Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amateka ateye amatsiko yo mu buto bwa Perezida Kagame yashibutsemo urugamba rwo Kwibohora

radiotv10by radiotv10
01/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amateka ateye amatsiko yo mu buto bwa Perezida Kagame yashibutsemo urugamba rwo Kwibohora
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo yari afite imyaka 11 y’amavuko, ari bwo yatangiye kwibaza ibibazo byashibutsemo urugamba rwo Kwibohora, ubwo yababazwaga n’imibereho mibi umuryango we n’abandi barimo mu buhungiro muri Uganda, nyamara muri iyo myaka yaragiye agaruka mu Rwanda akareba uko Igihugu cyamwibarutse kimeze.

Yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Radio 10, kibaye habura amezi macye ngo Abanyarwanda bizihiza isabukuru y’imyaka 30 u Rwanda rumaze rwibohoye.

Umukuru w’u Rwnada wayoboye urugamba rwo kubohora u Rwanda, aho yari Umugaba mukuru w’ingabo zahoze ari RPA, yagarutse ku mateka ye bwite, aho yahunze we n’umuryango we afite imyaka ine, bakajya muri Uganda, ndetse bakaba mu nkambi zitandukanye.

Yavuze ko ari ho yakuriye, ndetse n’umubyeyi we [Papa we] akaba ari ho asazira [yatabarukiye], ubwo we yari afite imyaka 15, ariko ko mbere yaho, afite imyaka 11 yakundaga kumubaza impamvu bari muri ubwo buzima bw’ubuhungiro bwagira ingaruka ku mibereho ye n’umuryango we.

Ati “Ubundi iyo umwana ashonje abwira nyina cyangwa se ko ashonje, ibiryo bikaboneka, ariko mu buryo bw’impunzi, wabonaga bakuru banjye abavutse mbere yanjye, njye ndi umuhererezi nkabona bajya gutora umurongo bategereje abaza kubaha iposho, ngo twese ngo tubisangire. Nkiri umwana nk’imyaka 12 nkabaza nti ‘ni iyihe mpamvu turi hano?”

Yavuze ko kandi yumvaga ko ubuzima babagamo mu Rwanda bari bameze neza. Ati “Hari nk’amafoto najyaga mbona bari bafite ndi uruhinja bampagatiye bamvana mu Bitaro aho babaga babyariye abantu, bikanyereka ishusho ivuga ko mu by’ukuri kandi byaravugwaga kandi birazwi umuryango wanjye ntiwari umeze nabi, ntiwari ukennye, wari umeze neza ku rwego rw’Abanyarwanda uko bari bameze icyo gihe. Hagati y’ibyo n’ubuhunzi ngira ngo ni ho hajemo, ibyo numvaga ibyo nabonaga by’amafoto, nkabaza nti ‘ese kuki turi aha?’ Umubyeyi wanjye ambwira amateka, mbitega amatwi, ariko nk’umwana warangiza ukava aho ukajya kwikinira umupira.”

Avuga ko uko umubyeyi we yabimusobanuriye, yumvaga umuryango we n’abandi bose bari barahunze, nta cyaha cyagombaga gutuma bajya kubaho muri ubwo buzima, bituma akomeza kubitekerezaho, anatekereza uburyo ubwo buzima bw’ubuhunzi babuvamo.

Perezida Kagame yavuze ko yaje mu Rwanda inshuro eshatu, mu 1977, mu 1978, no mu 1979, akaza akareba uko Igihugu yavukiyemo kimeze, ndetse ko umujyi wa Kigali yajyaga awutembera n’amaguru. akajya n’i Butare gusura Nyirasenge, umwamikazi Rosalia Gicanda wanareraga mushiki we, ariko byose akareba uko Igihugu kimeze, akagira inyota yo kuzagituramo.

Ibyo yakomeje kubiganiraho na bagenzi be, ariko batabona inzira byanyuramo kugira ngo babohore u Rwanda, nyuma baza kujya mu gisirikare cya Museveni cyabohoje Uganda na yo yari iyobowe n’ubutegetsi bw’igitugu.

Ati “Bituma twisanga mu gisirikare cya Uganda, mu ibohora rya Uganda, aho ni ho twabonye amahirwe yo kubijyamo, ndetse tubijyamo dutekereza ko amahereze niba tugize amahirwe tukabirokoka, ibyo twashoboye gukora no kumenya mu mikorere bishobora no gukoreshwa no guhindura imiberejo na politiki n’ubuzima bw’Igihugu cyacu.”

Perezida Kagame yavuze ko yari mu basirikare 27 bari mu bari bayoboye urwo rugamba rwo kubohora Uganda, bari bafite intwaro, barimo Abanyarwanda babiri, ari bo we na Fred Gisa Rwigema wari unamukuriye.

Yavuze ko atari azi ko azayobora urugamba rwo kubohora u Rwanda, ariko ko icyo yatekerezaga ari uko yumvaga ko igikorwa nk’iki kigomba kugira abakiyoboye, ku buryo wenda yazamo, ariko atumvaga ko ari we wakiyobora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze icyatumye hashoboka umuti ushaririye wo kumvisha Abarokotse Jenoside gutanga imbabazi

Next Post

Ihere ijisho amafoto ya Perezida Kagame mu kiganiro na Radio10

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ihere ijisho amafoto ya Perezida Kagame mu kiganiro na Radio10

Ihere ijisho amafoto ya Perezida Kagame mu kiganiro na Radio10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.