muri Gereza y’Urwego IRMCT rushinzwe Imirimo y’insigarira y’izahozi ari Inkiko Mpuzamahanga Mpanabyaha zirimo urwari rwarashyiriweho u Rwanda ICTR/TPIR.

Ikinyamakuru Kigali Today kivuga ko Kabuga yashyinguwe ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 29 Gicurasi 2026 mu irimbi ry’i Waterloo mu Bubiligi, mu mujyi uri mu nkengero za Brussels.

Amakuru iki kinyamakuru kivuga ko gikesha umunyamakuru utuye mu Bubiligi, avuga ko nyuma y’ishyingurwa ry’uriya mugabo waregwaga kuba umwe mu baza ku isonga mu gucura umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi no kuwutera inkunga, habaye misa yo kumusabira yabaye kuri uyu wa 03 Kamena 2026

Uyu munyamakuru ni na we uvuga ko gushyingura Kabuga, byabaye mu ibanga. Yagize ati “Byabaye mu ibanga rikomeye cyane, ku buryo no mu muryango we, hari abari badahari.”

Yakomeje agira ati “Nyuma yabyo, ngo nta gukaraba, nta kiriyo cyangwa undi muhango usanzwe ukorwa n’abanyarwanda bagize ibyago byo kubura uwabo.”

Uyu munyamakuru avuga ko ko abantu bari bitabiriye iriya misa yo gusabira Kabuga, bari bazi ko bahita bajya no kumushyingura, ariko baza kumenya amakuru ko yashyinguwe mu cyumweru gishize, na bo bagwa mu kantu.

Uku gushyingura Kabuga mu ibanga rikomeye, bivugwa ko byatewe n’imbogamizi zigeze kuba ubwo hari hagiye gushyingurwa Protais Zigiranyirazo, musaza wa Agathe Kanziga, aho umwaka ushize umuryango we wangiye kumushyingura mu Bufaransa, ndetse bakitabaza Inkiko bikarangira zibangiye, bakaza gufata icyemezo cyo kumutwika.

Uyu munyamakuru yagize ati “Banze ko amateka yakwisubiramo, kuko no kuri Kabuga, ni ibintu byashobokaga cyane.”

 

Amakuru y’Umunyarwanda utuye mu Bubiligi avuga iki?

Umwe mu Banyarwanda batuye mu Bubiligi, avuga ko Kabuga Felicien yashyinguwe ku wa Kabiri w’iki Cyumweru tariki 02 Kamena 2026, muri uriya mujyi wa Waterloo.

Uyu waduhaye amakuru, avuga ko n’ubundi abitabiriye ishyingurwa rya Kabuga, babanje kujya mu gitambo cya Misa yo kumusabira cyabereye muri Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Yozefu (Saint Joseph), ubundi hagakurikiraho umuhango nyirizina.

Avuga ko ubwo abo mu muryango wa Kabuga bari bagiye kumushyingura, babonye polisi yo mu Bubiligi, bakabanza kwikanga ko izi nzego zigiye gutwara umurambo we, ngo ntushyingurwe mu Bubiligi, ariko zikabareka bagakomeza uwo muhango.

Kabuga yapfuye yujuje imyaka itandatu afatiwe i Paris mu Bufaransa aho yari amaze imyaka itatu acumbitse, akaba yarafashwe tariki 16 Gicurasi 2020.

Kabuga Felicien ni umwe mu bazaga ku isonga mu gukekwaho kugira uruhare runini mu gucura no kunoza umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kuyishyira mu bikorwa, by’umwihariko akaba umwe mu bashinze Radiyo rutwitsi ya RTLM yakanguriye abantu gukora Jenoside.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 13 =

Previous Post

Inteko ya America yafashe icyemezo gishobora kugabanyiriza Perezida Trump ububasha mu ntambara ya Iran

Related Posts

Ibikekwa ku itumizwa ryihutirwa ry’abakozi b’Akarere bitabye RIB  bagasohoka inama itarangiye

Ibikekwa ku itumizwa ryihutirwa ry’abakozi b’Akarere bitabye RIB bagasohoka inama itarangiye

by radiotv10
03/06/2026
0

Abakozi batatu b’Akarere ka Nyamagabe barimo ushinzwe ubugenzuzi bw’Imihanda n’ushinzwe imyubakire, batumijwe kuri RIB ikorera mu Karere ka Huye by’igitaraganya...

Hatanzwe itegeko ko hacuruzwa Litiro miliyoni 2 z’ibikomoka kuri Peteroli zimaze igihe mu bubiko mu Rwanda

Hatanzwe itegeko ko hacuruzwa Litiro miliyoni 2 z’ibikomoka kuri Peteroli zimaze igihe mu bubiko mu Rwanda

by radiotv10
03/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’amahoro, bwasabye ko Lilito miliyoni 1,9 z’ibikomoka kuri Peteroli zimaze amezi atandatu mu bubiko, zishyirwa ku...

Abaturiye akabari kitiriwe CHOGM ko muri Kigali bavuze uruhuri rw’ibyo bakanenga

Abaturiye akabari kitiriwe CHOGM ko muri Kigali bavuze uruhuri rw’ibyo bakanenga

by radiotv10
03/06/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Nyamugari mu Murenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo, baturiye akabari kitwa CHOGM-SPA,...

Abanyeshuri ibihumbi 74.000 batangiye gukora Ibizamini-Ngiro bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu Rwanda

Abanyeshuri ibihumbi 74.000 batangiye gukora Ibizamini-Ngiro bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
03/06/2026
0

Abanyeshuri 74 085 batangiye gukora Ibizamini-Ngiro bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w'amashuri wa 2025-2026, mu gikorwa cyatangijwe na...

Eng.-President Kagame says the choice made by Rwanda and France is bearing fruit

Eng.-President Kagame says the choice made by Rwanda and France is bearing fruit

by radiotv10
03/06/2026
0

President Paul Kagame has praised France for the positive steps it has taken towards a new direction in its relationship...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Amakuru mpamo ku ishyingurwa rya Kabuga Felicien byavugwaga ko ryabaye mu ibanga rikomeye

Inteko ya America yafashe icyemezo gishobora kugabanyiriza Perezida Trump ububasha mu ntambara ya Iran

Amakuru mashya: Bitunguranye imikino u Rwanda rwari kuzakinira muri Maroc ntikibaye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.