Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amatsiko yashize: Menya amazina yiswe Abana b’Ingagi 23 yatanzwe n’abarimo abasitari bakomeye ku Isi

radiotv10by radiotv10
01/09/2023
in MU RWANDA
0
Amatsiko yashize: Menya amazina yiswe Abana b’Ingagi 23 yatanzwe n’abarimo abasitari bakomeye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Impundu zavuze i Kinigi mu Karere ka Musanze, ahiswe amazina Abana b’Ingagi 23 baherutse kwinjira mu muryango w’Ingagi mu Rwanda, barimo abiswe amazina n’ibyamamare ku Isi, nk’Umukinnyi wa filimi w’ikirangirire Idris Elba, n’Umunyarwenya Kevin Hart.

Kevin Hart umwe mu banyarwenya bakomeye ku Isi ari na we wise umwana wa mbere wiswe isina uyu munsi, we yabikoreye iya kure, ahagaragajwe amashusho yita uyu mwana w’Ingagi, ubwo yari ari mu Rwanda.

Kevin Hart uherutse no gusura u Rwanda, akasura Ingagi zo mu Birunga, aho yasanze havutse umwana yise izina yavuze ko uyu mwana yahisemo kumwita ‘Gakondo’.

Ineza Umuhoza Grace washinze ikigo The Green Protector cyita ku bidukikije no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, yise Umwana w’Ingagi ‘Bigwi’.

Itsinda ry’uruganda rukora imiti n’inkingo rwa Bion Thech, ryise umwana w’Ingagi izina rya ‘Intiganda’, bigaragaza ubwitange n’ubutiganda bw’abakozi bo muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, ndetse n’imbaraga n’ibikorwa byo kutagamburuzwa, biranga Abanyarwanda

Danai Gurira, umwe mu bakinnyi ba film bakomeye ku Isi, wagaragaye muri Film yamamaye cyane Black Panther-Wakanda, yise umwana w’Ingagi Izina, ‘Aguka’.

Anders Holch Povlsen washinze ikigo cya Besteller, yise Umwana w’Ingagi wo mu muryango Igisha, akaba yamwise ‘Umutako’.

Yavuze ko iri zina yarihisemo ashaka kugaragaza ishema yatewe n’urwego rugezweho n’ubuhanzi n’ugeni by’u Rwanda, by’umwihariko mu mitako ikorerwa mu Rwanda ikunzwe na benshi ku Isi.

Audrey Azoulay yise umwana wo mu muryango w’Ingagi wa Sabyinyo, amwita izina rya ‘Ikirango’ rishimangira imbaraga z’u Rwanda mu guteza imbere ubukerarugendo.

Bernard Lama wabaye umunyezamu w’ikipe ikomeye ya Paris Saint Germain, ndetse n’iy’Igihugu y’u Bufaransa, yise umwana w’Ingagi wo mu muryango wa Muhoza, akaba yamwise izina rya ‘Ramba’ rigaragaza u Rwanda rufite Iterambere rirambye, ribikesha inzego zinyuranye by’umwihariko ubukerarugendo.

Umuhanzi w’ikirangirire akaba n’umwanditsi w’indirimbo, Bukola Elemide uzwi nka Asa, na we yise umwana w’Ingagi wo mu muryango wa Dushishoze, amwita, ‘Inganzo’ yahisemo kugira ngo agaragaze uruhare rwo kubungabunga urusobe rw’ibidukikije mu kuzamura imibereho myiza y’abaturage.

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu mu Rwanda, Hazza AlQahtani, na we yise umwana wo mu muryango wa Kwitonda, amwita ‘Urunana’. Avuga ko yahisemo iri zina ashaka kugaragaza akamaro ko gufatanya mu kugera ku ntego zo kubungabunga ibudukikije.

Zurab Pololikashvili usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bukerarugendo (UNWTO) na we yise umwana izina rya ‘Inshingano’.

Miss Queen Kalimpinya witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda, ubu wanamaze kwinjira mu mikino y’amasiganwa y’imodoka, yise umwana izina rya ‘Impundu’, asaba abari n’abategarugori kuvuza impundu mu rwego rwo kwakira aba bana b’Ingagi biswe amazina uyu munsi.

Umwanditsi w’Ibitabo mbarankuru, Jonathan Ledgard na we yise umwana w’Ingagi izina rya ‘Gisubizo’.

Umukinnyi wa Filimi, Winston Duke, na we yise izina umwana w’Ingagi, rya ‘Intakumirwa’.

Umwana muto witwa Elvine Ineza witwaye neza mu mashuri abanza, na we yise izina umwana w’Ingagi, yise ‘Nibagwire’, yahisemo kugira ngo yifurize umuryango ukomokamo uyu mwana w’Ingagi, kwaguka no kugwira.

Umukinnyi w’ikirangirire Sol Campbell wakiniye ikipe ya Arsenal, na we yise umwana w’Ingagi izina rya ‘Jijuka’.

Umukinnyi wa Film Idris Elba ari mu bise abana b’Ingagi

Umukinnyi wa Film w’ikirangirire ku Isi, Idris Elba n’umugore we Sabrina Dhowre Elba, bise umwana w’Ingagi izina rya ‘Narame’.

Idris Elba wanagaragaye muri film ya Sometimes in April, igaruka kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, yavuze ko yaje mu Rwanda muri 2005 ubu akaba ari ubwa kabiri.

Ati “Ariko ntabwo mbasha kwiyumvisha uburyo u Rwanda rwateye imbere, rukaba rukomeje kuba inyenyeri imurikira Afurika. Ugereranyije n’aho u Rwanda ruri, ni umutima wa Afurika, kandi mu by’ukuri ni na ko bimeze. Harakabaho u Rwanda.”

Hon Andrew Mitchell wabaye Minisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza, na we yise umwana Izina rya ‘Mukundwa’.

Nick Stone uyobora ikigo Wilderness, na we yise umwana w’Ingagi izina rya ‘Umunguzi’.

Rurangiranwa mu mukino wa Basketball, Joakim Noah na Lais Ribeiro wanakinnye muri NBA, ‘Turumwe’.

Cyrille Bollore uyobora ikigo cya Bollore, na we yise Umwana w’Ingagi, izina rya ‘Mugisha’.

Joe Schoendorf na we yise Umwana w’Ingagi izina rya ‘Uburinganire’, yahisemo kugira ngo ashimire Guverinoma y’u Rwanda ku mbaraga yashyize mu guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore.

Dusabeyezu Innocent, umwe mu bayobora ba mukerarugendo wanahawe ishimwe, na we yise umwana w’Ingagi izina rya ‘Murare’.

Madamu Jeannette Kagame ni we wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − two =

Previous Post

Twibukiranye uko amakipe y’ibihangange yigaragaje ku isoko ry’abakinnyi rigiye gufungwa

Next Post

Ubutumwa bukomeye bwa Gen Kabarebe kuri RDF ubwo yasezerwagaho

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bukomeye bwa Gen Kabarebe kuri RDF ubwo yasezerwagaho

Ubutumwa bukomeye bwa Gen Kabarebe kuri RDF ubwo yasezerwagaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.