Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amatora ya RPF: Chairman Kagame yatowe kuri 99.8%, Bazivamo asimburwa ku mwanya yari amazego imyaka 21

radiotv10by radiotv10
03/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amatora ya RPF: Chairman Kagame yatowe kuri 99.8%, Bazivamo asimburwa ku mwanya yari amazego imyaka 21
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame, yongeye kugirirwa icyizere n’Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi bamutora ku mwanya wa Chairman ku majwi 99,8%; haba impinduka ku yindi myanya y’abamwungirije.

Ni amatora yabaye kuri iki Cyumweru tariki 02 Mata 2023 muri Kongere ya 16 y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi yanahujwe n’ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 35 y’uyu muryango umaze.

Iyi kongere yatangijwe na Perezida Paul Kagame wagarutse ku mateka y’uyu muryango, avuga ko imyaka 35 umaze, kuri bamwe bashobora kuyumva ko ari micye, ariko ko ku bazi uburemere bw’ibyo wakoze, ari nk’imyaka ijana.

Muri iyi kongere kandi hanatangiwemo ibiganiro byagarutse ku rugendo rwa RPF-Inkotanyi yatangiye igamije guhindura amateka mabi yari yarabayeho mu Rwanda kuva ku bw’abakoloni kugeza ku butegetsi bwabakurikiyeho bukimakaza ubwoko n’irondakarere, byagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abarenga miliyoni imwe.

Iyi kongere kandi yanabereyemo amatora ya Komite y’uyu Muryango wa RPF-Inkotanyi, aho ku mwanya wa Chairman hahise hamazwa Perezida Paul Kagame watanzwemo umukandida na Senetari Mureshyankwano Marie Rose wavuze ko ntawundi ukwiye kuyobora uyu muryango, uretse uwakomeje kwitanga kuva cyera, akemera gushyira imbere inyungu rusange.

Ati “Uwo ntawundi ni Paul Kagame, Perezida wa Repubulika […] akunda Abanyarwanda, ashyira abaturage imbere, ikindi tumukundira, ntagira ubwoko, ntagira idini, ni Umunyarwanda wuzuye.”

Kuri uyu mwanya kandi, Sheikh Abdul Karim Harerimana na we wakunze kwiyamamaza kuri uyu mwanya ariko agatsindwa buri gihe, na we yahise yiyamamaza, agira ati “Mumpe amajwi nanjye ngerageze, ndabizi ko akunda u Rwanda, akunda umuryango, azaba andi hafi.”

Amatora yahise akorwa, Perezida Paul Kagame atsinda Harerimana, aho yagize amajwi 99,8%; ni ukuvuga ko yatowe n’abanyamuryango 2 099 muri 2 102, naho Sheikh Abdul Karim Harerimana atorwa n’abantu batatu, agira amajwi 0,2%.

Ku yindi myanya, hatowe ConsolĂ©e Uwimana watorewe umwanya wa Vice Chairman ku majwi 92,5%; naho ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru, hatorwa Gasamagera Wellars ku majwi 90,3%.

Perezida Kagame yongeye gutorerwa kuba Chairman
N’abandi batowe
Gasamagera yatorewe kuba Umunyamabanga Mukuru
Consolée Uwimana yatorewe kuba Vice Chairman

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + eighteen =

Previous Post

Ibyamamare byo mu Bufaransa byashyiriwe itegeko ridasanzwe ku bakabiriza ubwiza bwabo mu mafoto

Next Post

Indi nkuru nziza ku biciro bishya by’ibikokomoka kuri Peteroli

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru nziza yerecyeye ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli

Indi nkuru nziza ku biciro bishya by’ibikokomoka kuri Peteroli

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.