Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amatunda batubwiraga twarayahebye- Ubuhamya bw’uwari Colonel muri FDLR wiyemeje gutahuka

radiotv10by radiotv10
31/10/2022
in MU RWANDA
0
Amatunda batubwiraga twarayahebye- Ubuhamya bw’uwari Colonel muri FDLR wiyemeje gutahuka
Share on FacebookShare on Twitter

Uwahoze afite ipeti rya Colonel muri FDLR, uri mu Banyarwanda 57 basoje amahugurwa yo gusubizwa mu buzima busanzwe, yavuze ko abari babakuriye muri uyu mutwe bahoraga babizeza ko ibyiza biri imbere ariko ko babitegereje amaso agahera mu kirere, bigatuma yiyemeza gutahuka.

Aba bahoze mu mitwe yitwaje intwaro mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakorewe ibirori byo kubasezerera ku wa Kane w’iki cyumweru.

Aba Banyarwanda bari bamaze amezi atanu bahabwa inyigisho zinyuranye ndetse n’amasomo y’imyuga azabafasha kwibeshaho, bashimye uko basanze u Rwanda.

Nshimiyimana Manasse wari ufite ipeti rya Colonel muri FDLR, ni umwe mu Banyarwanda 57 basoje amahugurwa y’icyiciro cya 68 cy’abasubijwe mu buzima busanzwe.

Uyu musirikare mukuru yashimye iyi gahunda y’ubumenyi baherewe i Mutobo, byumwihariko ashimira Leta y’u Rwanda ku bw’ibyiza basanze mu rw’imisozi igihumbi.

Yavuze ko abari babakuriye muri uyu mutwe wa FDLR bahoraga babizeza ko bazafata Igihugu ndetse ko ibyiza biri imbere ariko ko yabonye ko ari igipindi kidashobora kugerwaho.

Yagize ati “Baratubwiraga ngo amatunda ari imbere, ayo matunda turayategereza turayabura, dufata icyemezo cyo gutaha, kuko nta yandi mahitamo, cyane ko n’imbaraga twabonaga zigenda zishira abana bakeneye kwiga, tumwaye duhitamo gutaha.”

Mugenzi we wari ufite ipeti rya Kapiteni muri FDLR-Foca, Bahati Sammuel Jacques, avuga ko yiyemeje gutahuka kuko yavuganaga n’abatashye bakamubwira ko nta ngaruka byigeze bibagiraho.

Yagize ati “Abenshi twavuganaga ku matelefone bikambera igitangaza, kumva ko uwahoze abuza Igihugu umutekano ashyirwa mu ngabo zicungira Igihugu umutekano.”

Avuga ko bishimiye ibyiza basanze mu Rwanda mu gihe bakiri mu mashyamba babwirwaga amakuru y’ibinyoma.

Yagize ati “Tukiri muri Congo hazaga ibihuha bivuga ngo ‘iyo utashye bafata amajwi yawe nyuma bakakwica’, ibyo twabonye ko byari ibinyoma abayobozi mu mashyamba bakoresha bashaka kuduhezayo.”

Yaboneyeho gusaba bagenzi be asize mu mashyamba, kwikiranura n’ayo mabi barimo, bagatahuka kuko mu Rwanda ari amahoro.

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu yo Gusezerera Abasirikare no Kubasubiza mu Buzima Busanzwe, Hon Nyirahabineza Valerie, yavuze ko kuba abari mu mitwe yitwaje intwaro bakomeje gutahuka, ari gihamya ko n’iyo mitwe izarimbuka burundu, Abanyarwanda bose bagatahuka.

Yasabye Abanyarwanda muri rusange byumwihariko abaturanye n’aba batahutse, kuzabakira nk’abo basangiye Igihugu.

Yagize ati “Bagiye kuba abaturage nk’abandi, ba Mudugudu babamenye, niba hari gahunda ya Girinka cyangwa mituweri, nibabashyiremo kuko nabo ni Abanyarwanda.”

Nyirahabineza yasabye Abanyarwanda kuzakira aba baturage
Basezerewe ari 57
Col. Gatabazi Joseph na we yashimiye ibyiza basanze mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Perezida Biden yishimiye gusinya amasezerano y’i Kigali anaha Isi isezerano rikomeye

Next Post

RDF muri Centrafrique yakoze igikorwa nk’icyo isanzwe ikorera Abanyarwanda

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

by radiotv10
12/05/2025
0

Umugore wakubiswe na mugenzi we wo mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge nyuma yo kumusanga avugana n’umugabo we...

IZIHERUKA

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego
FOOTBALL

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

by radiotv10
12/05/2025
0

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF muri Centrafrique yakoze igikorwa nk’icyo isanzwe ikorera Abanyarwanda

RDF muri Centrafrique yakoze igikorwa nk’icyo isanzwe ikorera Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.