Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America yibiye ibanga Israel icyo yabyaza umusaruro urupfu rw’umuyobozi wa Hamas

radiotv10by radiotv10
23/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
America yibiye ibanga Israel icyo yabyaza umusaruro urupfu rw’umuyobozi wa Hamas
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken yasabye Israel gukoresha amahirwe ifite, ikarangiza intambara ihanganyemo n’umutwe wa Hamas, nyuma yo kuwuca intege ikivugana Yahya Sinwar wari Umuyobozi mukuru wawo.

Blinken yatangaje ibi kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Ukwakira 2024, mu ruzinduko ari kugirira mu Bihugu byo mu burengerazuba bw’isi birimo na Israel.

Yagize ati “Iki ni cyo gihe cyo guhindura ibyagezweho bikaba intsinzi ihamye ya dipolomasi. Ubu intego ikwiye kuba ari ukugaruza abafashwe bugwate, kurangiza iyi ntambara no kugira umugambi usobanutse w’ibizakurikiraho.”

Blinken kandi yavuze ko Israel hari byinshi ikeneye gukora birimo no gushaka uburyo ibikorwa by’ubutabazi byagera ku baturage bavuye mu byabo, kuko hari aho butabasha kugera kubera Intambara.

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu na Guverinoma ye ntibaragaragaza ikizakurikira kuri Gaza nyuma y’intambara, uretse gusa gutangaza ko ubushobozi bwa gisirikare n’ubuyobozi bw’umutwe wa Hamas bugomba gusenywa burundu.

Icyakora Blinken yongeye gushimangira ko Leta Zunze Ubumwe za America zanze burundu ko Israel yakongera kwigarurira agace ka Gaza, ndetse ko Netanyahu yamwijeje ko Israel itagifite uyu mugambi, nubwo hari igitutu gikomeye cya bamwe mu ishyaka rye bamusaba kureka abimukira b’Abayahudi bagasubira muri ako karere.

Antony Blinken yavuze ko Israel ifite amahirwe yo kuba yarangiza intambara yayo na Hamas

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 17 =

Previous Post

Umusore wakubitiwe mu kabari ibye byarangiye ari agahinda mu muryango n’abaturanyi

Next Post

Igisubizo RIB yasubije uwavuze ko yifuza kuyisura

Related Posts

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
25/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo RIB yasubije uwavuze ko yifuza kuyisura

Igisubizo RIB yasubije uwavuze ko yifuza kuyisura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.