Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amatora ya RPF: Chairman Kagame yatowe kuri 99.8%, Bazivamo asimburwa ku mwanya yari amazego imyaka 21

radiotv10by radiotv10
03/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amatora ya RPF: Chairman Kagame yatowe kuri 99.8%, Bazivamo asimburwa ku mwanya yari amazego imyaka 21
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame, yongeye kugirirwa icyizere n’Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi bamutora ku mwanya wa Chairman ku majwi 99,8%; haba impinduka ku yindi myanya y’abamwungirije.

Ni amatora yabaye kuri iki Cyumweru tariki 02 Mata 2023 muri Kongere ya 16 y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi yanahujwe n’ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 35 y’uyu muryango umaze.

Iyi kongere yatangijwe na Perezida Paul Kagame wagarutse ku mateka y’uyu muryango, avuga ko imyaka 35 umaze, kuri bamwe bashobora kuyumva ko ari micye, ariko ko ku bazi uburemere bw’ibyo wakoze, ari nk’imyaka ijana.

Muri iyi kongere kandi hanatangiwemo ibiganiro byagarutse ku rugendo rwa RPF-Inkotanyi yatangiye igamije guhindura amateka mabi yari yarabayeho mu Rwanda kuva ku bw’abakoloni kugeza ku butegetsi bwabakurikiyeho bukimakaza ubwoko n’irondakarere, byagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abarenga miliyoni imwe.

Iyi kongere kandi yanabereyemo amatora ya Komite y’uyu Muryango wa RPF-Inkotanyi, aho ku mwanya wa Chairman hahise hamazwa Perezida Paul Kagame watanzwemo umukandida na Senetari Mureshyankwano Marie Rose wavuze ko ntawundi ukwiye kuyobora uyu muryango, uretse uwakomeje kwitanga kuva cyera, akemera gushyira imbere inyungu rusange.

Ati “Uwo ntawundi ni Paul Kagame, Perezida wa Repubulika […] akunda Abanyarwanda, ashyira abaturage imbere, ikindi tumukundira, ntagira ubwoko, ntagira idini, ni Umunyarwanda wuzuye.”

Kuri uyu mwanya kandi, Sheikh Abdul Karim Harerimana na we wakunze kwiyamamaza kuri uyu mwanya ariko agatsindwa buri gihe, na we yahise yiyamamaza, agira ati “Mumpe amajwi nanjye ngerageze, ndabizi ko akunda u Rwanda, akunda umuryango, azaba andi hafi.”

Amatora yahise akorwa, Perezida Paul Kagame atsinda Harerimana, aho yagize amajwi 99,8%; ni ukuvuga ko yatowe n’abanyamuryango 2 099 muri 2 102, naho Sheikh Abdul Karim Harerimana atorwa n’abantu batatu, agira amajwi 0,2%.

Ku yindi myanya, hatowe ConsolĂ©e Uwimana watorewe umwanya wa Vice Chairman ku majwi 92,5%; naho ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru, hatorwa Gasamagera Wellars ku majwi 90,3%.

Perezida Kagame yongeye gutorerwa kuba Chairman
N’abandi batowe
Gasamagera yatorewe kuba Umunyamabanga Mukuru
Consolée Uwimana yatorewe kuba Vice Chairman

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + eleven =

Previous Post

Ibyamamare byo mu Bufaransa byashyiriwe itegeko ridasanzwe ku bakabiriza ubwiza bwabo mu mafoto

Next Post

Indi nkuru nziza ku biciro bishya by’ibikokomoka kuri Peteroli

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru nziza yerecyeye ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli

Indi nkuru nziza ku biciro bishya by’ibikokomoka kuri Peteroli

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.