Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Amavubi Stars agiye guhura na Mali ku nshuro ya gatatu mu mateka

radiotv10by radiotv10
01/09/2021
in SIPORO
0
Amavubi Stars agiye guhura na Mali ku nshuro ya gatatu mu mateka
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mugoroba w’uyu wa gatatu tariki ya 1 Nzeri 2021 guhera saa tatu ku masaha y’i Kigali (21h00’) biraba ari saa mbiri z’umugoroba ku masaha y’i Agadir muri Morocco, ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umupira w’amaguru (Amavubi Stars) aracakirana na Mali mu mukino w’umunsi wa mbere mu itsinda rya gatanu )E) mu rugamba rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022 kizabera muri Qatar.

Amavubi Stars agiye guhura na Mali ku nshuro ya gatatu kuva isi yaremwa kuko ibi bihugu byombi byahuye mu 2013 ubwo hashakwaga itike y’igikombe cy’isi cya 2014 cyabereye muri Brazil.

Mu mikino ibiri yahuje ibihugu byombi, Mali yatsinze u Rwanda umukino umwe (2-1) undi barawunganya (1-1). Meddie Kagere yinjije Mali ibitego bibiri mu mikino ibiri.

Meddie Kagere afite agahigo mu mikino ibiri u Rwanda rwahuyemo na Mali mu myaka umunani ishize

Icyo gihe ubwo hashakwaga itike y’igikombe cy’isi cy’ibihugu cya 2014, u Rwanda rwari mu itsinda rya munani (H) kumwe na Algeria, Mali na Benin. Algeria yayoboye iri tsinda n’amanota 15, Mali iba iya kabiri n’amanota umunani (8) yanganyaga na Benin mu gihe u Rwanda rwari ku mwanya wa nyuma (4) n’amanota abiri.

Muri urwo rugendo, bwa mbere mu mateka u Rwanda rukina na Mali, umukino ubanza wabereye i Kigali, Mali yatozwaga na Patrick Carteron itsinda Amavubi Stars ibitego 2-1 mu mukino wakinwe tariki 23 Werurwe 2013.

Ibitego bya Mali byatsinzwe na Mahamadou Samassa (50’) na Abdou Traore (55’) mu gihe igitego cy’u Rwanda cyanafunguye amazamu cyatsinzwe na Meddie Kagere ku munota wa 37’ w’umukino.

Umukino wo kwishyura wakinwe tariki 9 Kamena 2013 wabereye muri Mali, amakipe yombi yanganyije igitego 1-1.

Ombolenga Fitina umwe mu bakinnyi bafite umwanya uhoraho mu Mavubi Stars ubwo yahinduraga umupira igihe u Rwanda rwakinaga na Cameron i Kigali mu 2019

Igitego cy’u Rwanda cyafunguye amazamu cyatsinzwe na Meddie Kagere ku munota wa 32’ akoresheje umutwe, igitego kishyuwe na Mahamadou N’diaye ku munota wa 77’ nawe akoresheje umutwe.

Kuri uyu wa gatatu rero nibwo ibihugu byombi byongera guhura nyuma y’imyaka umunani (2013-2021) mu gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022 kizabera muri Qatar.

Ku ruhande rw’u Rwanda, abakinnyi bose uko ari 24 bameze neza nk’uko amakuru ava i Agadiri abihamya kuko ari naho umukino uzabera bitandukanye n’uko wari kubera i Bamako bitewe n’uko igihugu cya Mali kitari cyujuje ibyangombwa byatuma yakira uyu mukino.

Yannick Mukunzi umwe mu bagomba kuba bayoboye umukino hagati mu kibuga

Nyuma y’imyitozo yakorewe i Agadiri ku mugoroba w’uyu wa mbere, abakinnyi 11 bashobora kubanza mu kibuga bagaragaye mu gihe ntacyaba gihindutse ni’; Emery Mvuyekure (GK), Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Rwatubyaye Abdul na Nirisarike Salomon, Yannick Mukunzi, Bizimana Djihad na Haruna Niyonzima, Byiringiro Lague, Kagere Meddie na Jacques Tuyisenge.

Haruna Niyonzima afite amahirwe menshi yo kubanza mu kibuga

U Rwanda nirusoza uyu mukino ruzahita rukurikizaho umukino ruzakina na Kenya tariki ya 5 Nzeri 2021 mbere yo kuzakina na Uganda. Ibi bihugu byose biri mu itsinda rya gatanu (E) muri uru rugamba rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 16 =

Previous Post

Urubyiruko 1200 rwo mu turere dutatu rugiye gufashwa guhangana n’ubukene burwugarije

Next Post

AFROBASKET2021: Imikino ya ¼ iratangira, Tunisia ibitse igikombe izahura na South Sudan

Related Posts

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

by radiotv10
13/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwihanganishije umufana w’iyi kipe uherutse guhohoterwa n’umwe mu bari bashinzwe umutekano kuri sitade, wamukubise umutego. Bikubiye...

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

by radiotv10
13/05/2025
0

Bamwe mu bakozi b’ikipe ya Rayon Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona, barataka inzara ibarembeje kubera kumara igihe kinini badahembwa,...

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

by radiotv10
13/05/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko ryababajwe n’igikorwa cyakozwe n’umwe mu bari bashinzwe umutekano ubwo Rayon Sports yahuraga...

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

by radiotv10
13/05/2025
0

Umutaliyani Carlo Ancelloti uri gusoza inshingano ze nk'umutoza wa Real Madrid, byamaze kwemezwa n'Ikipe y'Igihugu ya Brazil ko ari we...

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

by radiotv10
12/05/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi umusekirite wagaragaye atega umutego umwe mu bafana ba Rayon Sports agasa nk’uguye...

IZIHERUKA

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi
MU RWANDA

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

by radiotv10
13/05/2025
0

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

13/05/2025
Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

13/05/2025
Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

13/05/2025
AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

13/05/2025
Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

13/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AFROBASKET2021: Imikino ya ¼ iratangira, Tunisia ibitse igikombe izahura na South Sudan

AFROBASKET2021: Imikino ya ¼ iratangira, Tunisia ibitse igikombe izahura na South Sudan

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.