Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza yabaye nk’utumira umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika

radiotv10by radiotv10
23/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza yabaye nk’utumira umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye, yishimiye kwakira umuhanzi w’Umunya-Nigeria Mr Flavour mu cyumba cya Visit Rwanda muri Sitade y’ikipe ya Arsenal FC, avuga ko Abaturarwanda biteguye kuzamubona yabasuye muri uyu mwaka.

Amb. Johnston Busingye yabitangaje nyuma y’umukino wahuje ikipe ya Arsenal FC n’ikipe ya Dinamo Zagreb yo muri Croatia, mu mikino y’irushanwa nyaburayi rya UEFA Champions League.

Uyu mukino warangiye iyi kipe yo mu Bwongereza isanzwe inafitanye imikoranire na Guverinoma y’u Rwanda mu kwamamaza ubukerarugendo bwarwo ibonye intsinzi y’ibitego 3-0.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye uri mu barebye uyu mukino, yishimiye intsinzi y’iyi kipe ariko anashima kuba yagize amahirwe yo guhura n’umwe mu bahanzi b’ibyamamare ku Mugabane wa Afurika ari we Chinedu Okoli uzwi nka Mr Flavour.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga buherekeje amafoto ari kumwe n’uyu muhanzi mu cyumba kirimo ibirango bya Visit Rwanda kiri muri Sitade ya Arsenal, Amb. Busingye yagize ati “Akazi keza gakozwe na Arsenal.”

Amb. Busingye wavuze ko yifuza ko iyi kipe ikomereza kuri iyi ntsinzi, ikazanayibona ubwo izaba yahuye n’ikipe ya Wolverhampton mu mpera z’iki cyumweru muri Shampiyona yo mu Bwongereza, yakomeje agira ati “Byari na byiza kandi kubonana n’umuhanzi wihariye Mr Flavour wari umwe mu bashyitsi b’imena bacu muri cyumba cya Visit Rwanda. Twiteguye kuzamubona mu Rwanda muri uyu mwaka.”

Mr Flavour, ni umwe mu bahanzi b’ibirangirire ku mugabane wa Afurika, wamamaye mu ndirimbo zakanyujijeho nka Nwa Baby zakunzwe n’abatari bacye mu bihe byashize, na Time to Party yakoranye na Diamond Platnumz.

Amb. Busingye yarebye uyu mukino

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 12 =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame basuye ahantu h’ingenzi muri Türkiye

Next Post

BREAKING: M23 yemeje ko yishe Umujenerali uzwi muri FARDC

Related Posts

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
23/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: M23 yemeje ko yishe Umujenerali uzwi muri FARDC

BREAKING: M23 yemeje ko yishe Umujenerali uzwi muri FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.