Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amatunda batubwiraga twarayahebye- Ubuhamya bw’uwari Colonel muri FDLR wiyemeje gutahuka

radiotv10by radiotv10
31/10/2022
in MU RWANDA
0
Amatunda batubwiraga twarayahebye- Ubuhamya bw’uwari Colonel muri FDLR wiyemeje gutahuka
Share on FacebookShare on Twitter

Uwahoze afite ipeti rya Colonel muri FDLR, uri mu Banyarwanda 57 basoje amahugurwa yo gusubizwa mu buzima busanzwe, yavuze ko abari babakuriye muri uyu mutwe bahoraga babizeza ko ibyiza biri imbere ariko ko babitegereje amaso agahera mu kirere, bigatuma yiyemeza gutahuka.

Aba bahoze mu mitwe yitwaje intwaro mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakorewe ibirori byo kubasezerera ku wa Kane w’iki cyumweru.

Aba Banyarwanda bari bamaze amezi atanu bahabwa inyigisho zinyuranye ndetse n’amasomo y’imyuga azabafasha kwibeshaho, bashimye uko basanze u Rwanda.

Nshimiyimana Manasse wari ufite ipeti rya Colonel muri FDLR, ni umwe mu Banyarwanda 57 basoje amahugurwa y’icyiciro cya 68 cy’abasubijwe mu buzima busanzwe.

Uyu musirikare mukuru yashimye iyi gahunda y’ubumenyi baherewe i Mutobo, byumwihariko ashimira Leta y’u Rwanda ku bw’ibyiza basanze mu rw’imisozi igihumbi.

Yavuze ko abari babakuriye muri uyu mutwe wa FDLR bahoraga babizeza ko bazafata Igihugu ndetse ko ibyiza biri imbere ariko ko yabonye ko ari igipindi kidashobora kugerwaho.

Yagize ati “Baratubwiraga ngo amatunda ari imbere, ayo matunda turayategereza turayabura, dufata icyemezo cyo gutaha, kuko nta yandi mahitamo, cyane ko n’imbaraga twabonaga zigenda zishira abana bakeneye kwiga, tumwaye duhitamo gutaha.”

Mugenzi we wari ufite ipeti rya Kapiteni muri FDLR-Foca, Bahati Sammuel Jacques, avuga ko yiyemeje gutahuka kuko yavuganaga n’abatashye bakamubwira ko nta ngaruka byigeze bibagiraho.

Yagize ati “Abenshi twavuganaga ku matelefone bikambera igitangaza, kumva ko uwahoze abuza Igihugu umutekano ashyirwa mu ngabo zicungira Igihugu umutekano.”

Avuga ko bishimiye ibyiza basanze mu Rwanda mu gihe bakiri mu mashyamba babwirwaga amakuru y’ibinyoma.

Yagize ati “Tukiri muri Congo hazaga ibihuha bivuga ngo ‘iyo utashye bafata amajwi yawe nyuma bakakwica’, ibyo twabonye ko byari ibinyoma abayobozi mu mashyamba bakoresha bashaka kuduhezayo.”

Yaboneyeho gusaba bagenzi be asize mu mashyamba, kwikiranura n’ayo mabi barimo, bagatahuka kuko mu Rwanda ari amahoro.

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu yo Gusezerera Abasirikare no Kubasubiza mu Buzima Busanzwe, Hon Nyirahabineza Valerie, yavuze ko kuba abari mu mitwe yitwaje intwaro bakomeje gutahuka, ari gihamya ko n’iyo mitwe izarimbuka burundu, Abanyarwanda bose bagatahuka.

Yasabye Abanyarwanda muri rusange byumwihariko abaturanye n’aba batahutse, kuzabakira nk’abo basangiye Igihugu.

Yagize ati “Bagiye kuba abaturage nk’abandi, ba Mudugudu babamenye, niba hari gahunda ya Girinka cyangwa mituweri, nibabashyiremo kuko nabo ni Abanyarwanda.”

Nyirahabineza yasabye Abanyarwanda kuzakira aba baturage
Basezerewe ari 57
Col. Gatabazi Joseph na we yashimiye ibyiza basanze mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 11 =

Previous Post

Perezida Biden yishimiye gusinya amasezerano y’i Kigali anaha Isi isezerano rikomeye

Next Post

RDF muri Centrafrique yakoze igikorwa nk’icyo isanzwe ikorera Abanyarwanda

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF muri Centrafrique yakoze igikorwa nk’icyo isanzwe ikorera Abanyarwanda

RDF muri Centrafrique yakoze igikorwa nk’icyo isanzwe ikorera Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.