Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amatunda batubwiraga twarayahebye- Ubuhamya bw’uwari Colonel muri FDLR wiyemeje gutahuka

radiotv10by radiotv10
31/10/2022
in MU RWANDA
0
Amatunda batubwiraga twarayahebye- Ubuhamya bw’uwari Colonel muri FDLR wiyemeje gutahuka
Share on FacebookShare on Twitter

Uwahoze afite ipeti rya Colonel muri FDLR, uri mu Banyarwanda 57 basoje amahugurwa yo gusubizwa mu buzima busanzwe, yavuze ko abari babakuriye muri uyu mutwe bahoraga babizeza ko ibyiza biri imbere ariko ko babitegereje amaso agahera mu kirere, bigatuma yiyemeza gutahuka.

Aba bahoze mu mitwe yitwaje intwaro mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakorewe ibirori byo kubasezerera ku wa Kane w’iki cyumweru.

Aba Banyarwanda bari bamaze amezi atanu bahabwa inyigisho zinyuranye ndetse n’amasomo y’imyuga azabafasha kwibeshaho, bashimye uko basanze u Rwanda.

Nshimiyimana Manasse wari ufite ipeti rya Colonel muri FDLR, ni umwe mu Banyarwanda 57 basoje amahugurwa y’icyiciro cya 68 cy’abasubijwe mu buzima busanzwe.

Uyu musirikare mukuru yashimye iyi gahunda y’ubumenyi baherewe i Mutobo, byumwihariko ashimira Leta y’u Rwanda ku bw’ibyiza basanze mu rw’imisozi igihumbi.

Yavuze ko abari babakuriye muri uyu mutwe wa FDLR bahoraga babizeza ko bazafata Igihugu ndetse ko ibyiza biri imbere ariko ko yabonye ko ari igipindi kidashobora kugerwaho.

Yagize ati “Baratubwiraga ngo amatunda ari imbere, ayo matunda turayategereza turayabura, dufata icyemezo cyo gutaha, kuko nta yandi mahitamo, cyane ko n’imbaraga twabonaga zigenda zishira abana bakeneye kwiga, tumwaye duhitamo gutaha.”

Mugenzi we wari ufite ipeti rya Kapiteni muri FDLR-Foca, Bahati Sammuel Jacques, avuga ko yiyemeje gutahuka kuko yavuganaga n’abatashye bakamubwira ko nta ngaruka byigeze bibagiraho.

Yagize ati “Abenshi twavuganaga ku matelefone bikambera igitangaza, kumva ko uwahoze abuza Igihugu umutekano ashyirwa mu ngabo zicungira Igihugu umutekano.”

Avuga ko bishimiye ibyiza basanze mu Rwanda mu gihe bakiri mu mashyamba babwirwaga amakuru y’ibinyoma.

Yagize ati “Tukiri muri Congo hazaga ibihuha bivuga ngo ‘iyo utashye bafata amajwi yawe nyuma bakakwica’, ibyo twabonye ko byari ibinyoma abayobozi mu mashyamba bakoresha bashaka kuduhezayo.”

Yaboneyeho gusaba bagenzi be asize mu mashyamba, kwikiranura n’ayo mabi barimo, bagatahuka kuko mu Rwanda ari amahoro.

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu yo Gusezerera Abasirikare no Kubasubiza mu Buzima Busanzwe, Hon Nyirahabineza Valerie, yavuze ko kuba abari mu mitwe yitwaje intwaro bakomeje gutahuka, ari gihamya ko n’iyo mitwe izarimbuka burundu, Abanyarwanda bose bagatahuka.

Yasabye Abanyarwanda muri rusange byumwihariko abaturanye n’aba batahutse, kuzabakira nk’abo basangiye Igihugu.

Yagize ati “Bagiye kuba abaturage nk’abandi, ba Mudugudu babamenye, niba hari gahunda ya Girinka cyangwa mituweri, nibabashyiremo kuko nabo ni Abanyarwanda.”

Nyirahabineza yasabye Abanyarwanda kuzakira aba baturage
Basezerewe ari 57
Col. Gatabazi Joseph na we yashimiye ibyiza basanze mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − five =

Previous Post

Perezida Biden yishimiye gusinya amasezerano y’i Kigali anaha Isi isezerano rikomeye

Next Post

RDF muri Centrafrique yakoze igikorwa nk’icyo isanzwe ikorera Abanyarwanda

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe
IMIBEREHO MYIZA

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF muri Centrafrique yakoze igikorwa nk’icyo isanzwe ikorera Abanyarwanda

RDF muri Centrafrique yakoze igikorwa nk’icyo isanzwe ikorera Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.