Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza yabaye nk’utumira umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika

radiotv10by radiotv10
23/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza yabaye nk’utumira umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye, yishimiye kwakira umuhanzi w’Umunya-Nigeria Mr Flavour mu cyumba cya Visit Rwanda muri Sitade y’ikipe ya Arsenal FC, avuga ko Abaturarwanda biteguye kuzamubona yabasuye muri uyu mwaka.

Amb. Johnston Busingye yabitangaje nyuma y’umukino wahuje ikipe ya Arsenal FC n’ikipe ya Dinamo Zagreb yo muri Croatia, mu mikino y’irushanwa nyaburayi rya UEFA Champions League.

Uyu mukino warangiye iyi kipe yo mu Bwongereza isanzwe inafitanye imikoranire na Guverinoma y’u Rwanda mu kwamamaza ubukerarugendo bwarwo ibonye intsinzi y’ibitego 3-0.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye uri mu barebye uyu mukino, yishimiye intsinzi y’iyi kipe ariko anashima kuba yagize amahirwe yo guhura n’umwe mu bahanzi b’ibyamamare ku Mugabane wa Afurika ari we Chinedu Okoli uzwi nka Mr Flavour.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga buherekeje amafoto ari kumwe n’uyu muhanzi mu cyumba kirimo ibirango bya Visit Rwanda kiri muri Sitade ya Arsenal, Amb. Busingye yagize ati “Akazi keza gakozwe na Arsenal.”

Amb. Busingye wavuze ko yifuza ko iyi kipe ikomereza kuri iyi ntsinzi, ikazanayibona ubwo izaba yahuye n’ikipe ya Wolverhampton mu mpera z’iki cyumweru muri Shampiyona yo mu Bwongereza, yakomeje agira ati “Byari na byiza kandi kubonana n’umuhanzi wihariye Mr Flavour wari umwe mu bashyitsi b’imena bacu muri cyumba cya Visit Rwanda. Twiteguye kuzamubona mu Rwanda muri uyu mwaka.”

Mr Flavour, ni umwe mu bahanzi b’ibirangirire ku mugabane wa Afurika, wamamaye mu ndirimbo zakanyujijeho nka Nwa Baby zakunzwe n’abatari bacye mu bihe byashize, na Time to Party yakoranye na Diamond Platnumz.

Amb. Busingye yarebye uyu mukino

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 17 =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame basuye ahantu h’ingenzi muri Türkiye

Next Post

BREAKING: M23 yemeje ko yishe Umujenerali uzwi muri FARDC

Related Posts

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: M23 yemeje ko yishe Umujenerali uzwi muri FARDC

BREAKING: M23 yemeje ko yishe Umujenerali uzwi muri FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.