Sunday, July 26, 2026
RW|EN
AMAHANGA

Amezi ane y’amarira muri Sudan: Zimwe mu ngaruka z’intambara yadukanye ubukana budasanzwe

Amezi ane y’amarira muri Sudan: Zimwe mu ngaruka z’intambara yadukanye ubukana budasanzwe

Amezi ane arashize intambara itangiye muri Sudan, aho kugeza ubu habarwa abantu 4 000 bamaze kuyiburiramo ubuzima nk’uko bitangazwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe uburenganzira bwa muntu.

Imirwano yatangiye kuya 15 Mata uyu mwaka, yatumye kandi abantu barenga miliyoni 4 bahunga Igihugu cyabo.

Uretse ibyo kandi, amavuriro 200 ntabasha gukora bitewe n’ibibazo byumutekano mucye, biri no mu byatumye abagwa mu ntambara biyongera kubera kubura ubuvuzi.

Imiryango mpuzamahanga ivuga ko hadukiyemo n’ibyaha byo guhohotera no gufata ku ngufu abagore, igasaba impande zihanganye guhagarika imirwano.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − ten =