Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America yibiye ibanga Israel icyo yabyaza umusaruro urupfu rw’umuyobozi wa Hamas

radiotv10by radiotv10
23/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
America yibiye ibanga Israel icyo yabyaza umusaruro urupfu rw’umuyobozi wa Hamas
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken yasabye Israel gukoresha amahirwe ifite, ikarangiza intambara ihanganyemo n’umutwe wa Hamas, nyuma yo kuwuca intege ikivugana Yahya Sinwar wari Umuyobozi mukuru wawo.

Blinken yatangaje ibi kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Ukwakira 2024, mu ruzinduko ari kugirira mu Bihugu byo mu burengerazuba bw’isi birimo na Israel.

Yagize ati “Iki ni cyo gihe cyo guhindura ibyagezweho bikaba intsinzi ihamye ya dipolomasi. Ubu intego ikwiye kuba ari ukugaruza abafashwe bugwate, kurangiza iyi ntambara no kugira umugambi usobanutse w’ibizakurikiraho.”

Blinken kandi yavuze ko Israel hari byinshi ikeneye gukora birimo no gushaka uburyo ibikorwa by’ubutabazi byagera ku baturage bavuye mu byabo, kuko hari aho butabasha kugera kubera Intambara.

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu na Guverinoma ye ntibaragaragaza ikizakurikira kuri Gaza nyuma y’intambara, uretse gusa gutangaza ko ubushobozi bwa gisirikare n’ubuyobozi bw’umutwe wa Hamas bugomba gusenywa burundu.

Icyakora Blinken yongeye gushimangira ko Leta Zunze Ubumwe za America zanze burundu ko Israel yakongera kwigarurira agace ka Gaza, ndetse ko Netanyahu yamwijeje ko Israel itagifite uyu mugambi, nubwo hari igitutu gikomeye cya bamwe mu ishyaka rye bamusaba kureka abimukira b’Abayahudi bagasubira muri ako karere.

Antony Blinken yavuze ko Israel ifite amahirwe yo kuba yarangiza intambara yayo na Hamas

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Umusore wakubitiwe mu kabari ibye byarangiye ari agahinda mu muryango n’abaturanyi

Next Post

Igisubizo RIB yasubije uwavuze ko yifuza kuyisura

Related Posts

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo RIB yasubije uwavuze ko yifuza kuyisura

Igisubizo RIB yasubije uwavuze ko yifuza kuyisura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.