Wednesday, June 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amateka ariyanditse muri ruhago Nyarwanda: Perezida Kagame yafunguye Sitade Amahoro iri mu nziza ku Isi

radiotv10by radiotv10
01/07/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amateka ariyanditse muri ruhago Nyarwanda: Perezida Kagame yafunguye Sitade Amahoro iri mu nziza ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yafunguye ku mugaragaro Sitade Amahoro yavuguruwe, iri mu za mbere nziza muri Afurika no ku Isi, aboneraho kubwira abafite impano muri ruhago mu Rwanda, ko nta rundi rwitwazo.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 01 Nyakanga 2024, cyabimburiye umukino wa gicuti wahuje amakipe y’inzego z’Umutekano mu Rwanda, APR FC ya RDF, ndetse na Polisi FC ya RNP.

Ni igikorwa kandi cyitabiriwe n’abanyacyubahiro banyuranye, barimo Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) Dr Patrice Motsepe.

Perezida Kagame yashimiye Perezida wa CAF, Dr Patrice Motsepe na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino kuba barafashije u Rwanda kugera ku gikorwa remezo nk’iki cya Sitade Amahoro, kandi ko bari kubikorera n’ibindi Bihugu bya Afurika mu rwego rwo guteza imbere impano z’abana ba Afurika

Ati “Ibi bizatuma turangamirwa n’amahanga, kandi abana bafite impano bagume hano muri Afurika, bakinira mu Bihugu byabo.”

Yizeje kandi ko u Rwanda ruha agaciro cyane iki gikorwa remezo cya Sitade Amahoro, ku buryo abana b’u Rwanda bagiye kukibyaza umusaruro.

Ati “Ubu nta rundi rwitwazo ku bana bacu bafite impano, mugomba gukora cyane, kandi neza, mureke natwe tuze mu beza ba mbere ku Mugabane wa Afurika.”

Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amahruru muri Afurika (CAF), Dr Patrice Motsepe yavuze ko akurikije uko yabonye Sitade Amahoro, ari imwe mu nziza ku Mugabane wa Afurika ndetse no ku Isi yose.

Ati “Iyi ni imwe muri sitade nziza muri Afurika no ku Isi. Twe nk’Abanyarwanda, twe nk’Abanyafurika, dukwiye guterwa ishema kandi tugashimira Perezida Kagame ku miyoborere myiza yageze kuri Sitade nziza nk’iyi.”

Motsepe na we yavuze ko yifuza ko igikorwa nk’iki kigomba kugira icyo gihindura ku rwego rw’Umupira w’Amaguru mu Rwanda rukiri hasi.

Ati “Ubutaha ndifuza kuzagaruka hano, mbona ikipe y’Igihugu cy’u Rwanda iri gukina n’indi kipe ya mbere nziza muri Afurika.”

Yavuze ko yifuza ko impano z’abana b’u Rwanda, zitezwa imbere ku buryo mu Rwanda haba igicumbi cy’umupira w’amaguru muri Afurika. Ati “U Rwanda ruzaba imwe mu makipe meza muri Afurika.”

Yasoje ashimira Perezida Paul Kagame ku bw’umuhate we, n’ubwitange mu gutuma u Rwanda rukomeza kuza imbere mu byiza, ndetse no mu mupira w’amaguru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + four =

Previous Post

Umunyarwenya ukomeye muri Afurika wihebeye u Rwanda yasubije abamubaza Umukandida wo gutorera kuruyobora

Next Post

M23 yagaragaje ko yasekewe n’amahirwe nyuma yo gukozanyaho gukomeye na FARDC

Related Posts

Ubutumwa bw’umutoza Mashami washimangiye ko atazakomeza n’ikipe yatandukanye na benshi

Ubutumwa bw’umutoza Mashami washimangiye ko atazakomeza n’ikipe yatandukanye na benshi

by radiotv10
10/06/2025
0

Mashami Vincent wari umutoza mukuru wa Police FC, yemeje ko atazakomezanya n’iyi kipe nyuma y’imyaka itatu yari ayimazemo, ayishimira icyizere...

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

by radiotv10
09/06/2025
0

Amakipe azahagararira u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga APR FC na Rayon Sports, yatanze andi kujya ku isoko ryo kugura abakinnyi...

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

Abakinnyi b’abanyamahanga bakinira Rayon Sports FC bari bamaze igihe bataka kudahabwa amatike y’indege abasubiza iwabo mu biruhuko bizejwe kuyahabwa, ndetse...

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

IZIHERUKA

Uregwa kuriganya abantu 500 miliyari 13Frw yasobanuriye Urukiko impamvu yifuza kurekurwa n’umusaruro byatanga
MU RWANDA

Uregwa kuriganya abantu 500 miliyari 13Frw yasobanuriye Urukiko impamvu yifuza kurekurwa n’umusaruro byatanga

by radiotv10
11/06/2025
0

U Rwanda rwakiriye Inkura z’umweru 70 ruca agahigo muri Afurika

U Rwanda rwakiriye Inkura z’umweru 70 ruca agahigo muri Afurika

10/06/2025
Ubutumwa bw’Umunyamerika w’inararibonye ku bakeka ko kuva muri ECCAS k’u Rwanda ari igihombo

Ubutumwa bw’Umunyamerika w’inararibonye ku bakeka ko kuva muri ECCAS k’u Rwanda ari igihombo

10/06/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

10/06/2025
Ubuhamya ku ifungwa ry’abana b’Abarundi barenga 10 bafatiwe muri Tanzania

Ubuhamya ku ifungwa ry’abana b’Abarundi barenga 10 bafatiwe muri Tanzania

10/06/2025
Hatanzwe icyifuzo nyuma yuko Minisitiri umwe muri Congo ahaswe ibibazo ku cyaha akurikiranyweho

Hatanzwe icyifuzo nyuma yuko Minisitiri umwe muri Congo ahaswe ibibazo ku cyaha akurikiranyweho

10/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje ko yasekewe n’amahirwe nyuma yo gukozanyaho gukomeye na FARDC

M23 yagaragaje ko yasekewe n’amahirwe nyuma yo gukozanyaho gukomeye na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uregwa kuriganya abantu 500 miliyari 13Frw yasobanuriye Urukiko impamvu yifuza kurekurwa n’umusaruro byatanga

U Rwanda rwakiriye Inkura z’umweru 70 ruca agahigo muri Afurika

Ubutumwa bw’Umunyamerika w’inararibonye ku bakeka ko kuva muri ECCAS k’u Rwanda ari igihombo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.