Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amateka ateye amatsiko yo mu buto bwa Perezida Kagame yashibutsemo urugamba rwo Kwibohora

radiotv10by radiotv10
01/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amateka ateye amatsiko yo mu buto bwa Perezida Kagame yashibutsemo urugamba rwo Kwibohora
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo yari afite imyaka 11 y’amavuko, ari bwo yatangiye kwibaza ibibazo byashibutsemo urugamba rwo Kwibohora, ubwo yababazwaga n’imibereho mibi umuryango we n’abandi barimo mu buhungiro muri Uganda, nyamara muri iyo myaka yaragiye agaruka mu Rwanda akareba uko Igihugu cyamwibarutse kimeze.

Yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Radio 10, kibaye habura amezi macye ngo Abanyarwanda bizihiza isabukuru y’imyaka 30 u Rwanda rumaze rwibohoye.

Umukuru w’u Rwnada wayoboye urugamba rwo kubohora u Rwanda, aho yari Umugaba mukuru w’ingabo zahoze ari RPA, yagarutse ku mateka ye bwite, aho yahunze we n’umuryango we afite imyaka ine, bakajya muri Uganda, ndetse bakaba mu nkambi zitandukanye.

Yavuze ko ari ho yakuriye, ndetse n’umubyeyi we [Papa we] akaba ari ho asazira [yatabarukiye], ubwo we yari afite imyaka 15, ariko ko mbere yaho, afite imyaka 11 yakundaga kumubaza impamvu bari muri ubwo buzima bw’ubuhungiro bwagira ingaruka ku mibereho ye n’umuryango we.

Ati “Ubundi iyo umwana ashonje abwira nyina cyangwa se ko ashonje, ibiryo bikaboneka, ariko mu buryo bw’impunzi, wabonaga bakuru banjye abavutse mbere yanjye, njye ndi umuhererezi nkabona bajya gutora umurongo bategereje abaza kubaha iposho, ngo twese ngo tubisangire. Nkiri umwana nk’imyaka 12 nkabaza nti ‘ni iyihe mpamvu turi hano?”

Yavuze ko kandi yumvaga ko ubuzima babagamo mu Rwanda bari bameze neza. Ati “Hari nk’amafoto najyaga mbona bari bafite ndi uruhinja bampagatiye bamvana mu Bitaro aho babaga babyariye abantu, bikanyereka ishusho ivuga ko mu by’ukuri kandi byaravugwaga kandi birazwi umuryango wanjye ntiwari umeze nabi, ntiwari ukennye, wari umeze neza ku rwego rw’Abanyarwanda uko bari bameze icyo gihe. Hagati y’ibyo n’ubuhunzi ngira ngo ni ho hajemo, ibyo numvaga ibyo nabonaga by’amafoto, nkabaza nti ‘ese kuki turi aha?’ Umubyeyi wanjye ambwira amateka, mbitega amatwi, ariko nk’umwana warangiza ukava aho ukajya kwikinira umupira.”

Avuga ko uko umubyeyi we yabimusobanuriye, yumvaga umuryango we n’abandi bose bari barahunze, nta cyaha cyagombaga gutuma bajya kubaho muri ubwo buzima, bituma akomeza kubitekerezaho, anatekereza uburyo ubwo buzima bw’ubuhunzi babuvamo.

Perezida Kagame yavuze ko yaje mu Rwanda inshuro eshatu, mu 1977, mu 1978, no mu 1979, akaza akareba uko Igihugu yavukiyemo kimeze, ndetse ko umujyi wa Kigali yajyaga awutembera n’amaguru. akajya n’i Butare gusura Nyirasenge, umwamikazi Rosalia Gicanda wanareraga mushiki we, ariko byose akareba uko Igihugu kimeze, akagira inyota yo kuzagituramo.

Ibyo yakomeje kubiganiraho na bagenzi be, ariko batabona inzira byanyuramo kugira ngo babohore u Rwanda, nyuma baza kujya mu gisirikare cya Museveni cyabohoje Uganda na yo yari iyobowe n’ubutegetsi bw’igitugu.

Ati “Bituma twisanga mu gisirikare cya Uganda, mu ibohora rya Uganda, aho ni ho twabonye amahirwe yo kubijyamo, ndetse tubijyamo dutekereza ko amahereze niba tugize amahirwe tukabirokoka, ibyo twashoboye gukora no kumenya mu mikorere bishobora no gukoreshwa no guhindura imiberejo na politiki n’ubuzima bw’Igihugu cyacu.”

Perezida Kagame yavuze ko yari mu basirikare 27 bari mu bari bayoboye urwo rugamba rwo kubohora Uganda, bari bafite intwaro, barimo Abanyarwanda babiri, ari bo we na Fred Gisa Rwigema wari unamukuriye.

Yavuze ko atari azi ko azayobora urugamba rwo kubohora u Rwanda, ariko ko icyo yatekerezaga ari uko yumvaga ko igikorwa nk’iki kigomba kugira abakiyoboye, ku buryo wenda yazamo, ariko atumvaga ko ari we wakiyobora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze icyatumye hashoboka umuti ushaririye wo kumvisha Abarokotse Jenoside gutanga imbabazi

Next Post

Ihere ijisho amafoto ya Perezida Kagame mu kiganiro na Radio10

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

by radiotv10
27/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Karere ka Huye baravuga ko igishanga cya Mukura cyari kibafatiye runini mu mibereho ya buri munsi,...

IZIHERUKA

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe
IBYAMAMARE

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ihere ijisho amafoto ya Perezida Kagame mu kiganiro na Radio10

Ihere ijisho amafoto ya Perezida Kagame mu kiganiro na Radio10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.