Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amatora ya RPF: Chairman Kagame yatowe kuri 99.8%, Bazivamo asimburwa ku mwanya yari amazego imyaka 21

radiotv10by radiotv10
03/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amatora ya RPF: Chairman Kagame yatowe kuri 99.8%, Bazivamo asimburwa ku mwanya yari amazego imyaka 21
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame, yongeye kugirirwa icyizere n’Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi bamutora ku mwanya wa Chairman ku majwi 99,8%; haba impinduka ku yindi myanya y’abamwungirije.

Ni amatora yabaye kuri iki Cyumweru tariki 02 Mata 2023 muri Kongere ya 16 y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi yanahujwe n’ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 35 y’uyu muryango umaze.

Iyi kongere yatangijwe na Perezida Paul Kagame wagarutse ku mateka y’uyu muryango, avuga ko imyaka 35 umaze, kuri bamwe bashobora kuyumva ko ari micye, ariko ko ku bazi uburemere bw’ibyo wakoze, ari nk’imyaka ijana.

Muri iyi kongere kandi hanatangiwemo ibiganiro byagarutse ku rugendo rwa RPF-Inkotanyi yatangiye igamije guhindura amateka mabi yari yarabayeho mu Rwanda kuva ku bw’abakoloni kugeza ku butegetsi bwabakurikiyeho bukimakaza ubwoko n’irondakarere, byagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abarenga miliyoni imwe.

Iyi kongere kandi yanabereyemo amatora ya Komite y’uyu Muryango wa RPF-Inkotanyi, aho ku mwanya wa Chairman hahise hamazwa Perezida Paul Kagame watanzwemo umukandida na Senetari Mureshyankwano Marie Rose wavuze ko ntawundi ukwiye kuyobora uyu muryango, uretse uwakomeje kwitanga kuva cyera, akemera gushyira imbere inyungu rusange.

Ati “Uwo ntawundi ni Paul Kagame, Perezida wa Repubulika […] akunda Abanyarwanda, ashyira abaturage imbere, ikindi tumukundira, ntagira ubwoko, ntagira idini, ni Umunyarwanda wuzuye.”

Kuri uyu mwanya kandi, Sheikh Abdul Karim Harerimana na we wakunze kwiyamamaza kuri uyu mwanya ariko agatsindwa buri gihe, na we yahise yiyamamaza, agira ati “Mumpe amajwi nanjye ngerageze, ndabizi ko akunda u Rwanda, akunda umuryango, azaba andi hafi.”

Amatora yahise akorwa, Perezida Paul Kagame atsinda Harerimana, aho yagize amajwi 99,8%; ni ukuvuga ko yatowe n’abanyamuryango 2 099 muri 2 102, naho Sheikh Abdul Karim Harerimana atorwa n’abantu batatu, agira amajwi 0,2%.

Ku yindi myanya, hatowe Consolée Uwimana watorewe umwanya wa Vice Chairman ku majwi 92,5%; naho ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru, hatorwa Gasamagera Wellars ku majwi 90,3%.

Perezida Kagame yongeye gutorerwa kuba Chairman
N’abandi batowe
Gasamagera yatorewe kuba Umunyamabanga Mukuru
Consolée Uwimana yatorewe kuba Vice Chairman

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + eight =

Previous Post

Ibyamamare byo mu Bufaransa byashyiriwe itegeko ridasanzwe ku bakabiriza ubwiza bwabo mu mafoto

Next Post

Indi nkuru nziza ku biciro bishya by’ibikokomoka kuri Peteroli

Related Posts

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

by radiotv10
29/07/2025
0

Inteko y’Umuco yagaragaje gahunda y’ibirori byo kwihiza Umuganura, isaba Abanyarwanda bose kuzawizihiza baganuzanya baharanira kuba Abanyarwanda b’umutima, badahujwe gusa no...

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

by radiotv10
29/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwakoreye ibirori byo gusezerera abasirikare barimo abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza,...

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

by radiotv10
29/07/2025
0

Nyuma yuko abakoresha umurongo wa Sosiyete y’Itumanaho ‘MTN Rwanda’ bahuye n’imbogamizi zirimo guhamagarana, kanisegura ku bakiliya bayo, Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere...

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

by radiotv10
29/07/2025
0

In Rwanda today, the image of a modern woman is one of confidence, ambition, and independence. She’s climbing the corporate...

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

by radiotv10
29/07/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko uburyo bwo kwandura indwara ya Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura Virusi...

IZIHERUKA

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje
IMIBEREHO MYIZA

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

by radiotv10
29/07/2025
0

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

29/07/2025
Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

29/07/2025
Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru nziza yerecyeye ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli

Indi nkuru nziza ku biciro bishya by’ibikokomoka kuri Peteroli

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.